Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyumweru kirihiritse nta kanunu k’abagwiriye n’ikirombe cy’ibanga: Burya harimo abavandimwe

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in MU RWANDA
0
Icyumweru kirihiritse nta kanunu k’abagwiriye n’ikirombe cy’ibanga: Burya harimo abavandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu miryango y’abantu batandatu barimo babiri bafitanye isano bari n’abanyeshuri, bagwiriwe n’ikirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo butari buzwi, giherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, basaba Imana ko nibura imibiri yabo yaboneka bakabashyingura kuko icyizere cyo kuba bakiriho, cyayoyotse burundu.

Inkuru y’iki kirombe cyagwiriye abantu batandatu yamenyekanye mu cyumweru gishize, bivugwa ko cyaridutse tariki 19 Mata 2023, kikagwira abantu batandatu barimo abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye.

Kuva icyo gihe, hahise hatangira imirimo yo gushakisha aba bantu, kugeza ubu bakaba bataraboneka, ndetse n’icyizere cyo kuba bakiriho cyari gifitwe na bamwe kikaba cyararangiye.

Umubyeyi w’umwe mu bagwiririwe n’iki kirombe, avuga ko umwana we yitwa Nibayisenge Samuel ndetse n’undi witwa Irumva Moïse wa mukuru we.

Ati “Cyagwiriye abana banjye babiri, kuko umwe ni uwanjye, undi ni uwa mukuru wanjye. Twagize ikibazo kuko abo bana ni abanyeshuri bigaga mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye.”

Uyu mubyeyi avuga ko nta cyizere cyo kuba bakiriho, ariko ko nibura n’iyo imibiri yabo yaboneka, bakayishyingura kuko no kuba itaboneka na byo birushaho kubashengura.

Ati “Nta cyizere ko bafite ubuzima, ariko nibura tugashyingura, kandi n’ababikoze bagakurikiranwa bagahanwa kuko birababaje. Kugeza kuri iyi tariki ntabwo nakubwira ngo icyo nifuza ni amafaranga, kuko amafaranga yari kuzampa ni menshi nta n’ayo nabona, ahubwo ni ukubanza nkamubona nkamushyingura, ibindi bikazaba nyuma.”

Aba baturage bashyize imbere kuba babona abantu babo bakabashyingura, bavuga ko nibiba ngombwa bazahabwa n’impozamarira.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko ubu igishyizwe imbere ari ibikorwa by’ubutazi, byarangira hakazakurikiraho iby’impozamarira.

Ati “Reka tubanze turangize ibi. Andi makuru yaboneka nyuma y’ibyo bikorwa by’ubutabazi, twiteguye kuyibamenyesha.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fourteen =

Previous Post

Irushanwa ryo kumurika imideri ryari rimaze imyaka itanu ritaba mu Rwanda riragarutse

Next Post

UNHCR yagize icyo isaba Ibihugu bituranye n’Igihugu cyugarijwe n’intambara

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UNHCR yagize icyo isaba Ibihugu bituranye n’Igihugu cyugarijwe n’intambara

UNHCR yagize icyo isaba Ibihugu bituranye n’Igihugu cyugarijwe n’intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.