Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina uherutse guhabwa imbabazi n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za America aho asanzwe atuye, umukobwa we wakunze gusaba ko arekurwa, yahise agaragaza akamuri ku mutima.

Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba agakatirwa gufungwa imyaka 25, yarekuwe mu cyumweru gishize nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame.

Akirekurwa ku wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, yahise ajyanwa mu rugo rwa Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, ari na ho yavuye yerecyeza i Doha ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Werurwe 2023, yahagurutse Doha muri Qatar yerecyeza i Houston muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America asanze umuryango we.

Nyuma yuko agezeyo, umukobwa we Carine Kanimba wakunze gusaba ko umubyeyi we arekurwa ndetse agatangaza ko afite icyizere gihagije ko azafungurwa, yahise agira icyo avuga ubwo umubyeyi we yari amaze kugera muri America.

Rusesabagina yageze muri America

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Carine Kanimba, yagize ati “Paul Rusesagina yamaze kugera mu buzima busanzwe. Data yamaze kugera i San Antonio muri Texas.”

Carine Kanimba yaboneyeho gushimira abagize uruhare bose mu gutuma umubyeyi we arekurwa, ati “Ndashimira buri wese wakoze cyane kugira ngo agere mu rugo. Cyera kabaye umuryango wacu wongeye guhura uyu munsi.”

Paul Rusesabagina wari wahagarutse i Doha mu masaha y’igitondo kuri uyu wa Gatatu, yageze i Houston mu masaha y’umugoroba, aho yabanje kujyanwa mu Bitaro bya Gisirikare bizwi nka Brooke Army Medical Center, kugira ngo akorerwe isuzuma ry’ubuzima.

Umunyamakuru wa CNN witwa Jennifer Hansler ukora ku nkuru za Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko umwe mu bayobozi muri iki Gihugu yatangaje ko “Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America ishyize imbaraga mu gutuma ubuzima bwiza bwa Rusesabagina n’umuryango we buba nyambere, bityo rero ubufasha bwose bushoboka buzatangwa ku gihe gikwiye.”

Ubwo Rusesabagina yarekurwaga hamwe n’abandi bantu 19 baregwaga hamwe mu rubanza rw’abagize uruhare mu bitero bya MRCD-FLN, hagaragaye amabaruwa arimo iy’uyu mugabo wayoboraga iyi mpuzamashyaka, yo gusaba imbabazi.

Muri iyi baruwa kandi, Rusesabagina yavuze ko azibukiriye atazongera kurota kuba yakwijandika mu bya politiki yo guhemukira u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 15 =

Previous Post

Birabe ibyuya: Hahise hamenyekana amakuru ashobora gushyira Amavubi mu kaga

Next Post

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Abami b’Ishyamba batuye mu Kagera barororoka bishimishije kandi barashishe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.