Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo ubuyobozi buvuga ku Barasita basabye kwigaragambya bamagana ibyatangajwe ‘n’Intumwa y’Imana’ Gitwaza

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in MU RWANDA
0
Icyo ubuyobozi buvuga ku Barasita basabye kwigaragambya bamagana ibyatangajwe ‘n’Intumwa y’Imana’ Gitwaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyubozi w’Akarere ka Rubavu, yavuze ko nyuma yo gusesengura ibaruwa yanditswe n’uwiyita ko ayobora umuryango w’Abarasita muri aka Karere asaba ko bakora imyigaragambyo yamagana ibyatangajwe na Apotre Paul Gitwaza, basanze harimo amakabyankuru, nk’aho yavuze ko Abarasita bo ku Isi yose bababajwe n’ibyo uyu mukozi w’Imana yabavuzeho, bakaba baramugiriye inama yo kumurega aho kwigaragambya.

Ni nyuma yuko uwitwa Steven Gakiga yanditse ibaruwa avuga ko ari umuyobozi w’Abarasita mu Karere ka Rubavu, asaba ubuyobozi bw’aka Karere guha uburenganzira abarasita gukora urugendo rw’amahoro rwo kwamaganga ibyatangajwe na Gitwaza wavuze ko Rastafari ari idini rya satani.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Prosper Mulindwa avuga ko ubuyobozi koko bwakiriye ibaruwa y’uyu muntu, wavugaga ko bifuzaga gukora urugendo rw’amahoro nk’umuryango w’abarasita b’i Rubavu, ndetse hakabaho gusuzuma iby’uyu muryango, ariko ko basanze utabaho.

Umuyobozi w’Akarere yavuze ko “Icya mbere twasanze nta muryango wanditswe uzwi mu rwego rw’amategeko wa bariya Barasita, umuntu wabyanditse ntakintu kitugaragariza ko ahagarariye abandi, kandi burya abantu iyo bafite amategeko abagenga, n’icyo bakora kiba gifite umutekano kubera ko uwakibazwa arazwi.”

Mulindwa akomeza avuga ko uwanditse iriya baruwa, ahubwo yiyitiriye abandi bantu, kandi ko bakurikije imvugo yakoresheje, harimo amakabyankuru.

Ati “Yaranditse ngo abarasita bo ku Isi yose barababaye, tubona ko harimo gukabya, ese abarasita bo ku Isi yose bamugejejeho ubutumwa babinyujije hehe?”

Gusa avuga ko ari uburenganzira bwabo bwo kuba barega umuntu wabavugaho ibintu bibasebya ariko bikagira umurongo uhamye binyuramo.

Ati “Dufite inzego z’ubutabera zikora neza, twabasabye gukurikirana Apotre Gitwaza ku giti cye kandi bakanyura mu nzego z’ubutabera. Inzira yo gukora urugendo, ntabwo twigeze tubona ko yabamo igisubizo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, avuga ko ubuyobozi bwaganiriye n’uwanditse iriya baruwa, bukamugaragariza ko urwo rugendo bifuzaga gukora ntacyo rwari gutanga ku byo bavugaga ko bashaka kwamagana.

Ati “Twagiranye ikiganiro turaganira, turamubaza tuti ‘ngaho tugaragarize ukuntu urugendo rwabereye i Rubavu, ari rwo rwabuza Gitwaza utanabarizwa muri Rubavu utaranavugiye ayo magambo i Rubavu, ni gute?”

Mulindwa avuga ko aba barasita bagiriwe inama yo kurega Gitwaza cyangwa na bo bakajya kumusubiza bakoresheje itangazamakuru nk’uko ubutumwa bwe ari ho bwanyuze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 15 =

Previous Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iyo mu Burundi mu irushanwa ribera i Kigali

Next Post

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.