Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa ku cyatumye umwarimu w’i Nyanza ashaka kwiyambura ubuzima

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in MU RWANDA
0
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Gitovu mu Karere ka Nyanza, yagerageje kwiyahura anyoye umuti wica udukoko, ariko Imana ikinga akaboko, aho bikekwa ko yabitewe n’ibibazo asanzwe afitanye n’umugore we.

Uyu mwarimu w’imyaka 38 y’amavuko, asanzwe yigisha mu ishuri rya Groupe Scolaire Gitovu ryo mu mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza.

Amakuru avuga ko uyu murezi yaje kwigisha muri iri shuri mu ntangiro z’uku kwezi, avuye mu Rwunge rw’Amashuri rwa Katarara mu Murenge wa Ntyazo i Nyanza.

Abazi iby’uyu mwarimu, bavuga ko uku kugerageza kwiyahura kwe, bishobora kuba byatewe n’ibibazo amaranye igihe, birimo ibyo kuba amaze igihe mu makimbirane n’umugore we.

Yagerageje kwiyahura akoresheje umuti wica udukoko uzwi nka Simikombe, abikoreye aho atuye mu Mudugudu wa Gahogo, mu Kagari ka Shyira mu Murenge wa Busoro. Nyuma yuko uyu mwarimu agerageje kwiyabura Imana igakinga akaboko, yahise yihutanwa kwa muganga, aho yajyanywe kwitabwaho ku Kigo Nderabuzima cya Busoro mu Karere ka Nyanza.

Amakuru yo kugerageza kwiyambura ubuzima k’uyu mwarimu, yanemejwe n’Umuyobozi w’Ishuri yigishamo rya G.S Gitovu, Harindintwari Emmanuel.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Umuseke, uyu muyobozi w’iri shuri yagize ati “Ayo makuru nanjye narayumvise ibyisumbuyeho byabazwa kwa muganga aho ari kwitabwaho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 13 =

Previous Post

Rurangiranwa w’ibihe byose muri ruhago ashobora kongera gusekerwa n’amahirwe

Next Post

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo yaganiriye na Perezida Kagame nyuma yuko anahamagaye Tshisekedi

Related Posts

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

IZIHERUKA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi
AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo yaganiriye na Perezida Kagame nyuma yuko anahamagaye Tshisekedi

Umuhuza mu by’u Rwanda na Congo yaganiriye na Perezida Kagame nyuma yuko anahamagaye Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.