Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

radiotv10by radiotv10
25/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Ikirego cya Muganga Chantal wari wareze Dr Nsabimana Ernest wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, amushinja kuba barigeze gukundana akamwizeje kuzamugira umugore akaza kumutenguha, cyateshejwe agaciro n’Urukiko rwagaragaje impamvu y’icyemezo cyarwo.

Iki kirego kiri mu ngingo ziherutse kugarukwaho cyane, cyaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, aho uwitwa Muganga Chantal yavugaga ko Dr Nsabimana Ernest yamutengushye akanga kumushaka kandi yari yarabimwizeje ubwo bakundanaga, ngo bikamugiraho ingaruka zirimo n’uburwayi budakira.

Uyu mugore wavugaga ko agikomeje kwivuza zimwe mu ndwara yatewe n’ibikomere yasigiwe no gutenguhwa n’uriya munyapolitiki, yasabaga ko yakwishyurwa indishyi zo mu byiciro binyuranye zingana na Miliyoni zirenga 400 Frw.

Muri uru rubanza, Dr Nsabimana utari witabye Urukiko, yari ahagarariwe na Iyamuremye Maurice, wavuze ko iki kirego kidafite ishingiro, kuko umukiliya we atigeze anakundana n’urega, bityo ko Urukiko rukwiye kugitesha agaciro, ahubwo rukamuca miliyoni 5 Frw kuko yamushoye mu manza zidafite ishingiro.

Ubwo hasomwaga icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nzeri 2025, Umucamanza yavuze ko mu isesengura ry’Urukiko, rutabonye ibimenyetso bishimangira ibyatangajwe n’urega.

Urukiko ruvuga ko uburwayi bwavuzwe na Muganga Chantal ko yatewe no gutenguhwa na Dr Nsabimana, nta kimenyetso kibishimangira, ndetse ko impapuro yerekanye ko yivuje, atagaragaje ko koko ubwo burwayi yivuzaga yabutewe n’uregwa.

Urukiko kandi rugendeye ku ifoto yagaragajwe n’uregwa ngo yarajunjamye, rwavuze ko na yo ubwayo itagaragaza ko icyo kibazo yagitewe na Nsabimana.

Umucamanza avuga ko ibibazo n’uburwayi bivugwa n’uregwa, atigeze agaragaza ko bifitanye isano no kuba atarashatswe na Dr Nsabimana, yanzura ko ikirego cy’urega giteshejwe agaciro.

Urukiko ruvuga ko umuntu usaba indishyi, agomba kugaragaza ibimenyetso simusiga by’isano riri hagati y’uzisabwa n’ingaruka azisabira, kandi ko urega (Muganga Chantal) atigeze abigaragaza.

Rwanzuye ko ikirego cya Muganga Chantal giteshwa agaciro, rwemeza ko agomba kwishyura ibihumbi 500 Frw ku bwo kumushora mu manza zidafite ishingiro, ndetse no gutanga kandi ibihumbi 500 Frw by’igihembo cya Avoka.

Chantal avuga ko yatengushywe bikamugiraho ingaruka
Dr Ernest Nsabimana waregwaga na Chantal

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eleven =

Previous Post

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Next Post

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.