Tuesday, February 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

radiotv10by radiotv10
25/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yatangaje ko yatunguwe n’imvugo ya Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye wavuze ko Igihugu cye gishobora gutera u Rwanda giciye muri Kirundo, mu gihe hari hatangiye inzira z’ibiganiro byo kuzahura umubano w’Ibihugu byombi.

Mu minsi ishize inzego zishinzwe ubutasi z’u Rwanda n’iz’u Burundi zahuriye mu Ntara ya Kirundo mu Burundi, mu biganiro bigamije kubura umubano hagati y’Ibihugu byombi umaze iminsi urimo igitotsi.

Perezida Evariste Ndayishimiye, mu kiganiro yagiranye na BBC, yabaye nk’unyuranya n’uyu murongo watangiye, aho yavuze ko Igihugu cye ngo gifite amakuru ko u Rwanda rushaka kugitera runyuze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Burundi bwafunze imipaka mu ntangiro za 2024, bwashinjaga u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara urwanya kiriya Gihugu, mu gihe rwo rwabihakanye, ndetse n’uyu mutwe ukabyamagana wivuye inyuma.

Perezida Ndayishimiye muri iki kiganiro yagiranye na BBC, yongeye kuzamura ibi birego by’ibinyoma, aho yagize ati “Tuzi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa Republika Iharanira ya Demokarasi ya Congo, rubicishije ku mutwe wa Red- Tabara. Ariko twebwe tubabwira ko niba bashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Ni amagambo atakiriwe neza na Guverinoma y’u Rwanda, mu gihe hari hatangiye inzira z’ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibi Bihugu byombi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, na we yagize ati “Ibyo bivugwa biratangaje kuko mu by’ukuri inzego zo za gisirikare n’umutekano zo mu Rwanda no mu Burundi zari ziri guhura kugira ngo ziganire ku buryo twarinda imipaka yacu iduhuza bitewe n’ibirimo biraba mu burasirazuba bwa Congo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye na RBA ku Cyumweru, yari yavuze ko hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burundi.

Yari yavuze ko nubwo ibi biganiro biri mu ntangiro, ariko hari icyizere ko bizatanga umusaruro ku buryo umubano w’ibi Bihugu byombi uzahurwa, n’imipaka igafungurwa, ababituye bakongera kugenderana kivandimwe nk’uko byari bisanzwe.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo

RADIOTV10

Comments 1

  1. Rinda says:
    11 months ago

    Utazi umurundi amurunda mu nzu. Ni akumiro pe. Ese ni iki gihora gituma Ndayishimiye yikanga guterwa n u Rwanda? Bigaragara neza ko hari ibyo yakoze bibi ku Rwanda n abanyarwanda, bihora bimukomanga ku mutima akibaza ko u Rwanda rutazabyihanganira. Rero mu biganiro biba, nahumurizwe. NEVA yahemukiye u Rwanda mu by ukuri nta rwitwazo nk impamvu yo guhemuka. Ariko abanyarwanda twirengagiza byinshi mu rwego rwo gushaka kubana neza. Gusa ntituyobewe ko AKABAYE ICWENDE KATOGA, N IYO UGAKUBYE UMUNUKO NTUJYA USHIRAMO. Rero NEVA nareke ubucwende abe IGISABO 🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣 yuzure amahoro, areka amagambo yo guhora mu ntambara. Ese abona ari iki yakungukira mu ntambara?
    NEVA!! Nawe nudutera twe tuzakurasa tuguhagaze hejuru. Maze ndore. Reka kwishinga so wawe Kisegeti.

    Reply

Leave a Reply to Rinda Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragarije mu nama yitabiriwe na Tshisekedi ibyarangiza intambara

Next Post

America irikomanga mu gatuza ko yivuganye benshi b’umutwe wayizengereje

Related Posts

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

by radiotv10
10/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Umudepite wo mu Nteko y’u Bubiligi ufite inkomoka muri DRC washimagije Paul Rusesabagina,...

Living a good life on a small salary in Kigali

Living a good life on a small salary in Kigali

by radiotv10
10/02/2026
0

Many people believe that living a good life in the city requires a lot of money. In Kigali, where living...

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

by radiotv10
10/02/2026
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’abatishoboye wa Nyamwishyura, uherereye mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiriba, mu Karere ka...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

by radiotv10
09/02/2026
0

The Director General of the National Identification Agency (NIDA), Mukesha Josephine, has clarified how the digital national ID will work,...

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

by radiotv10
09/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho ubujura baherutse kwinjira muri rigore iherereye i Nyamirambo mu Mujyi...

IZIHERUKA

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro
Uncategorized

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

10/02/2026
Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

10/02/2026
AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

10/02/2026
Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

10/02/2026
Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

10/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America irikomanga mu gatuza ko yivuganye benshi b’umutwe wayizengereje

America irikomanga mu gatuza ko yivuganye benshi b’umutwe wayizengereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.