Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y’ibyabaye i Goma

radiotv10by radiotv10
30/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y’ibyabaye i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwunamiye abasirikare n’abarwanyi ba Wazalendo baherutse kugwa mu mirwano batsindiwemo na M23 i Goma, buvuga ko nubwo bakomeje kuhasiga ubuzima ariko bizeye kuzatsinda.

Bikubiye mu itangazo ryo kunamira aba basirikare baherutse kugwa mu mirwano, aho ubuyobozi bwa FARDC buvuga ko ubutwari bwabo ari urugero rwiza rwo gukunda Igihugu.

Nubwo FARDC n’impande ziyifasha bamaze kuneshwa mu rugamba bari bahanganyemo na M23 mu Mujyi wa Goma, ubuyobozi bw’iki Gisirikare bwavuze ko “abasirikare ba FARDC n’abajene bakunda Igihugu ba Wazalendo i Goma bakomeje kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu. Umuhate wabo n’ubwitange bakoreye gukunda Igihugu ni isoko y’ishema ry’Abanyekongo.”

Ubu butumwa bwa FARDC bwo kunamira abasirikare baguye kuri uru rugamba, bukomeza buvuga ko “Duhaye agaciro abasirikare bacu baguye ku rugamba” aho iki gisirikare cyongeye kuzamura ibinyoma kivuga ko ngo bazize ubushotoranyi bw’u Rwanda. Kiti “Ubutwari bwabo ntituzabwibagirwa.”

Ubuyobozi bwa FARDC bwasoje ubutumwa bwabwo bugaragaza ko bugitsimbaraye ku mirwano nubwo abasirikare b’iki gisirikare bakomeje gutikirira ku rugamba, aho bwagize buti “Gukunda Igihugu cyangwa urupfu, ariko tuzatsinda.”

Ubu butumwa kandi buherekejwe n’ifoto yateguwe igaragaza ingofero ya gisirikare iteretse mu mbunda ishinze hasi, iriho n’umudari.

Iyi foto kandi yanditseho ubutumwa n’ubundi bwo kunamira abasirikare ba FARDC baguye ku rugamba, bugira buti “Umuhate wanyu, kwitanga kwanyu ndetse no gukorera ku ntego mu kurinda DRC ntibizibagirana.”

Mu mirwano yabaye ubwo umutwe wa M23 wafataga umujyi wa Goma, bivugwa ko abasirikare benshi n’abarwanyi ba FDLD na Wazalendo, bahasize ubuzima, mu gihe hari n’abafashe icyemezo cyo kumanika amaboko bagahungira mu Rwanda, aho bamwe mu baganirije itangazamakuru, bagaragazaga agahinda gakomeye k’ibyo biboneye ku rugamba, na bagenzi babo batabashije gukomezanya ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 7 =

Previous Post

Menya imyanzuro yafatiwe mu nama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yigaga ku bya Congo

Next Post

U Rwanda rwungutse Abenegihugu babiri b’Abanyaburayi bifuje kwinjira mu muryango w’Abanyarwanda

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwungutse Abenegihugu babiri b’Abanyaburayi bifuje kwinjira mu muryango w’Abanyarwanda

U Rwanda rwungutse Abenegihugu babiri b’Abanyaburayi bifuje kwinjira mu muryango w’Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.