Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina uherutse guhabwa imbabazi n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America aho asanzwe atuye, umukobwa we wakunze gusaba ko arekurwa, yahise agaragaza akamuri ku mutima.

Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba agakatirwa gufungwa imyaka 25, yarekuwe mu cyumweru gishize nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame.

Akirekurwa ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, yahise ajyanwa mu rugo rwa Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, ari na ho yavuye yerecyeza i Doha ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Werurwe 2023, yahagurutse Doha muri Qatar yerecyeza i Houston muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America asanze umuryango we.

Nyuma yuko agezeyo, umukobwa we Carine Kanimba wakunze gusaba ko umubyeyi we arekurwa ndetse agatangaza ko afite icyizere gihagije ko azafungurwa, yahise agira icyo avuga ubwo umubyeyi we yari amaze kugera muri America.

Rusesabagina yageze muri America

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Carine Kanimba, yagize ati “Paul Rusesagina yamaze kugera mu buzima busanzwe. Data yamaze kugera i San Antonio muri Texas.”

Carine Kanimba yaboneyeho gushimira abagize uruhare bose mu gutuma umubyeyi we arekurwa, ati “Ndashimira buri wese wakoze cyane kugira ngo agere mu rugo. Cyera kabaye umuryango wacu wongeye guhura uyu munsi.”

Paul Rusesabagina wari wahagarutse i Doha mu masaha y’igitondo kuri uyu wa Gatatu, yageze i Houston mu masaha y’umugoroba, aho yabanje kujyanwa mu Bitaro bya Gisirikare bizwi nka Brooke Army Medical Center, kugira ngo akorerwe isuzuma ry’ubuzima.

Umunyamakuru wa CNN witwa Jennifer Hansler ukora ku nkuru za Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko umwe mu bayobozi muri iki Gihugu yatangaje ko “Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America ishyize imbaraga mu gutuma ubuzima bwiza bwa Rusesabagina n’umuryango we buba nyambere, bityo rero ubufasha bwose bushoboka buzatangwa ku gihe gikwiye.”

Ubwo Rusesabagina yarekurwaga hamwe n’abandi bantu 19 baregwaga hamwe mu rubanza rw’abagize uruhare mu bitero bya MRCD-FLN, hagaragaye amabaruwa arimo iy’uyu mugabo wayoboraga iyi mpuzamashyaka, yo gusaba imbabazi.

Muri iyi baruwa kandi, Rusesabagina yavuze ko azibukiriye atazongera kurota kuba yakwijandika mu bya politiki yo guhemukira u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Birabe ibyuya: Hahise hamenyekana amakuru ashobora gushyira Amavubi mu kaga

Next Post

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.