Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida Kagame n’abayobozi bari kumwe bakatanye umutsima (Cake) ku isabukuru ye

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Perezida Kagame n’abayobozi bari kumwe bakatanye umutsima (Cake) ku isabukuru ye
Share on FacebookShare on Twitter

Imyaka 67 iruzuye Isi yungutse umwana w’umuhungu wavukiye mu Ntara y’Amajyepfo, wabaye umugisha ku Rwanda n’Abanyarwanda, ari we pfundo rya byinshi bamaze kugera ubu. Ni Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda, umunyabigwi utagereranywa, uyu munsi wagize isakuburu y’amavuko.

Umukuru w’u Rwanda udahwema gushakira ibyiza u Rwanda n’Abanyarwanda, yagize isabukuru y’amavuko y’imyaka 67 n’ubundi ari mu kazi, aho ari muri Samoa ku Mugabane wa Oceania, yitabiriye inama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye mu Muryango wa Commonwealth.

Perezida Paul Kagame ari kumwe kandi na bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda muri iki Gihugu cya Samoa, banifatanyije mu kumwifuriza isabukuru nziza, ndetse bakaba banakase umutsima wo kwishimira iyi myaka amaze ku Isi.

Amafoto dukesha Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, agaragaza Perezida Paul Kagame ari gukata umutsima, ari kumwe n’abayobozi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, uw’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) Francis Gatare, ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye.

Perezida Kagame yavutse tariki ya 23 Ukwakira i Nyarutovu mu yahoze ari Komini Tambwe, muri Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Karere ka Ruhango mu ntara y’Amajyepfo.

Abayobozi bari kumwe bamwifurije isabukuru nziza
Perezida Kagame kandi yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa Samoa Afioga Fiamē Naomi Mata’afa bahana impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

Dore inama Polisi y’u Rwanda yagiriye uwayisabye ko yamufunga ku bushake bwe

Next Post

Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi

Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.