Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO Y’UBWUZU: Abana bagaragaje akanyamuneza k’amahirwe yo kwegera Perezida Kagame imbonankubone

radiotv10by radiotv10
26/01/2024
in MU RWANDA
0
IFOTO Y’UBWUZU: Abana bagaragaje akanyamuneza k’amahirwe yo kwegera Perezida Kagame imbonankubone
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto y’abana bato bagiye kwakira Perezida wa Guinée -Conakry, Lt Gen Mamady Doumbouya na Madamu we bagendereye u Rwanda, bari kwitegereza Perezida Paul Kagame; ikomeje kunyura benshi.

Ni ifoto y’abana babiri; umuhungu n’umukobwa bari bacigatiye indabo zo guhereza abashyitsi; Perezida w’inzibacyuho wa Guinée –Conakry, Lt Gen Mamady Doumbouya ndetse na Madamu we Lauriane Doumbouya, bageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Ubwo Perezida Paul Kagame yari agiye kwakira aba bashyitsi bagendereye u Rwanda, aba bana bato bari bafite indabo zo kubahereza, nk’ikimenyetso ko u Rwanda rubakiranye ubwuzu, bisanzwe bikorerwa abashyitsi bageze ku Kibuga cy’Indege, aba bana bagaragaje ko bishimiye kubona imbonankubone Perezida Kagame.

Ubwo indege yazanye Mamady Doumbouya na Madamu we yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Umukuru w’u Rwanda yari atagereje kubakira, mu gihe aba bana na bo babigiriyemo amahirwe, baramwitegereza kuko bari bamwegereye, bigaragaza ko bishimiye kuba bamubonye amaso ku maso.

Iyi foto yanyuze benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bagiye bayisangiza abantu, bavuga ko akanyamuneza k’aba bana kongeye gushimangira urukundo Abanyarwanda mu ngeri zose bakunda Umukuru w’Igihugu cyabo.

Ku munsi wa nyuma w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; mu kiganiro yatanze, yaboneyeho kubwira Perezida Kagame ko urubyiruko rw’u Rwanda rumukunda bizira uburyaya, aho yagize ati “Urubyiruko rwinshi bagukunda ijana ku ijana.”

Akanyamuneza kari kose kuri aba bana ubwo babonaga Perezida Kagame imbonankubone
Kuri uyu wa Kane kandi Perezida wa Guinée-Conakry na we yagendereye u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 11 =

Previous Post

Ngoma: Abanyeshuri baburiye ibikoresho mu nkongi yibasiye icumbi ryabo bakorewe igikorwa cyabanejeje

Next Post

America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.