Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo

radiotv10by radiotv10
29/06/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
IFOTO: Umujepe muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro na M23 yanze kuviramo aho acyura inyamunyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu basirikare bo mu itsinda rishinzwe kurinda umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri mu rugamba FARRDC ihanganyemo na M23, yafotowe yateye ibitugu igitoki aho bivugwa ko yakijyanye nyuma y’uko uyu mutwe ubakubise inshuro.

Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022, FARDC yagabye ibitero karundura bigamije kwisubiza umujyi wa Bunagana umaze iminsi uri mu maboko ya M23.

Ni urugamba FARDC igabye nyuma yuko bamwe mu basirikare bari mu itsinda ririnda Perezida w’iki Gihugu boherejwe gufasha bagenzi babo muri uru rugamba.

Iyi mirwano yabereye mu duce dutandukare two muri Teritwari ya Rutshuru, nubwo ikomeje ariko abakurikiranira hafi iyi mirwano, bavuga ko M23 yongeye gukubita inshuro abasirikare b’Igihugu.

Umwe mu basirikare barinda Perezida waje muri uru rugamba, yafotowe afite igitoki bigaragara ko ari bwo akimara kugica.

Amakuru avuga ko yagitemye nyuma yuko abasirikare bagenzi be baneshejwe n’abarwanyi ba M23 mu gace ka Ntamugenga.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, barimo n’Abanyarwanda, bagaruts ekuri iyi foto y’uyu musirikare wa FARDC imaze iminsi ishinja igisirikare cy’u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

Uwitwa Lorenzo Musangamfura kuri Twitter, yashyize iyi foto kuri Twitter ye ashyiraho ubutumwa bugira buti “Umusirikare wa DR Congo yikoreye ibimenyetso simusiga bigaragaza ko u Rwanda rufasha M23.”

Hari amafoto bivugwa ko ari ay’Abasirikare ba DRCongo, bagiye bagaragara mu bikorwa bigayitse birimo nk’ibyo gusindira mu ruhame ndetse hari na bamwe bagiye bafotorwa bamaze gusahura imwe mu mitungo y’abaturage, nk’abafotowe batwaye inkoko ndetse n’undi wagaragaye ajyanye ingurube.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nice Ingabire says:
    4 years ago

    M23 bazayihe igihugu kuko niyo ishoboye igira nubumuntu kurusha ibyo bitazi inshingano zabyo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + nine =

Previous Post

DRC: Mu kwezi kumwe umutwe urwanya Uganda umaze kwivugana abarenga 160 mu gace kamwe

Next Post

Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Haruna bamubajije igihe azahagarikira ruhago ati “Mbivuze nakomeretsa benshi”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.