Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage babiri bo mu Turere twa Rutsiro na Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, babonye ibisasu byo mu bwoko bwa ‘Grenade’ ubwo bari mu mirimo yabo mu mirima, aho bikekwa ko ari ibyasizwe n’izahoze ari ingabo zatsinzwe zateguye zikanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Igisasu kimwe cyabonywe n’umugore witwa Vestine Manizabayo w’imyaka 39 mu Mudugudu wa Tawuni mu Kagari ka Nganzo, Umurenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro.

Ni mu gihe ikindi cyabonywe n’umusore w’imyaka 18 mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Shagasha, Umurenge wa Gihundwe, mu Karere ka Rusizi.

Igisasu cyabonywe n’uriya mugore, ni grenade yo mu bwoko bamwe bita iz’uducuma, yayitahuye ubwo yari mu murima ari guhinga, agakubita isuka akabona irazamutse, agahita amenyesha inzego z’ibanze na zo zihutiye kubwira iz’umutekano.

Abaturanyi b’uyu mubyeyi, bavuga ko nyuma yuko iki gisasu kibonetse, inzego z’umutekano zahise ziza kugifata, zikanahumuriza abaturage.

Ati “Byadusigiye isomo ryo kujya duhinga dushishoza, icyo tubonye dushidikanyaho ntitujye kukigaragura ngo turareba icyo ari cyo ahubwo tugatanga amakuru inzego z’umutekano zikaza zikareba, zasanga atari igikoresho cyahungabanya umutekano umuntu agakomeza imirimo ye.”

Ni mu gihe iyabonywe n’umusore wo mu Karere ka Rusizi, we yari ari gutema igiti mu murima w’umuturage, yo yari iyo mu bwoko bwa Stick Hand Grenade, isa nk’irambuye.

Umwe mu baturage bo muri aka gace kabonetsemo iyi grenade yatahuwe n’umusore, yagize ati “Akikibona yatanze amakuru mu nzego zishinzwe umutekano ziraza zirakijyana, dusabwa kujya dutanga amakuru aho tubibonye hose tutabikinishije.”

Ni mu gihe kandi hatarashira icyumweru, n’ubundi muri iyi Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Kirimbi mu Kagari ka Muhororo mu Mudugudu wa Giseke, undi muturage na we yabonye agasanduku k’amasasu (magazine) ndetse n’amasasu 22.

Ibi byose kimwe na ziriya Grenade, bigaragara nk’ibimaze igihe kinini mu butaka, aho bikekwa ko ari ibyasize n’izahoze ari ingabo za Leta yateguye ikanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, zagiye zisiga ubwo zerecyezaga mu buhungiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure, yavuze ko ibi bisasu byabonetse koko, kandi ko Inzego z’umutekano zahise zikora ibigomba gukorwa. Yagize ati “Ibyo bisasu byombi byaturikijwe n’izego zibishinzwe nyuma yuko zibimenyeshejwe.”

SP Karekezi Twizere Bonaventure avuga ko guturista ibi bisasu, biba bigamije kwirinda ko byateza impanuka mu baturage, aboneraho kwibutsa abaturage ko igihe babonye igikoresho nk’iki badasobanukiwe, kujya bagira amakenga bagahita bamenyesha inzego.

Grenade imwe yabonetse mu Karere ka Rutsiro
Indi iboneka mu ka Rusizi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − six =

Previous Post

Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

Next Post

Umuhanzi wamamaye muri Muzika Nyarwanda yakoze ubukwe bwa gatatu mu myaka 9

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wamamaye muri Muzika Nyarwanda yakoze ubukwe bwa gatatu mu myaka 9

Umuhanzi wamamaye muri Muzika Nyarwanda yakoze ubukwe bwa gatatu mu myaka 9

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.