Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyumweru kirihiritse nta kanunu k’abagwiriye n’ikirombe cy’ibanga: Burya harimo abavandimwe

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in MU RWANDA
0
Icyumweru kirihiritse nta kanunu k’abagwiriye n’ikirombe cy’ibanga: Burya harimo abavandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu miryango y’abantu batandatu barimo babiri bafitanye isano bari n’abanyeshuri, bagwiriwe n’ikirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo butari buzwi, giherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, basaba Imana ko nibura imibiri yabo yaboneka bakabashyingura kuko icyizere cyo kuba bakiriho, cyayoyotse burundu.

Inkuru y’iki kirombe cyagwiriye abantu batandatu yamenyekanye mu cyumweru gishize, bivugwa ko cyaridutse tariki 19 Mata 2023, kikagwira abantu batandatu barimo abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye.

Kuva icyo gihe, hahise hatangira imirimo yo gushakisha aba bantu, kugeza ubu bakaba bataraboneka, ndetse n’icyizere cyo kuba bakiriho cyari gifitwe na bamwe kikaba cyararangiye.

Umubyeyi w’umwe mu bagwiririwe n’iki kirombe, avuga ko umwana we yitwa Nibayisenge Samuel ndetse n’undi witwa Irumva Moïse wa mukuru we.

Ati “Cyagwiriye abana banjye babiri, kuko umwe ni uwanjye, undi ni uwa mukuru wanjye. Twagize ikibazo kuko abo bana ni abanyeshuri bigaga mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye.”

Uyu mubyeyi avuga ko nta cyizere cyo kuba bakiriho, ariko ko nibura n’iyo imibiri yabo yaboneka, bakayishyingura kuko no kuba itaboneka na byo birushaho kubashengura.

Ati “Nta cyizere ko bafite ubuzima, ariko nibura tugashyingura, kandi n’ababikoze bagakurikiranwa bagahanwa kuko birababaje. Kugeza kuri iyi tariki ntabwo nakubwira ngo icyo nifuza ni amafaranga, kuko amafaranga yari kuzampa ni menshi nta n’ayo nabona, ahubwo ni ukubanza nkamubona nkamushyingura, ibindi bikazaba nyuma.”

Aba baturage bashyize imbere kuba babona abantu babo bakabashyingura, bavuga ko nibiba ngombwa bazahabwa n’impozamarira.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko ubu igishyizwe imbere ari ibikorwa by’ubutazi, byarangira hakazakurikiraho iby’impozamarira.

Ati “Reka tubanze turangize ibi. Andi makuru yaboneka nyuma y’ibyo bikorwa by’ubutabazi, twiteguye kuyibamenyesha.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eleven =

Previous Post

Irushanwa ryo kumurika imideri ryari rimaze imyaka itanu ritaba mu Rwanda riragarutse

Next Post

UNHCR yagize icyo isaba Ibihugu bituranye n’Igihugu cyugarijwe n’intambara

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UNHCR yagize icyo isaba Ibihugu bituranye n’Igihugu cyugarijwe n’intambara

UNHCR yagize icyo isaba Ibihugu bituranye n’Igihugu cyugarijwe n’intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.