• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo Urukiko rwashingiyeho rugira umwere Gitifu wari umaze igice cy’umwaka afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, wari wafunzwe muri Gashyantare ashinjwa kwakira ruswa ya 150 000 Frw, yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, rutegeka ko ahita arekurwa.

Nteziyaremye Germain wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Rongi, yari yatawe muri yombi mu mpera za Gashyantare tariki 27.

Uyu wari Umuyobozi w’Umurenge, ubwo yatabwaga muri yombi, yari yafunganywe na Gatesi Francine, umukozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Nteziyaremye yaregwaga gusaba no kwakira indonke, aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko yahawe ibihumbi 150 Frw n’abantu kugira ngo abafungurize umuntu wabo witwa Nyandwi Charles.

Ni mu gihe uyu Gatesi Francine we yaregwaga icyaha cy’ubutatanyacyaha mu gusaba no kwakira indonke, gikozwe n’ufata ibyemezo mu Nzego z’Ubutabera, aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko ari we wafashe icyemezo cyo kurekura uwo muntu wari watangiwe iriya ruswa.

Gusa Gatesi Francine we yaburanaga ari hanze, kuko we nyuma yaje kurekurwa by’agateganyo.

Mu maburanisha, Nteziyaremye yahakanaga ibyo yashinjwaga, akavuga ko ariya mafaranga ibihumbi 150 yiswe ko ari indonke, yari aya Kompanyi yitwa Ngali yari amande bari baciwe kubera gutema ishyamba rya Leta.

Mu gusoma icyemezo cy’Urukiko, kuri uyu wa Gatatu tariki 10, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, rwavuze ko rugendeye ku igenzura ryakozwe muri MTN ndetse n’imyeregurire y’uregwa ndetse n’ibimenyetso bidahagije byatanzwe n’Ubushinjacyaha, uyu wari Gitifu adahamwa n’icyaha.

Uretse kuba Urukiko rwategetse ko uyu Nteziyaremye ahita arekurwa, rwanasabye ko anasubizwa Telefone ye yari yafatiriwe ubwo hakorwaga igenzura.

Urukiko kandi rwanagize umwere uriya mukozi muri RIB waregwaga hamwe n’uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurnege wa Rongi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eighteen =

Previous Post

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Next Post

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Nyuma y’u Rwanda hari ikindi Gihugu cyemeje ko cyakiriye abimukira birukanywe muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.