Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba n’abakristu Gatulika

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Perezida Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba n’abakristu Gatulika

Perezida Evariste Ndayishimiye yahetse umusaraba azirikana ububabare bwa Yezu

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yifatanyije n’abandi bakristu Gatulika mu muhango w’inzira y’umusaraba usanzwe uzwi muri Kiliziya Gatulika, aho na we ari mu bahetse umusaraba azirikana ububabare bwa Yezu Kristu.

Abayoboke ba Kiliziya Gatulika, kuri uyu wa Gatanu Mutagatifu, ni umunsi uzirikanwa bihebuje kuko ufatwa nk’uwo Yezu yapfiriyeho kugira ngo acungure abatuye Isi.

Ni umunsi abakristi ba Kiliziya Gatulika bazirikanaho ububabare bwa Yezu Kristu urangwa no kwibabaza, kwiyiriza ndetse no gusenga bihebuje basabira Yezu Kristu.

Ku wa Gatanu Mutagatifu kandi hakorwa umuhango w’inzira y’Umusaraba ukorwa mu gihe cy’Igisibo, aho bakora umutambagira wo kuzirikana ububabare bwa Yezu ari na ko batera amasengesho yo kumusabira.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we Angelique Ndayishimiye, uyu munsi bifatanyije n’Abandi Bakristu Gatulika muri uyu muhango w’inzira y’umusaraba.

Amakuru dukesha ibiro by’umukuru w’iki Gihugu cy’u Burundi, ni uko Ndayishimiye na Madamu bitabiriye uyu muhango wabereye mu Gitega.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twiter y’Ibiro by’Umukuru w’u Burundi, bugira buti “Kuri uyu wa Gatanu Mutagatifu, umuryango wa Perezida wifatanyije n’abakristu bo mu Gitega mu nzira y’umusaraba yatangiriye mu rusisiro rwa Musave yerecyeza kuri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu François d’Assise y’i Magarama mu rwego rwo kuzirikana urupfu rwa Kristu.”

Perezida Evariste Ndayishimiye asanzwe ari umuyoboke ukomeye wa Kiliziya Gatulika akaba aherutse no kwakirwa n’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis mu kwezi gushize.

Yari kumwe n’umuryango we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Umugabo w’i Rulindo yahamijwe kwica umugore we akatirwa gufungwa imyaka 25

Next Post

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.