Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda rwabwiye America ku kizatuma amasezerano rwasinyanye na Congo yubahirizwa

radiotv10by radiotv10
07/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda rwabwiye America ku kizatuma amasezerano rwasinyanye na Congo yubahirizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; avuga ko ubwo Guverinoma y’u Rwanda yasinyanaga Amasezerano y’Amahoro n’iya DRC, yasabye Leta Zunze Ubumwe za America kuzashyira ingufu zishoboka mu bizatuma ashyirwa mu bikorwa kuko ayabanje Congo yagiye iyarengaho.

Amasezerano y’Amahoro yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo i Washington DC tariki 27 Kamena 2025, agaragaza ibyo Ibihugu bigomba kuzashyira mu bikorwa buri ruhande, n’ibyo bihuriyeho.

Ku byo buri Gihugu cyasabwe, harimo kubaha ubusugire bwari buri kimwe, mu gihe ku ruhande rwa DRC yasabwe kwitandukanya n’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse no gukorana n’iki Gihugu mu kuwurandura.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko atari rimwe cyangwa kabiri ibi Bihugu byombi bishyize umukono ku masezerano agamije kurandura ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, ariko ko yagiye arengwaho n’uruhande rumwe.

Yagize ati “Amasezerano yashyizweho umukono kuri iki kibazo cy’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo, ni nk’icumi ariko ni macye cyangwa se nk’aho ntayo yashyizwe mu bikorwa.”

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko kubera aya mateka atari meza y’imyitwarire ya DRC, byatumye Guverinoma y’u Rwanda igira icyo isaba Leta Zunze Ubumwe za America kugira ngo aya masezerano aheruka, azashyirwe mu bikorwa.

Ati “Kuri twe nk’u Rwanda kubera ko tuzi neza ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo, itajya yubahiriza amasezerano, ni yo mpamvu twabwiye Leta Zunze Ubumwe za America n’abandi bahuza tuti ‘uyu munsi turasinye, ni byiza, abaturage bo mu karere kacu barishimye, Isi yose irishimye, ariko nyabuneka ni ugushyiraho ingufu mu kugira ngo aya masezerano yubahirizwe, ntazabe nk’ayandi masezerano yashyizweho umukono mu myaka yashize atigeze yubahirizwa cyane cyane kubera ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo itayubahiriza’.”

Amb. Olivier Nduhungirehe yanatanze urugero rw’umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na Leta ya Congo Kinshasa, aho iri zina ubwaryo ryakomotse ku masezerano ubutegetsi bw’iki Gihugu bwasinyanye n’uyu mutwe tariki 23 Werurwe (23 Mars 2009) ariko ntiyabuhirizwe.

Gusa avuga ko hari icyizere ko aya masezerano aherutse gushyirirwaho umukono i Washington DC azubahirizwa, kubera ko “Noneho twiyemeje gushyiraho urwego rugomba kuzashyira mu bikorwa iyi CONOPS (Concept of Operations), mechanism (urwego) y’umutekano y’u Rwanda na Congo rugomba gushyirwaho mu minsi 30 y’isinywa ry’amasezerano.”

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu cyumweru gishize, na we yatangaje ko aya masezerano ari amahirwe y’inzira yo kubona umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, kandi ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa ibyo rwemeye byose.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko nko gukuraho ingamba z’ubwirinzi iki Gihugu cyashyizeho, bigomba gukorwa ari uko umutwe wa FDLR waranduwe, bityo ko igihe cyose waba ukiriho, u Rwanda na rwo ruzakomeza gukora ibikwiye kugira ngo uyu mutwe utabona icyuho cyo guhungabanya umutekano warwo n’abarutuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + nineteen =

Previous Post

Abafite amazina azwi ku Isi mu mupira w’amaguru barimo Jay-Jay Okocha bageze mu Rwanda

Next Post

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

Related Posts

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
0

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

by radiotv10
07/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranyweho ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, azagezwa imbere y’Urukiko kuri uyu wa Kabiri kugira ngo aburane...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

IZIHERUKA

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival
IBYAMAMARE

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

by radiotv10
07/07/2025
0

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

07/07/2025
Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

07/07/2025
We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

07/07/2025
Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

Hamenyekanye igihe umunyapolitiki Ingabire Victoire azagerezwa imbere y’Urukiko

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.