Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikomangoma cy’i Burayi yagaragaye mu myitozo ya gisirikare bishimisha benshi (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
23/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igikomangoma cy’i Burayi yagaragaye mu myitozo ya gisirikare bishimisha benshi (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Igikomangoma cy’ubwami bwa Asturias muri Espagne, Princess Leonor uri mu myitozo ya gisirikare, yagaragaye yambaye impuzankano ya gisirikare avuye mu myitozo.

Princess Leonor wujuje imyaka 18 mu kwezi w’Ukwakira uyu mwaka, yagaragaye mu misozi miremire muri Astún muri Espagne irimo urubura rwinshi yambaye yifurebye bya gisirikare, ubwo yari agiye kwitoreza mu rubura.

Yagiye kandi no mu mikino yo gusiganwa ku rubura, ari na ho yafotorewe, bigaragara ko yiteguye uyu mukino, aho yari yafunze imisatsi ye kugira ngo akore imyitozo ntakimutega.

Ikinyamakuru Daily Mail, kivuga ko iki gikomangoma, biteganyijwe ko ari we zakurikiraho guhabwa ikamba ry’Umwamikazi, yagaragaje imbaraga nyinshi muri iyi myitozo yakoraga.

Kivuga kandi ko muri iyi myitozo yakoranye n’itsinda ry’abandi banyeshuri, yanagize umwanya wo kwifotozanya na bo, bigaragara ko yabyishimiye.

Iyi myitozo ya gisirikare, iki Gikomangoma Princess Leonor, ayikorera mu ishuri rya gisirikare riri mu misozi miremire rya Zaragoza Military Academy.

Ni ishuri kandi amazemo iminsi, aho bivugwa ko ya yamaze kurangiza isomo rya mbere ryo kumenyera ubuzima bwa gisirikare, ndetse ubwami bw’iwabo bukaba bwaragaragaje amafoto yicaye mu ishuri rya gisirikare, akurikiranye amasomo y’igisirikare.

 

Ivomo: Daily Mail

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 2 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda wujuje etaje yavuze ko igikurikiyeho ari ugushaka uzamumara irungu ayigiriramo

Next Post

Twiswe ibirumbo kubera kuririmba- Muyango agaragaza imvano y’indirimbo y’amateka ye

Related Posts

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

IZIHERUKA

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria
AMAHANGA

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

24/11/2025
10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Twiswe ibirumbo kubera kuririmba- Muyango agaragaza imvano y’indirimbo y’amateka ye

Twiswe ibirumbo kubera kuririmba- Muyango agaragaza imvano y’indirimbo y’amateka ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.