Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu basirikare bo mu itsinda rishinzwe kurinda umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri mu rugamba FARRDC ihanganyemo na M23, yafotowe yateye ibitugu igitoki aho bivugwa ko yakijyanye nyuma y’uko uyu mutwe ubakubise inshuro.

Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022, FARDC yagabye ibitero karundura bigamije kwisubiza umujyi wa Bunagana umaze iminsi uri mu maboko ya M23.

Ni urugamba FARDC igabye nyuma yuko bamwe mu basirikare bari mu itsinda ririnda Perezida w’iki Gihugu boherejwe gufasha bagenzi babo muri uru rugamba.

Iyi mirwano yabereye mu duce dutandukare two muri Teritwari ya Rutshuru, nubwo ikomeje ariko abakurikiranira hafi iyi mirwano, bavuga ko M23 yongeye gukubita inshuro abasirikare b’Igihugu.

Umwe mu basirikare barinda Perezida waje muri uru rugamba, yafotowe afite igitoki bigaragara ko ari bwo akimara kugica.

Amakuru avuga ko yagitemye nyuma yuko abasirikare bagenzi be baneshejwe n’abarwanyi ba M23 mu gace ka Ntamugenga.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, barimo n’Abanyarwanda, bagaruts ekuri iyi foto y’uyu musirikare wa FARDC imaze iminsi ishinja igisirikare cy’u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

Uwitwa Lorenzo Musangamfura kuri Twitter, yashyize iyi foto kuri Twitter ye ashyiraho ubutumwa bugira buti “Umusirikare wa DR Congo yikoreye ibimenyetso simusiga bigaragaza ko u Rwanda rufasha M23.”

Hari amafoto bivugwa ko ari ay’Abasirikare ba DRCongo, bagiye bagaragara mu bikorwa bigayitse birimo nk’ibyo gusindira mu ruhame ndetse hari na bamwe bagiye bafotorwa bamaze gusahura imwe mu mitungo y’abaturage, nk’abafotowe batwaye inkoko ndetse n’undi wagaragaye ajyanye ingurube.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nice Ingabire says:
    4 years ago

    M23 bazayihe igihugu kuko niyo ishoboye igira nubumuntu kurusha ibyo bitazi inshingano zabyo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

DRC: Mu kwezi kumwe umutwe urwanya Uganda umaze kwivugana abarenga 160 mu gace kamwe

Next Post

Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.