Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu basirikare bo mu itsinda rishinzwe kurinda umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri mu rugamba FARRDC ihanganyemo na M23, yafotowe yateye ibitugu igitoki aho bivugwa ko yakijyanye nyuma y’uko uyu mutwe ubakubise inshuro.

Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022, FARDC yagabye ibitero karundura bigamije kwisubiza umujyi wa Bunagana umaze iminsi uri mu maboko ya M23.

Ni urugamba FARDC igabye nyuma yuko bamwe mu basirikare bari mu itsinda ririnda Perezida w’iki Gihugu boherejwe gufasha bagenzi babo muri uru rugamba.

Iyi mirwano yabereye mu duce dutandukare two muri Teritwari ya Rutshuru, nubwo ikomeje ariko abakurikiranira hafi iyi mirwano, bavuga ko M23 yongeye gukubita inshuro abasirikare b’Igihugu.

Umwe mu basirikare barinda Perezida waje muri uru rugamba, yafotowe afite igitoki bigaragara ko ari bwo akimara kugica.

Amakuru avuga ko yagitemye nyuma yuko abasirikare bagenzi be baneshejwe n’abarwanyi ba M23 mu gace ka Ntamugenga.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, barimo n’Abanyarwanda, bagaruts ekuri iyi foto y’uyu musirikare wa FARDC imaze iminsi ishinja igisirikare cy’u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

Uwitwa Lorenzo Musangamfura kuri Twitter, yashyize iyi foto kuri Twitter ye ashyiraho ubutumwa bugira buti “Umusirikare wa DR Congo yikoreye ibimenyetso simusiga bigaragaza ko u Rwanda rufasha M23.”

Hari amafoto bivugwa ko ari ay’Abasirikare ba DRCongo, bagiye bagaragara mu bikorwa bigayitse birimo nk’ibyo gusindira mu ruhame ndetse hari na bamwe bagiye bafotorwa bamaze gusahura imwe mu mitungo y’abaturage, nk’abafotowe batwaye inkoko ndetse n’undi wagaragaye ajyanye ingurube.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nice Ingabire says:
    3 years ago

    M23 bazayihe igihugu kuko niyo ishoboye igira nubumuntu kurusha ibyo bitazi inshingano zabyo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

DRC: Mu kwezi kumwe umutwe urwanya Uganda umaze kwivugana abarenga 160 mu gace kamwe

Next Post

Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Related Posts

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo
IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

16/12/2025
AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.