Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa

radiotv10by radiotv10
02/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila wayoboye Congo gikomeje guhagurukirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa rukatiye igihano cy’urupfu Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abanyapolitiki n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, bakomeje kucyamaganira kure.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rw’i Kinshasa ruhamije Kabila ibyaha birimo ibyo kugambanira Igihugu, aho ubutegetsi bwa Congo bumushinja gukorana n’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi buriho muri iki Gihugu.

Umuryango uharanira Uburenganzira bwa muntu uzwi nka CCDH (Chaire Congolaise des Droits de l’Homme) wamaganiye kure iki gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabira, uvuga ko kigaragaza “ubutabera bwo kwihorera kandi bubogamye”.

Eloi Lubilansam, Umuhuzabikorwa w’uyu muryango, yavuze ko “ubutabera bwa Congo bwamaze gucika integer kubera ibikorwa bitaboneye bibugaragaramo ndetse bwagizwe igikoresho cya politiki.”

Yavuye ko “Ubutabera budakwiye kuba ukuboko kwa politiki, cyangwa igikoresho cyo kwihorera.”

Uyu Muyobozi w’Umuryango uharanira Uburenganzira bwa muntu, yibukije ko Joseph Kabila agomba guhabwa uburenganzira bwo kwiregura, kandi ihame ryo kuba umwere igihe atarahamwa n’icyaha rikubahirizwa kuri we, akanahabwa ubutabera butatabogamye.

Uyu Muryango kandi wasabye ubuyobozi bw’Ubucamanza bwa Congo, kubaha ibiteganywa n’Itegeko Nshinga ndetse n’amasezerano mpuzamahanga iki Gihugu cyemeye.

Iki cyemezo cy’igihano cy’urupfu cyakatiwe Joseph Kabila, kinateganya ko agomba kwishyura miliyari 33 USD z’indishyi z’ibyo ashinjwa kwangiza, ndetse zirimo Miliyari 29 zigomba guhabwa uruhande rwa gisivile, ndetse na miliyari 2 agomba gutanga kuri buri Ntara ebyiri, iya Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − twelve =

Previous Post

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Next Post

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.