Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
25/07/2023
in MU RWANDA
1
Igishobora kuba cyateye impanuka y’imodoka yari itwaye abakozi bane b’Akarere cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep yari itwaye abakozi bane b’Akarere ka Rutsiro, yakoroye impanuka mu Murenge wa Musasa muri aka Karere, irenga umuhanda igwa mu mukingo, ariko Imana ikinga akaboko, ntihagira uhagirira ikibazo. Hatangajwe igishobora kuba cyateye iyi mpanuka.

Iyi mpanuka yabaye mu masaha ya mu gitondo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2023, yari irimo abantu batanu barimo bane basanzwe ari abakozi b’Akarere ka Rutsiro, n’umushoferi, ubwo berecyezaga mu Murenge wa Nyabirasi ahabereye ubukangurambaga buhuriweho n’inzego z’ibanze n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ku bijyanye no guhugura abaturage ku by’amategeko

Umwe mu bageze ahabereye iyi mpanuka ikimara kuba ahagana saa yine, yavuze ko yasanze imodoka yataye umuhanda yaguye mu mukingo, ndetse abari bayirimo bari hafi aho ntakibazo bafite.

Aba bakozi b’Akarere bahise bohererezwa indi modoka, iberecyeza aho bari bagiye gukomeza akazi bari berecyejemo, kuko ntawakomeretse.

Niyitegeka Fabien usanzwe ari umukozi mu Karere ka Rutsiro ushinzwe itumanaho n’imibanire y’abaturage, yavuze ko nta muntu wari iyi modoka wagize ikibazo.

Agaruka ku gishobora kuba cyateye iyi mpanuka, yagize ati “byagaragaye ko ipine yaba yagize ikibazo igafunguka, imodoka irenga umuhanda igwa munsi y’umukingo.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Gahamanyi says:
    2 years ago

    Abashoferi bajye babanza kugenzura ibinyabiziga mbere yo gufata urugendo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Bwa mbere uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono avuze byinshi bimuri ku mutima

Next Post

Ab’i Rwamagana barema isoko ryo muri Kigali bahishuye igiteye impungenge bari barambiwe guceceka

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ab’i Rwamagana barema isoko ryo muri Kigali bahishuye igiteye impungenge bari barambiwe guceceka

Ab’i Rwamagana barema isoko ryo muri Kigali bahishuye igiteye impungenge bari barambiwe guceceka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.