Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo ubuyobozi buvuga ku Barasita basabye kwigaragambya bamagana ibyatangajwe ‘n’Intumwa y’Imana’ Gitwaza

radiotv10by radiotv10
19/12/2024
in MU RWANDA
0
Icyo ubuyobozi buvuga ku Barasita basabye kwigaragambya bamagana ibyatangajwe ‘n’Intumwa y’Imana’ Gitwaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyubozi w’Akarere ka Rubavu, yavuze ko nyuma yo gusesengura ibaruwa yanditswe n’uwiyita ko ayobora umuryango w’Abarasita muri aka Karere asaba ko bakora imyigaragambyo yamagana ibyatangajwe na Apotre Paul Gitwaza, basanze harimo amakabyankuru, nk’aho yavuze ko Abarasita bo ku Isi yose bababajwe n’ibyo uyu mukozi w’Imana yabavuzeho, bakaba baramugiriye inama yo kumurega aho kwigaragambya.

Ni nyuma yuko uwitwa Steven Gakiga yanditse ibaruwa avuga ko ari umuyobozi w’Abarasita mu Karere ka Rubavu, asaba ubuyobozi bw’aka Karere guha uburenganzira abarasita gukora urugendo rw’amahoro rwo kwamaganga ibyatangajwe na Gitwaza wavuze ko Rastafari ari idini rya satani.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Prosper Mulindwa avuga ko ubuyobozi koko bwakiriye ibaruwa y’uyu muntu, wavugaga ko bifuzaga gukora urugendo rw’amahoro nk’umuryango w’abarasita b’i Rubavu, ndetse hakabaho gusuzuma iby’uyu muryango, ariko ko basanze utabaho.

Umuyobozi w’Akarere yavuze ko “Icya mbere twasanze nta muryango wanditswe uzwi mu rwego rw’amategeko wa bariya Barasita, umuntu wabyanditse ntakintu kitugaragariza ko ahagarariye abandi, kandi burya abantu iyo bafite amategeko abagenga, n’icyo bakora kiba gifite umutekano kubera ko uwakibazwa arazwi.”

Mulindwa akomeza avuga ko uwanditse iriya baruwa, ahubwo yiyitiriye abandi bantu, kandi ko bakurikije imvugo yakoresheje, harimo amakabyankuru.

Ati “Yaranditse ngo abarasita bo ku Isi yose barababaye, tubona ko harimo gukabya, ese abarasita bo ku Isi yose bamugejejeho ubutumwa babinyujije hehe?”

Gusa avuga ko ari uburenganzira bwabo bwo kuba barega umuntu wabavugaho ibintu bibasebya ariko bikagira umurongo uhamye binyuramo.

Ati “Dufite inzego z’ubutabera zikora neza, twabasabye gukurikirana Apotre Gitwaza ku giti cye kandi bakanyura mu nzego z’ubutabera. Inzira yo gukora urugendo, ntabwo twigeze tubona ko yabamo igisubizo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, avuga ko ubuyobozi bwaganiriye n’uwanditse iriya baruwa, bukamugaragariza ko urwo rugendo bifuzaga gukora ntacyo rwari gutanga ku byo bavugaga ko bashaka kwamagana.

Ati “Twagiranye ikiganiro turaganira, turamubaza tuti ‘ngaho tugaragarize ukuntu urugendo rwabereye i Rubavu, ari rwo rwabuza Gitwaza utanabarizwa muri Rubavu utaranavugiye ayo magambo i Rubavu, ni gute?”

Mulindwa avuga ko aba barasita bagiriwe inama yo kurega Gitwaza cyangwa na bo bakajya kumusubiza bakoresheje itangazamakuru nk’uko ubutumwa bwe ari ho bwanyuze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eight =

Previous Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze iyo mu Burundi mu irushanwa ribera i Kigali

Next Post

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.