Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Umukandida ku mwanya wa Perezida avuga ku mpano y’igitoki yahawe n’umuturage

radiotv10by radiotv10
04/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Umukandida ku mwanya wa Perezida avuga ku mpano y’igitoki yahawe n’umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Frank Habineza wiyamamariza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, yahawe impano y’igitoki n’umuturage wo mu Karere ka Rutsiro, ibintu byakoze ku mutima uyu munyapolitiki wifuza kuyobora Abanyarwanda.

Uyu Mukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR/Democratic Green Party of Rwanda), amaze iminsi ari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu bice bitandukanye by’Igihugu.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Nyakanga 2024, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Rutsiro na Karongi, aho yakiriwe n’abaturage bari baje kumva imigabo n’imigambi ye kuri site ya Musasa mu Murenge wa Musasa.

Ni ho umuturage wari waje gukurikirana ibi bikorwa, yashyikirije Hon Dr Frank Habineza impano y’igitoki n’imbuto z’amatunda, abimuhera imbere y’imbaga y’abaturage.

Dr Frank Habineza avuga ko akomeje kwishimira uburyo abaturage bakomeje kumwakira aho ajya kwiyamamariza hose, aho ahasanga imbaga y’abaturage benshi.

Yagize ati “Batugaragarije urugwiro rukomeye cyane, batubyiniye, bavuze Imivugo, bakoze iki…ibintu byose birashimishije cyane, wabonye ko baduhaye n’impano, baduhaye igitoki, baduha amatunda, twishimye cyane.”

Dr Frank Habineza avuga ko ibi bigaragaza ko Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa politiki, ku buryo bishyira bakizana ku wo bifuza gushyikira uwo ari we wese ndetse bakanabimugaragariza.

Uyu Mukandida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, yanizeje abaturage bo muri uyu Murenge wa Musasa, ko nibamutora azakemura zimwe mu mbogamizi bagaragaje zibangamira iterambere ryabo.

Yagize ati “Nimuntora nka Perezida w’Igihugu kandi abakandidada-Depite bacu na bo bagatorwa, aha hagomba kubakwa isoko rigezweho ribarinda kunyagirwa cyangwa ingaruka z’izuba ku biribwa byanyu.”

Imwe mu migabo n’imigambi Dr Frank Habineza akomeje kugeza ku baturage muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza, ni ukubasezeranya ko natorwa, azakuraho imisoro ku butaka, ngo kuko batari bakwiye gusorera gakondo yabo.

Umuturage yashyikirije Frank Habineza impano y’igitoki n’amatunda
Dr Frank Habineza avuga ko byamushimije cyane
Yabizeje ko bazubakirwa isoko rigezweho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eleven =

Previous Post

The Scary Reason Healthy People Die After an ER Visit

Next Post

Sierra Leone: Abashyingiranwa n’abana batarageza imyaka n’ababishyigikiye akabo kashobotse

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sierra Leone: Abashyingiranwa n’abana batarageza imyaka n’ababishyigikiye akabo kashobotse

Sierra Leone: Abashyingiranwa n’abana batarageza imyaka n’ababishyigikiye akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.