Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wujuje etaje yavuze ko igikurikiyeho ari ugushaka uzamumara irungu ayigiriramo

radiotv10by radiotv10
23/12/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Nyarwanda wujuje etaje yavuze ko igikurikiyeho ari ugushaka uzamumara irungu ayigiriramo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo za gakondo, Cyusa Ibrahim, ubu ni umwe mu batunze inzu zigeretse mu Rwanda, akaba anitegura gushaka umugore uzaza bakayibanamo ngo kuko ari kuyigiriramo irungu.

Cyusa ni umwe mu bahanzi bakunzwe mu njyana ya gakondo, akunze kuririmba mu misango y’ubukwe, yahiriwe n’umwaka wa 2023, urangiye atunze inzu ye igeretse yanamaze kwimukiramo.

Uyu muhanzi avuga ko abakunzi be, yaba abakunda ibihangano bye ndetse n’abagiye bamuha ibiraka mu misango y’ubukwe, ari bo akesha iki gikorwa yagezeho.

Ati “Ndashimira Imana, n’abampaye ubushobozi kugira ngo mbigereho, cyane cyane abakunzi banjye. Umuntu wese uzi ko yampaye akazi, rwose najya aca ku Ruyenzi azajye aza mugurire icyo ashaka kunywa.”

Cyusa avuga ko ibi byose abishimira Imana kuko hari ingero z’abandi bahanzi azi bakomeye banagize ubushobozi burenze ubwe ariko byarangiye batageze ku gikorwa nk’iki cyo kubona amacumbi yabo.

Uyu muhanzi avuga ko igisigaye ari ugushaka umugore bazabana muri iyi nzu, icyakora ko atazi igihe azamushakira, gusa ngo si cyera.

Ati “Ntawuvuma iritararenga, ariko ku bw’Imana ndumva ntashaka kurenza imyaka ibiri ntarongoye […] iki kizu kimaze kumbana kinini pe, hakenewe umumararungu.”

Cyusa wigeze kuvugwa mu rukundo n’umugore uba ku Mugabane w’u Burayi ariko bakaza gutandukana, avuga ko nubwo atigeze ajya ku gitutu cyo gushaka umugore, ariko igihe kigeze ngo amushake.

Cyusa yamaze kwimukira muri iyi nzu ye

Avuga ko ubu akeneye ugomba kuyimumariramo irungu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eight =

Previous Post

Abapolisi bashya ba Polisi y’u Rwanda bagaragaje imyitozo izabafasha gucunga neza umutekano w’Abaturarwanda

Next Post

Igikomangoma cy’i Burayi yagaragaye mu myitozo ya gisirikare bishimisha benshi (AMAFOTO)

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikomangoma cy’i Burayi yagaragaye mu myitozo ya gisirikare bishimisha benshi (AMAFOTO)

Igikomangoma cy’i Burayi yagaragaye mu myitozo ya gisirikare bishimisha benshi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.