Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

IFOTO: U Rwanda ni rwiza kuva i Nyarugenge kugeza i Bweyeye…TourDuRwanda irabyerekana

radiotv10by radiotv10
25/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
IFOTO: U Rwanda ni rwiza kuva i Nyarugenge kugeza i Bweyeye…TourDuRwanda irabyerekana
Share on FacebookShare on Twitter

Uretse kuba yarigaruriye imitima ya benshi mu Rwanda bemera bakamanuka imisozi abandi bakazamuka ibikombe bakajya kwirebera uko abakinnyi banyonga igare, Tour du Rwanda, ni n’umukino utuma ubwiza bw’u Rwanda bukomeza kogera.

Iri rushanwa rimaze kuba ubukombe rihuruza abakinnyi bo mu Bihuhu bitandukanye ku Migabane yose y’Isi, rimaze iminsi riri gukinwa ku nshuro yaryo ya 15, aho ryitabiriwe n’Ibihugu 22 ndetse n’abakinnyi 195 baritangiye ariko ubu hakaba hasigayemo abatagera mu 100.

Rimaze kugera mu Ntara enye (Iburasirazuba, Amajyepfo, Amajyaruguru n’Iburengerazuba) n’Umujyi wa Kigali. Ni ukuvuga ko ibice byose by’u Rwanda rimaze kuhagera.

Iri rushanwa rikurikirwa n’ibitangazamakuru yaba ibisanzwe bikorera mu Rwanda ndetse n’ibitangazamakuru mpuzamahanga, bimanuka bikaza gusangiza Isi ibiri kubera mu rw’imisozi igihumbi.

Uretse kugaragaza imigendekere y’iri rushanwa kandi, amashusho n’amafoto bifatwa n’Ibitangazamakuru bitandukanye, bigaragaza ubwiza bw’u Rwanda rwahoje benshi kubera ubwiza bwarwo.

Mu misozi itatse ubwiza ntagereranywa iriho ibihingwa ndetse n’ibimera bya kimeza nk’amashyamba n’ibindi biti karemano, biri kurushaho kuryoshya iri siganwa ku barirebera ku mashusho n’amafoto.

Ku wa Gatatu tariki 22 Gashyantare 2023, iri siganwa ryahagurutse mu Karere ka Musanze mu gicumbi cy’ubukerarugendo ryerecyeza i Karongi mu ntara y’Iburengerazuba izwiho guhingwamo icyayi na cyo kiri mu bihingwa birimbisha imisozi.

Bucyeye bwaho, ku wa Kane tariki 23 Gashyantare, ubwo hakinwaga agace ka gatanu, abakinnyi bahagurukiye i Rusizi berecyeza i Rubavu, aho bongeye kunyura mu misozi inogeye ijisho kubera ibihingwa ndetse n’amashyamba kimeza bitohagiye bihari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Perezida Kagame yibukije Polisi y’u Rwanda abafanyabikorwa bayo b’ibanze

Next Post

Akadomo ku byishimo by’igare2023: Umunya-Eritrea kabuhariwe yegukanye TdRda imbere ya Perezida Kagame

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akadomo ku byishimo by’igare2023: Umunya-Eritrea kabuhariwe yegukanye TdRda imbere ya Perezida Kagame

Akadomo ku byishimo by’igare2023: Umunya-Eritrea kabuhariwe yegukanye TdRda imbere ya Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.