Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba n’abakristu Gatulika

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Perezida Ndayishimiye mu nzira y’umusaraba n’abakristu Gatulika

Perezida Evariste Ndayishimiye yahetse umusaraba azirikana ububabare bwa Yezu

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yifatanyije n’abandi bakristu Gatulika mu muhango w’inzira y’umusaraba usanzwe uzwi muri Kiliziya Gatulika, aho na we ari mu bahetse umusaraba azirikana ububabare bwa Yezu Kristu.

Abayoboke ba Kiliziya Gatulika, kuri uyu wa Gatanu Mutagatifu, ni umunsi uzirikanwa bihebuje kuko ufatwa nk’uwo Yezu yapfiriyeho kugira ngo acungure abatuye Isi.

Ni umunsi abakristi ba Kiliziya Gatulika bazirikanaho ububabare bwa Yezu Kristu urangwa no kwibabaza, kwiyiriza ndetse no gusenga bihebuje basabira Yezu Kristu.

Ku wa Gatanu Mutagatifu kandi hakorwa umuhango w’inzira y’Umusaraba ukorwa mu gihe cy’Igisibo, aho bakora umutambagira wo kuzirikana ububabare bwa Yezu ari na ko batera amasengesho yo kumusabira.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we Angelique Ndayishimiye, uyu munsi bifatanyije n’Abandi Bakristu Gatulika muri uyu muhango w’inzira y’umusaraba.

Amakuru dukesha ibiro by’umukuru w’iki Gihugu cy’u Burundi, ni uko Ndayishimiye na Madamu bitabiriye uyu muhango wabereye mu Gitega.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twiter y’Ibiro by’Umukuru w’u Burundi, bugira buti “Kuri uyu wa Gatanu Mutagatifu, umuryango wa Perezida wifatanyije n’abakristu bo mu Gitega mu nzira y’umusaraba yatangiriye mu rusisiro rwa Musave yerecyeza kuri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu François d’Assise y’i Magarama mu rwego rwo kuzirikana urupfu rwa Kristu.”

Perezida Evariste Ndayishimiye asanzwe ari umuyoboke ukomeye wa Kiliziya Gatulika akaba aherutse no kwakirwa n’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis mu kwezi gushize.

Yari kumwe n’umuryango we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twenty =

Previous Post

Umugabo w’i Rulindo yahamijwe kwica umugore we akatirwa gufungwa imyaka 25

Next Post

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Kevine washenguye benshi yashyinguwe mu marira menshi hahishurwa ko yifuzaga kuvugisha Itangazamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.