Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO Y’UBWUZU: Abana bagaragaje akanyamuneza k’amahirwe yo kwegera Perezida Kagame imbonankubone

radiotv10by radiotv10
26/01/2024
in MU RWANDA
0
IFOTO Y’UBWUZU: Abana bagaragaje akanyamuneza k’amahirwe yo kwegera Perezida Kagame imbonankubone
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto y’abana bato bagiye kwakira Perezida wa Guinée -Conakry, Lt Gen Mamady Doumbouya na Madamu we bagendereye u Rwanda, bari kwitegereza Perezida Paul Kagame; ikomeje kunyura benshi.

Ni ifoto y’abana babiri; umuhungu n’umukobwa bari bacigatiye indabo zo guhereza abashyitsi; Perezida w’inzibacyuho wa Guinée –Conakry, Lt Gen Mamady Doumbouya ndetse na Madamu we Lauriane Doumbouya, bageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Ubwo Perezida Paul Kagame yari agiye kwakira aba bashyitsi bagendereye u Rwanda, aba bana bato bari bafite indabo zo kubahereza, nk’ikimenyetso ko u Rwanda rubakiranye ubwuzu, bisanzwe bikorerwa abashyitsi bageze ku Kibuga cy’Indege, aba bana bagaragaje ko bishimiye kubona imbonankubone Perezida Kagame.

Ubwo indege yazanye Mamady Doumbouya na Madamu we yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Umukuru w’u Rwanda yari atagereje kubakira, mu gihe aba bana na bo babigiriyemo amahirwe, baramwitegereza kuko bari bamwegereye, bigaragaza ko bishimiye kuba bamubonye amaso ku maso.

Iyi foto yanyuze benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagiye bayisangiza abantu, bavuga ko akanyamuneza k’aba bana kongeye gushimangira urukundo Abanyarwanda mu ngeri zose bakunda Umukuru w’Igihugu cyabo.

Ku munsi wa nyuma w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; mu kiganiro yatanze, yaboneyeho kubwira Perezida Kagame ko urubyiruko rw’u Rwanda rumukunda bizira uburyaya, aho yagize ati “Urubyiruko rwinshi bagukunda ijana ku ijana.”

Akanyamuneza kari kose kuri aba bana ubwo babonaga Perezida Kagame imbonankubone
Kuri uyu wa Kane kandi Perezida wa Guinée-Conakry na we yagendereye u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − one =

Previous Post

Ngoma: Abanyeshuri baburiye ibikoresho mu nkongi yibasiye icumbi ryabo bakorewe igikorwa cyabanejeje

Next Post

America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

IZIHERUKA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we
MU RWANDA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.