Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Photo/ Internet: Ifoto yifashishijwe n'iy'umurambo w'undi musirikare wa Congo wagaragaye hafi y'umupaka n'u Rwanda mu bihe byatambutse

Share on FacebookShare on Twitter

Umurambo w’umusirikare w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaye hafi y’urugabano rw’iki Gihugu n’u Rwanda, birakekwa ko yishwe na bagenzi be ba FARDC bari basinze.

Ni umurambo wabonetse kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Nzeri 2024, ariko bikaba bikekwa ko uyu musirikare yishwe mu ijoro ryari ryabanje ryo ku wa Kabiri tariki 17 Nzeri.

Umurambo w’uyu musirikare wa FARDC wagaragaye muri Gurupoma ya Uvira muri Teritwari ya Nyiragongo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, hafi y’aho DRC igabanira n’u Rwanda, aho aka gace gakora ku Karere ka Rubavu.

Abaturage bo mu Rwanda batuye mu Mudugudu wa Bisizi mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuze ko babonaga umurambo w’uyu musirikare hakurya mu butaka bwa Congo, ndetse iruhande rwe hari imbunda yo mu bwoko bwa AK 47 ikoreshwa mu ntambara.

Bavuze kandi ko mu masaha y’ijoro ryari ryabanje [ku wa Kabiri] bumvise urusaku rw’amasasu menshi yavugiraga hakurya muri Congo, ariko ntibabyiteho kuko muri aka gace bamaze kumenyera amasasu aba avugira muri Congo ahasanzwe hahora ibibazo by’umutekano mucye.

Birakekwa ko uyu musirikare wa Congo yishwe arashwe na bagenzi be bo muri FARDC, muri iryo joro babitewe n’ubusinzi, kuko bikunze kuba ko abasirikare bo muri Congo Kinshasa basinda bakarasana.

Nyuma yuko uyu murambo ubonetse, hiyambajwe Urwego EJVM rushinzwe kugenzura imikoreshereze y’imipaka mu karere, rwanakoze isuzuma ariko ntihatangazwa icyaba cyahitanye uyu musirikare.

Umurambo wo wahise woherezwa mu Bitaro bya gisirikare bya Katindo i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Utavuga rumwe na Tshisekedi yakomoje kuri FDLR anagaragaza ahazava umuti w’ibibazo bya Congo

Next Post

RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.