Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, umudamu wa Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, ifoto ye yahuje urugwiro n’umwana bigaragara ko ari uwo mu muryango utishoboye, yakoze benshi ku mutima.

Iyi foto igaragaza Madamu Angeline Ndayishimiye yahoberanye n’uwo mwana w’umukobwa, bombi baseka nk’abaziranye ndetse n’abari hafi yabo baseka.

Ni ifoto yashyizwe ku rubuga nkoranyamba rwa Twitter, n’uwitwa Sindayihebura Rénovat usanzwe ari mu buyobozi bw’inzego z’ibanze mu Burundi, wagaragaje ko na we yanyuzwe n’iyi foto y’umufasha w’umukuru w’Igihugu wagaragarije urugwiro yu mwana.

Uyu Sindayihebura Rénovat kandi yemeye ko uyu mwana w’umukobwa waramukanyaga na Madamu wa Perezida, azamubonera ibikoresho by’ishuri mu mwaka w’amashuri wa 2023-2024 byumwihariko amakaye ndetse n’ibindi byo kwigiraho.

Iyi foto yafashwe ku wa Mbere tariki 24 Mata 2023 ubwo Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha yari ari mu gace ka Gifugwe muri Komini ya Mpanda mu Ntara ya Bubanza, yagiye mu bikorwa byo gusarura umuceri mu rwego rwo gutanga urugero rwiza rwo gukora imirimo ibyara inyungu.

Nyuma y’icyo gikorwa Madamu Angeline Ndayishimiye, yaboneyeho kuramutsa abanyagihugu ndetse no gusuhuza abo bana.

Ni ifoto yanyuze benshi mu bayitanzeho ibitekerezo, bashimye uburyo Madamu wa Perezida yagaragaje kwicisha bugufi, akagaragariza urukundo uyu mwana nubwo ari uwo mu muryango utifashije.

Uwitwa Quintin Bizimana yagize ati “Mbega ifoto nziza.” Naho uwitwa Dorothee Butoyi we akaba yagize ati “Yooo, mbega ifoto nziza, arareba neza azahita amufasha kugeza arangije amashuri kuko amweretse urukundo ni ukuri.”

Ubwo yasaruraga umuceri
Nyuma yaramukije abana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − six =

Previous Post

U Bwongereza: Ibyatangarijwe mu bujurire bw’abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda

Next Post

Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

Related Posts

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’
AMAHANGA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.