Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
27/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ifoto ya Madamu wa Perezida w’u Burundi yakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, umudamu wa Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, ifoto ye yahuje urugwiro n’umwana bigaragara ko ari uwo mu muryango utishoboye, yakoze benshi ku mutima.

Iyi foto igaragaza Madamu Angeline Ndayishimiye yahoberanye n’uwo mwana w’umukobwa, bombi baseka nk’abaziranye ndetse n’abari hafi yabo baseka.

Ni ifoto yashyizwe ku rubuga nkoranyamba rwa Twitter, n’uwitwa Sindayihebura Rénovat usanzwe ari mu buyobozi bw’inzego z’ibanze mu Burundi, wagaragaje ko na we yanyuzwe n’iyi foto y’umufasha w’umukuru w’Igihugu wagaragarije urugwiro yu mwana.

Uyu Sindayihebura Rénovat kandi yemeye ko uyu mwana w’umukobwa waramukanyaga na Madamu wa Perezida, azamubonera ibikoresho by’ishuri mu mwaka w’amashuri wa 2023-2024 byumwihariko amakaye ndetse n’ibindi byo kwigiraho.

Iyi foto yafashwe ku wa Mbere tariki 24 Mata 2023 ubwo Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha yari ari mu gace ka Gifugwe muri Komini ya Mpanda mu Ntara ya Bubanza, yagiye mu bikorwa byo gusarura umuceri mu rwego rwo gutanga urugero rwiza rwo gukora imirimo ibyara inyungu.

Nyuma y’icyo gikorwa Madamu Angeline Ndayishimiye, yaboneyeho kuramutsa abanyagihugu ndetse no gusuhuza abo bana.

Ni ifoto yanyuze benshi mu bayitanzeho ibitekerezo, bashimye uburyo Madamu wa Perezida yagaragaje kwicisha bugufi, akagaragariza urukundo uyu mwana nubwo ari uwo mu muryango utifashije.

Uwitwa Quintin Bizimana yagize ati “Mbega ifoto nziza.” Naho uwitwa Dorothee Butoyi we akaba yagize ati “Yooo, mbega ifoto nziza, arareba neza azahita amufasha kugeza arangije amashuri kuko amweretse urukundo ni ukuri.”

Ubwo yasaruraga umuceri
Nyuma yaramukije abana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 3 =

Previous Post

U Bwongereza: Ibyatangarijwe mu bujurire bw’abarwanya kohereza abimukira mu Rwanda

Next Post

Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.