Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, umudamu wa Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, ifoto ye yahuje urugwiro n’umwana bigaragara ko ari uwo mu muryango utishoboye, yakoze benshi ku mutima.

Iyi foto igaragaza Madamu Angeline Ndayishimiye yahoberanye n’uwo mwana w’umukobwa, bombi baseka nk’abaziranye ndetse n’abari hafi yabo baseka.

Ni ifoto yashyizwe ku rubuga nkoranyamba rwa Twitter, n’uwitwa Sindayihebura Rénovat usanzwe ari mu buyobozi bw’inzego z’ibanze mu Burundi, wagaragaje ko na we yanyuzwe n’iyi foto y’umufasha w’umukuru w’Igihugu wagaragarije urugwiro yu mwana.

Uyu Sindayihebura Rénovat kandi yemeye ko uyu mwana w’umukobwa waramukanyaga na Madamu wa Perezida, azamubonera ibikoresho by’ishuri mu mwaka w’amashuri wa 2023-2024 byumwihariko amakaye ndetse n’ibindi byo kwigiraho.

Iyi foto yafashwe ku wa Mbere tariki 24 Mata 2023 ubwo Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha yari ari mu gace ka Gifugwe muri Komini ya Mpanda mu Ntara ya Bubanza, yagiye mu bikorwa byo gusarura umuceri mu rwego rwo gutanga urugero rwiza rwo gukora imirimo ibyara inyungu.

Nyuma y’icyo gikorwa Madamu Angeline Ndayishimiye, yaboneyeho kuramutsa abanyagihugu ndetse no gusuhuza abo bana.

Ni ifoto yanyuze benshi mu bayitanzeho ibitekerezo, bashimye uburyo Madamu wa Perezida yagaragaje kwicisha bugufi, akagaragariza urukundo uyu mwana nubwo ari uwo mu muryango utifashije.

Uwitwa Quintin Bizimana yagize ati “Mbega ifoto nziza.” Naho uwitwa Dorothee Butoyi we akaba yagize ati “Yooo, mbega ifoto nziza, arareba neza azahita amufasha kugeza arangije amashuri kuko amweretse urukundo ni ukuri.”

Ubwo yasaruraga umuceri
Nyuma yaramukije abana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

U Bwongereza: Ibyatangarijwe mu bujurire bw’abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda

Next Post

Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke
IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.