Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyumvikanamo ubumuntu cyahanirwaga abafite imodoka bwite cyahawe umurongo ushimangira ubufatanye bw’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyumvikanamo ubumuntu cyahanirwaga abafite imodoka bwite cyahawe umurongo ushimangira ubufatanye bw’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mushya w’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA), Rugigana Evariste yavuze ko ubu abafite imodoka zabo bwite, bashobora kuyamba abagenzi basanze ku cyapa babuze imodoka, mu gihe byari bisanzwe bifatwa nk’icyaha kuko uwabifatirwagamo yacibwaga amande.

Ubusanzwe abafite imodoka zabo bwite, ntibemererwaga kugera ku byapa bitegerwaho imodoka za rusange, ngo bayambe abagenzi, kuko byafatwaga nko kuvangira urwego rwo gutwara abagenzi, ndetse ababifatiwemo bakabaga bacibwaga amande.

Ibi kandi biherutse kugarukwaho na bamwe mu Badepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), bavuze ko bidakwiye ko umuntu acibwa amande kuko yakoze igikorwa cy’ubumuntu.

Hon Murara Jean Damascène yagize ati “Hari aho umuntu yagiye aca ku baturage bahagaze ku muhanda kubera impuhwe za kimuntu, kubera gufashanya kw’Abanyarwanda, ugatwara umuturage umwe, babiri, RURA ikaguca amande ngo ugiye mu gutwara abantu mu buryo rusange.”

Izi ntumwa za rubanda kandi zashimangiraga ko ibi bitari bikwiye gufatwa nk’ikosa kuko rimwe mu mahame afasha Abanyarwanda ari ugufashanya.

Hon. Murara yakomeje agira ati “Ese RURA irakuraho bwa bufatanye Abanyarwanda basanganywe? Kwa gufashanya ko gusanga umuntu anyagirwa ku muhanda, ugiye ku kazi, ukamufasha. Ariko RURA hari aho ikabya, watwara umuntu bakaguca amande. Ni ukuvuga ngo RURA irimo kutuvana kuri wa muco w’ubufatanye bwacu, wa muco wo kunganirana.”

Umuyobozi mushya w’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA), Rugigana Evariste avuga ko uru rwego rwinjiye mu mikorere mishya, ndetse ko ibi byafatwaga nk’icyaha, nta muntu uzongera kubihanirwa.

Ati “Njyewe nk’Umuyobozi wa RURA, ndabivuga, ntabwo ukwiye gusiga umuturage ku murongo kandi ufite imodoka, ufite imyanya iticaweho. Niba uvuye i Musanze, ukabona hari umurongo mu cyapa nta bisi ihari, ntabwo ukwiye gusiga abo baturage. Niba uvuye i Nyamata cyangwa uri mu Mujyi wa Kigali, ubonye abaturage ku murongo nta bisi ihari, ntabwo ukwiye kubasiga.”

Yakomeje avuga ko kandi iyi gahunda yatangiye kubahirizwa, kuko nko mu byumweru bibiri bishize abagiye bayamba abaturage babasanze ku muhanda, batigeze bahanwa. Ati “Ubu dufite RURA nshya, dufite ubuyobozi bushya, tuzakorana tuzabikora.”

Icyakora avuga ko ikibazo kizaba ku bazashaka kubikora nk’ubucuruzi. Ati “Abantu babikora nk’umwuga, agafata akamodoka gatoya akajya ajya Nyabugogo akajyana abaturage, akagaruka, ba bandi babikora mu buryo uri informal [butemewe]. Abo bo turahangana na bo kandi turabafata.”

Akomeza ati “Ariko niba ari umuntu ugiye ku kazi ufite imodoka wicayemo wenyine ugasiga ba baturage ku muhanda, ni ukuvuga ngo uri kurema business no gukenera moto. Abantu benshi bazagura amamoto bajye ku muhanda usange ka kajagari tuvuga.”

Umuyobozi wa RURA, atangaje ibi mu gihe kandi ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na bwo bukomeje gushaka ibisubizo by’ibibazo byakunze kuvugwa mu rwego rwo gutwara abagenzi, aho buteganya kujya buha umwihariko ku mihanda itatu ikazajya inyurwamo n’imodoka za rusange mu masaha azagenwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + nineteen =

Previous Post

Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Next Post

Impinduka zitunguranye z’igitaramo cya The Ben i Burundi icyaziteye cyamenyekanye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka zitunguranye z’igitaramo cya The Ben i Burundi icyaziteye cyamenyekanye

Impinduka zitunguranye z'igitaramo cya The Ben i Burundi icyaziteye cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.