Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Photo/ Internet: Ifoto yifashishijwe n'iy'umurambo w'undi musirikare wa Congo wagaragaye hafi y'umupaka n'u Rwanda mu bihe byatambutse

Share on FacebookShare on Twitter

Umurambo w’umusirikare w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaye hafi y’urugabano rw’iki Gihugu n’u Rwanda, birakekwa ko yishwe na bagenzi be ba FARDC bari basinze.

Ni umurambo wabonetse kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Nzeri 2024, ariko bikaba bikekwa ko uyu musirikare yishwe mu ijoro ryari ryabanje ryo ku wa Kabiri tariki 17 Nzeri.

Umurambo w’uyu musirikare wa FARDC wagaragaye muri Gurupoma ya Uvira muri Teritwari ya Nyiragongo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, hafi y’aho DRC igabanira n’u Rwanda, aho aka gace gakora ku Karere ka Rubavu.

Abaturage bo mu Rwanda batuye mu Mudugudu wa Bisizi mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuze ko babonaga umurambo w’uyu musirikare hakurya mu butaka bwa Congo, ndetse iruhande rwe hari imbunda yo mu bwoko bwa AK 47 ikoreshwa mu ntambara.

Bavuze kandi ko mu masaha y’ijoro ryari ryabanje [ku wa Kabiri] bumvise urusaku rw’amasasu menshi yavugiraga hakurya muri Congo, ariko ntibabyiteho kuko muri aka gace bamaze kumenyera amasasu aba avugira muri Congo ahasanzwe hahora ibibazo by’umutekano mucye.

Birakekwa ko uyu musirikare wa Congo yishwe arashwe na bagenzi be bo muri FARDC, muri iryo joro babitewe n’ubusinzi, kuko bikunze kuba ko abasirikare bo muri Congo Kinshasa basinda bakarasana.

Nyuma yuko uyu murambo ubonetse, hiyambajwe Urwego EJVM rushinzwe kugenzura imikoreshereze y’imipaka mu karere, rwanakoze isuzuma ariko ntihatangazwa icyaba cyahitanye uyu musirikare.

Umurambo wo wahise woherezwa mu Bitaro bya gisirikare bya Katindo i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 4 =

Previous Post

Utavuga rumwe na Tshisekedi yakomoje kuri FDLR anagaragaza ahazava umuti w’ibibazo bya Congo

Next Post

RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.