Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ifoto y’umubyeyi w’Umunya-Ukraine wakomeretse cyane ari konsa uruhinja rwe yashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
22/03/2022
in MU RWANDA
0
Ifoto y’umubyeyi w’Umunya-Ukraine wakomeretse cyane ari konsa uruhinja rwe yashenguye benshi

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi w’imyaka 27 y’amavuko wo muri Ukraine, wakomerekejwe n’ibisasu by’ingabo z’u Burusiya, yafotowe ari mu bitaro ari konsa uruhinja rwe ry’ibyumweru 6, benshi mu babonye iyi foto bagize agahinda.

Uyu mubyeyi witwa Olga wakomerekejwe cyane n’utumanyu tw’ibisasu bya misile by’abasirikare b’u Burusiya bari kurwana intambara muri Ukraine, ubu ari kwitabwaho kwa muganga.

Olga n’umwana we barokotse ibyo bisasu byatewe mu gicuku aho bari bari, bajyanywe kwa muganga ariko uyu mubyeyi yakomeretse cyane.

Uyu mubyeyi wajyanywe mu bitaro n’uruhinja rwe, nyuma yaje gutora ka mitende anaherezwa uruhinja rwe ngo arwonze ndetse ifoto ye ikaba yagiye igarukwaho cyane.

Bamwe mu bari inyuma igihugu cya Ukraine kimaze iminsi kiri mu kangaratete k’intambara cyashojweho n’u Burusiya, batanze ibitekerezo kuri iyi foto, bavuze ko ari ikindi kimenyetso kigaragaza ingaruka zikomeye zo kuba u Burusiya bwaravogereye Ukraine.

Iyi foto ya Olga imugaragaza ari mu gitanda cy’indembe afite igipfuko gitamirije mu mutwe ndetse bigaragara ko afite ibikomere mu maso ariko ari konsa uruhinja rwe.

Olga uvuga ko yabonaga amaraso yuzuye ku ruhinja rwe, avuga ko yakekaga ko ari ayarwo nyamara ahubwo ari aye.

Yagize ati “Nabonaga amararo yuzuye ku ruhinja, ngakeka ko ari amaraso ye.”

Olga yatangaje ko uruhinja rwe yari yarworoshe ikiringiti gikomeye ku buryo ari cyo cyamurokoye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Next Post

I Kigali bihora ari bishya…Ahategerwa imodoka hagiye gushyirwa ubwugamo bugezweho

Related Posts

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

by radiotv10
11/11/2025
0

Iraguha Clement wari uzwi nka Mwarimu Clement mu kazi ko kwigisha gutwara imodoka, yitabye Imana bikekwa ko yiyahuye mu Kiyaga...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

by radiotv10
11/11/2025
0

Catholic priests and nuns from Rwanda, Burundi, and the Democratic Republic of Congo have gathered in Kigali for discussions aimed...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

by radiotv10
11/11/2025
0

Abapadiri n’Ababikira ba Kiliziya Gatulika yo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye mu biganiro...

IZIHERUKA

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka
MU RWANDA

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

by radiotv10
11/11/2025
0

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

11/11/2025
Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
I Kigali bihora ari bishya…Ahategerwa imodoka hagiye gushyirwa ubwugamo bugezweho

I Kigali bihora ari bishya…Ahategerwa imodoka hagiye gushyirwa ubwugamo bugezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.