Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO Y’UBWUZU: Abana bagaragaje akanyamuneza k’amahirwe yo kwegera Perezida Kagame imbonankubone

radiotv10by radiotv10
26/01/2024
in MU RWANDA
0
IFOTO Y’UBWUZU: Abana bagaragaje akanyamuneza k’amahirwe yo kwegera Perezida Kagame imbonankubone
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto y’abana bato bagiye kwakira Perezida wa Guinée -Conakry, Lt Gen Mamady Doumbouya na Madamu we bagendereye u Rwanda, bari kwitegereza Perezida Paul Kagame; ikomeje kunyura benshi.

Ni ifoto y’abana babiri; umuhungu n’umukobwa bari bacigatiye indabo zo guhereza abashyitsi; Perezida w’inzibacyuho wa Guinée –Conakry, Lt Gen Mamady Doumbouya ndetse na Madamu we Lauriane Doumbouya, bageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Ubwo Perezida Paul Kagame yari agiye kwakira aba bashyitsi bagendereye u Rwanda, aba bana bato bari bafite indabo zo kubahereza, nk’ikimenyetso ko u Rwanda rubakiranye ubwuzu, bisanzwe bikorerwa abashyitsi bageze ku Kibuga cy’Indege, aba bana bagaragaje ko bishimiye kubona imbonankubone Perezida Kagame.

Ubwo indege yazanye Mamady Doumbouya na Madamu we yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Umukuru w’u Rwanda yari atagereje kubakira, mu gihe aba bana na bo babigiriyemo amahirwe, baramwitegereza kuko bari bamwegereye, bigaragaza ko bishimiye kuba bamubonye amaso ku maso.

Iyi foto yanyuze benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagiye bayisangiza abantu, bavuga ko akanyamuneza k’aba bana kongeye gushimangira urukundo Abanyarwanda mu ngeri zose bakunda Umukuru w’Igihugu cyabo.

Ku munsi wa nyuma w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; mu kiganiro yatanze, yaboneyeho kubwira Perezida Kagame ko urubyiruko rw’u Rwanda rumukunda bizira uburyaya, aho yagize ati “Urubyiruko rwinshi bagukunda ijana ku ijana.”

Akanyamuneza kari kose kuri aba bana ubwo babonaga Perezida Kagame imbonankubone
Kuri uyu wa Kane kandi Perezida wa Guinée-Conakry na we yagendereye u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + fourteen =

Previous Post

Ngoma: Abanyeshuri baburiye ibikoresho mu nkongi yibasiye icumbi ryabo bakorewe igikorwa cyabanejeje

Next Post

America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.