• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

radiotv10by radiotv10
02/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa rukatiye igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abanyapolitiki n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, bakomeje kucyamaganira kure.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rw’i Kinshasa ruhamije Kabila ibyaha birimo ibyo kugambanira Igihugu, aho ubutegetsi bwa Congo bumushinja gukorana n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi buriho muri iki Gihugu.

Umuryango uharanira Uburenganzira bwa muntu uzwi nka CCDH (Chaire Congolaise des Droits de l’Homme) wamaganiye kure iki gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabira, uvuga ko kigaragaza “ubutabera bwo kwihorera kandi bubogamye”.

Eloi Lubilansam, Umuhuzabikorwa w’uyu muryango, yavuze ko “ubutabera bwa Congo bwamaze gucika integer kubera ibikorwa bitaboneye bibugaragaramo ndetse bwagizwe igikoresho cya politiki.”

Yavuye ko “Ubutabera budakwiye kuba ukuboko kwa politiki, cyangwa igikoresho cyo kwihorera.”

Uyu Muyobozi w’Umuryango uharanira Uburenganzira bwa muntu, yibukije ko Joseph Kabila agomba guhabwa uburenganzira bwo kwiregura, kandi ihame ryo kuba umwere igihe atarahamwa n’icyaha rikubahirizwa kuri we, akanahabwa ubutabera butatabogamye.

Uyu Muryango kandi wasabye ubuyobozi bw’Ubucamanza bwa Congo, kubaha ibiteganywa n’Itegeko Nshinga ndetse n’amasezerano mpuzamahanga iki Gihugu cyemeye.

Iki cyemezo cy’igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila, kinateganya ko agomba kwishyura miliyari 33 USD z’indishyi z’ibyo ashinjwa kwangiza, ndetse zirimo Miliyari 29 zigomba guhabwa uruhande rwa gisivile, ndetse na miliyari 2 agomba gutanga kuri buri Ntara ebyiri, iya Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Next Post

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.