Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ifoto y’umubyeyi w’Umunya-Ukraine wakomeretse cyane ari konsa uruhinja rwe yashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
22/03/2022
in MU RWANDA
0
Ifoto y’umubyeyi w’Umunya-Ukraine wakomeretse cyane ari konsa uruhinja rwe yashenguye benshi

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi w’imyaka 27 y’amavuko wo muri Ukraine, wakomerekejwe n’ibisasu by’ingabo z’u Burusiya, yafotowe ari mu bitaro ari konsa uruhinja rwe ry’ibyumweru 6, benshi mu babonye iyi foto bagize agahinda.

Uyu mubyeyi witwa Olga wakomerekejwe cyane n’utumanyu tw’ibisasu bya misile by’abasirikare b’u Burusiya bari kurwana intambara muri Ukraine, ubu ari kwitabwaho kwa muganga.

Olga n’umwana we barokotse ibyo bisasu byatewe mu gicuku aho bari bari, bajyanywe kwa muganga ariko uyu mubyeyi yakomeretse cyane.

Uyu mubyeyi wajyanywe mu bitaro n’uruhinja rwe, nyuma yaje gutora ka mitende anaherezwa uruhinja rwe ngo arwonze ndetse ifoto ye ikaba yagiye igarukwaho cyane.

Bamwe mu bari inyuma igihugu cya Ukraine kimaze iminsi kiri mu kangaratete k’intambara cyashojweho n’u Burusiya, batanze ibitekerezo kuri iyi foto, bavuze ko ari ikindi kimenyetso kigaragaza ingaruka zikomeye zo kuba u Burusiya bwaravogereye Ukraine.

Iyi foto ya Olga imugaragaza ari mu gitanda cy’indembe afite igipfuko gitamirije mu mutwe ndetse bigaragara ko afite ibikomere mu maso ariko ari konsa uruhinja rwe.

Olga uvuga ko yabonaga amaraso yuzuye ku ruhinja rwe, avuga ko yakekaga ko ari ayarwo nyamara ahubwo ari aye.

Yagize ati “Nabonaga amararo yuzuye ku ruhinja, ngakeka ko ari amaraso ye.”

Olga yatangaje ko uruhinja rwe yari yarworoshe ikiringiti gikomeye ku buryo ari cyo cyamurokoye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 20 =

Previous Post

Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Next Post

I Kigali bihora ari bishya…Ahategerwa imodoka hagiye gushyirwa ubwugamo bugezweho

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I Kigali bihora ari bishya…Ahategerwa imodoka hagiye gushyirwa ubwugamo bugezweho

I Kigali bihora ari bishya…Ahategerwa imodoka hagiye gushyirwa ubwugamo bugezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.