Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igihugu cyacu gitewe ishema namwe- Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/12/2021
in MU RWANDA
0
Igihugu cyacu gitewe ishema namwe- Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yagize ati “Nubwo habayeho COVID ariko mwakomeje kuzuza inshingano ndetse munarenzeho.”

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, yageneye ubutumwa abo mu nzego z’umutekano abashimira umuhate ukomeje kubaranga watumye bakomeza kuzuza inshingano zabo no muri ibi bihe bigoye byaranzwe na COVID-19.

Buri mpera z’umwaka Perezida wa Repubulika agenera ubutumwa ingabo z’u Rwanda ndetse n’abandi bo mu nzego z’umutekano.

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu izina rya Guverinoma, mu izina ry’Abaturarwanda no mu izina rye bwite yifurije ba Ofisiye n’abandi basirikare mu ngabo z’u Rwanda, n’abo mu zindi nzego z’umutekano n’imiryango yabo kugira iminsi mikuru myiza.

Umukuru w’u Rwanda ukunda kugaragaza ko ibikorwa byose by’amajyambere bishingira ku mutekano n’ubusugire bw’igihugu, yongeye gushyimira abo mu nzego z’umutekano umuhate bakomeje kugaragaza kabone nubwo habayeho imbogamizi.

Ati “Nubwo hari izo mbogamizi zirimo n’icyorezo cya COVID-19, mwakomeje kugera ku ntego ndetse no kurenzaho ku byo mwari mwitezweho mubikorana ubudasa n’ubunyamwuga. Igihugu cyacu gitewe ishema namwe.”

Umukuru w’u Rwanda uherutse gusura ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique, yaboneyeho kongera gushimira abo muri izi nzego bari mu bihugu binyuranye aho bagiye mu butumwa bw’akazi.

Ati “Kuba kure y’abo mukunda, by’umwihariko mu bihe by’iminsi mikuru, bigaragaza umuhate wanyu mu kwitangira amahoro n’ituze ku mugabane wacu n’ahandi.”

Perezida Kagame yabonyeho gusaba abakora muri izi nzego z’umutekano gukomeza kurangwa n’indangagaciro ziboneye zikomeza kuranga Abanyarwanda ndetse n’ikiremwamuntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Kayonza: Imvubu yoneraga abaturage yarashwe ihita igaburiwa izindi ngo kuko abantu yabagwa nabi

Next Post

Kanyombya ari mu bafashwe bari gukina film barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kanyombya ari mu bafashwe bari gukina film barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Kanyombya ari mu bafashwe bari gukina film barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.