Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Umukandida ku mwanya wa Perezida avuga ku mpano y’igitoki yahawe n’umuturage

radiotv10by radiotv10
04/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Umukandida ku mwanya wa Perezida avuga ku mpano y’igitoki yahawe n’umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Frank Habineza wiyamamariza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, yahawe impano y’igitoki n’umuturage wo mu Karere ka Rutsiro, ibintu byakoze ku mutima uyu munyapolitiki wifuza kuyobora Abanyarwanda.

Uyu Mukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR/Democratic Green Party of Rwanda), amaze iminsi ari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu bice bitandukanye by’Igihugu.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Nyakanga 2024, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Rutsiro na Karongi, aho yakiriwe n’abaturage bari baje kumva imigabo n’imigambi ye kuri site ya Musasa mu Murenge wa Musasa.

Ni ho umuturage wari waje gukurikirana ibi bikorwa, yashyikirije Hon Dr Frank Habineza impano y’igitoki n’imbuto z’amatunda, abimuhera imbere y’imbaga y’abaturage.

Dr Frank Habineza avuga ko akomeje kwishimira uburyo abaturage bakomeje kumwakira aho ajya kwiyamamariza hose, aho ahasanga imbaga y’abaturage benshi.

Yagize ati “Batugaragarije urugwiro rukomeye cyane, batubyiniye, bavuze Imivugo, bakoze iki…ibintu byose birashimishije cyane, wabonye ko baduhaye n’impano, baduhaye igitoki, baduha amatunda, twishimye cyane.”

Dr Frank Habineza avuga ko ibi bigaragaza ko Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa politiki, ku buryo bishyira bakizana ku wo bifuza gushyikira uwo ari we wese ndetse bakanabimugaragariza.

Uyu Mukandida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, yanizeje abaturage bo muri uyu Murenge wa Musasa, ko nibamutora azakemura zimwe mu mbogamizi bagaragaje zibangamira iterambere ryabo.

Yagize ati “Nimuntora nka Perezida w’Igihugu kandi abakandidada-Depite bacu na bo bagatorwa, aha hagomba kubakwa isoko rigezweho ribarinda kunyagirwa cyangwa ingaruka z’izuba ku biribwa byanyu.”

Imwe mu migabo n’imigambi Dr Frank Habineza akomeje kugeza ku baturage muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza, ni ukubasezeranya ko natorwa, azakuraho imisoro ku butaka, ngo kuko batari bakwiye gusorera gakondo yabo.

Umuturage yashyikirije Frank Habineza impano y’igitoki n’amatunda
Dr Frank Habineza avuga ko byamushimije cyane
Yabizeje ko bazubakirwa isoko rigezweho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + fifteen =

Previous Post

The Scary Reason Healthy People Die After an ER Visit

Next Post

Sierra Leone: Abashyingiranwa n’abana batarageza imyaka n’ababishyigikiye akabo kashobotse

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sierra Leone: Abashyingiranwa n’abana batarageza imyaka n’ababishyigikiye akabo kashobotse

Sierra Leone: Abashyingiranwa n’abana batarageza imyaka n’ababishyigikiye akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.