Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage babiri bo mu Turere twa Rutsiro na Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, babonye ibisasu byo mu bwoko bwa ‘Grenade’ ubwo bari mu mirimo yabo mu mirima, aho bikekwa ko ari ibyasizwe n’izahoze ari ingabo zatsinzwe zateguye zikanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Igisasu kimwe cyabonywe n’umugore witwa Vestine Manizabayo w’imyaka 39 mu Mudugudu wa Tawuni mu Kagari ka Nganzo, Umurenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro.

Ni mu gihe ikindi cyabonywe n’umusore w’imyaka 18 mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Shagasha, Umurenge wa Gihundwe, mu Karere ka Rusizi.

Igisasu cyabonywe n’uriya mugore, ni grenade yo mu bwoko bamwe bita iz’uducuma, yayitahuye ubwo yari mu murima ari guhinga, agakubita isuka akabona irazamutse, agahita amenyesha inzego z’ibanze na zo zihutiye kubwira iz’umutekano.

Abaturanyi b’uyu mubyeyi, bavuga ko nyuma yuko iki gisasu kibonetse, inzego z’umutekano zahise ziza kugifata, zikanahumuriza abaturage.

Ati “Byadusigiye isomo ryo kujya duhinga dushishoza, icyo tubonye dushidikanyaho ntitujye kukigaragura ngo turareba icyo ari cyo ahubwo tugatanga amakuru inzego z’umutekano zikaza zikareba, zasanga atari igikoresho cyahungabanya umutekano umuntu agakomeza imirimo ye.”

Ni mu gihe iyabonywe n’umusore wo mu Karere ka Rusizi, we yari ari gutema igiti mu murima w’umuturage, yo yari iyo mu bwoko bwa Stick Hand Grenade, isa nk’irambuye.

Umwe mu baturage bo muri aka gace kabonetsemo iyi grenade yatahuwe n’umusore, yagize ati “Akikibona yatanze amakuru mu nzego zishinzwe umutekano ziraza zirakijyana, dusabwa kujya dutanga amakuru aho tubibonye hose tutabikinishije.”

Ni mu gihe kandi hatarashira icyumweru, n’ubundi muri iyi Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Kirimbi mu Kagari ka Muhororo mu Mudugudu wa Giseke, undi muturage na we yabonye agasanduku k’amasasu (magazine) ndetse n’amasasu 22.

Ibi byose kimwe na ziriya Grenade, bigaragara nk’ibimaze igihe kinini mu butaka, aho bikekwa ko ari ibyasize n’izahoze ari ingabo za Leta yateguye ikanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, zagiye zisiga ubwo zerecyezaga mu buhungiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure, yavuze ko ibi bisasu byabonetse koko, kandi ko Inzego z’umutekano zahise zikora ibigomba gukorwa. Yagize ati “Ibyo bisasu byombi byaturikijwe n’izego zibishinzwe nyuma yuko zibimenyeshejwe.”

SP Karekezi Twizere Bonaventure avuga ko guturista ibi bisasu, biba bigamije kwirinda ko byateza impanuka mu baturage, aboneraho kwibutsa abaturage ko igihe babonye igikoresho nk’iki badasobanukiwe, kujya bagira amakenga bagahita bamenyesha inzego.

Grenade imwe yabonetse mu Karere ka Rutsiro
Indi iboneka mu ka Rusizi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + seven =

Previous Post

Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

Next Post

Umuhanzi wamamaye muri Muzika Nyarwanda yakoze ubukwe bwa gatatu mu myaka 9

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wamamaye muri Muzika Nyarwanda yakoze ubukwe bwa gatatu mu myaka 9

Umuhanzi wamamaye muri Muzika Nyarwanda yakoze ubukwe bwa gatatu mu myaka 9

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.