Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba n’abakristu Gatulika

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Perezida Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba n’abakristu Gatulika

Perezida Evariste Ndayishimiye yahetse umusaraba azirikana ububabare bwa Yezu

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yifatanyije n’abandi bakristu Gatulika mu muhango w’inzira y’umusaraba usanzwe uzwi muri Kiliziya Gatulika, aho na we ari mu bahetse umusaraba azirikana ububabare bwa Yezu Kristu.

Abayoboke ba Kiliziya Gatulika, kuri uyu wa Gatanu Mutagatifu, ni umunsi uzirikanwa bihebuje kuko ufatwa nk’uwo Yezu yapfiriyeho kugira ngo acungure abatuye Isi.

Ni umunsi abakristi ba Kiliziya Gatulika bazirikanaho ububabare bwa Yezu Kristu urangwa no kwibabaza, kwiyiriza ndetse no gusenga bihebuje basabira Yezu Kristu.

Ku wa Gatanu Mutagatifu kandi hakorwa umuhango w’inzira y’Umusaraba ukorwa mu gihe cy’Igisibo, aho bakora umutambagira wo kuzirikana ububabare bwa Yezu ari na ko batera amasengesho yo kumusabira.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we Angelique Ndayishimiye, uyu munsi bifatanyije n’Abandi Bakristu Gatulika muri uyu muhango w’inzira y’umusaraba.

Amakuru dukesha ibiro by’umukuru w’iki Gihugu cy’u Burundi, ni uko Ndayishimiye na Madamu bitabiriye uyu muhango wabereye mu Gitega.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twiter y’Ibiro by’Umukuru w’u Burundi, bugira buti “Kuri uyu wa Gatanu Mutagatifu, umuryango wa Perezida wifatanyije n’abakristu bo mu Gitega mu nzira y’umusaraba yatangiriye mu rusisiro rwa Musave yerecyeza kuri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu François d’Assise y’i Magarama mu rwego rwo kuzirikana urupfu rwa Kristu.”

Perezida Evariste Ndayishimiye asanzwe ari umuyoboke ukomeye wa Kiliziya Gatulika akaba aherutse no kwakirwa n’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis mu kwezi gushize.

Yari kumwe n’umuryango we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 12 =

Previous Post

Umugabo w’i Rulindo yahamijwe kwica umugore we akatirwa gufungwa imyaka 25

Next Post

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.