Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igihugu cyacu gitewe ishema namwe- Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/12/2021
in MU RWANDA
0
Igihugu cyacu gitewe ishema namwe- Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yagize ati “Nubwo habayeho COVID ariko mwakomeje kuzuza inshingano ndetse munarenzeho.”

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, yageneye ubutumwa abo mu nzego z’umutekano abashimira umuhate ukomeje kubaranga watumye bakomeza kuzuza inshingano zabo no muri ibi bihe bigoye byaranzwe na COVID-19.

Buri mpera z’umwaka Perezida wa Repubulika agenera ubutumwa ingabo z’u Rwanda ndetse n’abandi bo mu nzego z’umutekano.

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu izina rya Guverinoma, mu izina ry’Abaturarwanda no mu izina rye bwite yifurije ba Ofisiye n’abandi basirikare mu ngabo z’u Rwanda, n’abo mu zindi nzego z’umutekano n’imiryango yabo kugira iminsi mikuru myiza.

Umukuru w’u Rwanda ukunda kugaragaza ko ibikorwa byose by’amajyambere bishingira ku mutekano n’ubusugire bw’igihugu, yongeye gushyimira abo mu nzego z’umutekano umuhate bakomeje kugaragaza kabone nubwo habayeho imbogamizi.

Ati “Nubwo hari izo mbogamizi zirimo n’icyorezo cya COVID-19, mwakomeje kugera ku ntego ndetse no kurenzaho ku byo mwari mwitezweho mubikorana ubudasa n’ubunyamwuga. Igihugu cyacu gitewe ishema namwe.”

Umukuru w’u Rwanda uherutse gusura ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique, yaboneyeho kongera gushimira abo muri izi nzego bari mu bihugu binyuranye aho bagiye mu butumwa bw’akazi.

Ati “Kuba kure y’abo mukunda, by’umwihariko mu bihe by’iminsi mikuru, bigaragaza umuhate wanyu mu kwitangira amahoro n’ituze ku mugabane wacu n’ahandi.”

Perezida Kagame yabonyeho gusaba abakora muri izi nzego z’umutekano gukomeza kurangwa n’indangagaciro ziboneye zikomeza kuranga Abanyarwanda ndetse n’ikiremwamuntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + three =

Previous Post

Kayonza: Imvubu yoneraga abaturage yarashwe ihita igaburiwa izindi ngo kuko abantu yabagwa nabi

Next Post

Kanyombya ari mu bafashwe bari gukina film barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kanyombya ari mu bafashwe bari gukina film barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Kanyombya ari mu bafashwe bari gukina film barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.