Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina uherutse guhabwa imbabazi n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America aho asanzwe atuye, umukobwa we wakunze gusaba ko arekurwa, yahise agaragaza akamuri ku mutima.

Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba agakatirwa gufungwa imyaka 25, yarekuwe mu cyumweru gishize nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame.

Akirekurwa ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, yahise ajyanwa mu rugo rwa Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, ari na ho yavuye yerecyeza i Doha ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Werurwe 2023, yahagurutse Doha muri Qatar yerecyeza i Houston muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America asanze umuryango we.

Nyuma yuko agezeyo, umukobwa we Carine Kanimba wakunze gusaba ko umubyeyi we arekurwa ndetse agatangaza ko afite icyizere gihagije ko azafungurwa, yahise agira icyo avuga ubwo umubyeyi we yari amaze kugera muri America.

Rusesabagina yageze muri America

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Carine Kanimba, yagize ati “Paul Rusesagina yamaze kugera mu buzima busanzwe. Data yamaze kugera i San Antonio muri Texas.”

Carine Kanimba yaboneyeho gushimira abagize uruhare bose mu gutuma umubyeyi we arekurwa, ati “Ndashimira buri wese wakoze cyane kugira ngo agere mu rugo. Cyera kabaye umuryango wacu wongeye guhura uyu munsi.”

Paul Rusesabagina wari wahagarutse i Doha mu masaha y’igitondo kuri uyu wa Gatatu, yageze i Houston mu masaha y’umugoroba, aho yabanje kujyanwa mu Bitaro bya Gisirikare bizwi nka Brooke Army Medical Center, kugira ngo akorerwe isuzuma ry’ubuzima.

Umunyamakuru wa CNN witwa Jennifer Hansler ukora ku nkuru za Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko umwe mu bayobozi muri iki Gihugu yatangaje ko “Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America ishyize imbaraga mu gutuma ubuzima bwiza bwa Rusesabagina n’umuryango we buba nyambere, bityo rero ubufasha bwose bushoboka buzatangwa ku gihe gikwiye.”

Ubwo Rusesabagina yarekurwaga hamwe n’abandi bantu 19 baregwaga hamwe mu rubanza rw’abagize uruhare mu bitero bya MRCD-FLN, hagaragaye amabaruwa arimo iy’uyu mugabo wayoboraga iyi mpuzamashyaka, yo gusaba imbabazi.

Muri iyi baruwa kandi, Rusesabagina yavuze ko azibukiriye atazongera kurota kuba yakwijandika mu bya politiki yo guhemukira u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Birabe ibyuya: Hahise hamenyekana amakuru ashobora gushyira Amavubi mu kaga

Next Post

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Related Posts

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

by radiotv10
10/12/2025
0

Across Rwanda, a new wave of young people is shaping the future through volunteering, activism, and community engagement. From environmental...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

IZIHERUKA

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye
AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

10/12/2025
Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

10/12/2025
Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Volunteering, Activism and Youth Engagement in Rwanda: Who’s Involved and Why

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.