Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y’ibyabaye i Goma

radiotv10by radiotv10
30/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y’ibyabaye i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwunamiye abasirikare n’abarwanyi ba Wazalendo baherutse kugwa mu mirwano batsindiwemo na M23 i Goma, buvuga ko nubwo bakomeje kuhasiga ubuzima ariko bizeye kuzatsinda.

Bikubiye mu itangazo ryo kunamira aba basirikare baherutse kugwa mu mirwano, aho ubuyobozi bwa FARDC buvuga ko ubutwari bwabo ari urugero rwiza rwo gukunda Igihugu.

Nubwo FARDC n’impande ziyifasha bamaze kuneshwa mu rugamba bari bahanganyemo na M23 mu Mujyi wa Goma, ubuyobozi bw’iki Gisirikare bwavuze ko “abasirikare ba FARDC n’abajene bakunda Igihugu ba Wazalendo i Goma bakomeje kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu. Umuhate wabo n’ubwitange bakoreye gukunda Igihugu ni isoko y’ishema ry’Abanyekongo.”

Ubu butumwa bwa FARDC bwo kunamira abasirikare baguye kuri uru rugamba, bukomeza buvuga ko “Duhaye agaciro abasirikare bacu baguye ku rugamba” aho iki gisirikare cyongeye kuzamura ibinyoma kivuga ko ngo bazize ubushotoranyi bw’u Rwanda. Kiti “Ubutwari bwabo ntituzabwibagirwa.”

Ubuyobozi bwa FARDC bwasoje ubutumwa bwabwo bugaragaza ko bugitsimbaraye ku mirwano nubwo abasirikare b’iki gisirikare bakomeje gutikirira ku rugamba, aho bwagize buti “Gukunda Igihugu cyangwa urupfu, ariko tuzatsinda.”

Ubu butumwa kandi buherekejwe n’ifoto yateguwe igaragaza ingofero ya gisirikare iteretse mu mbunda ishinze hasi, iriho n’umudari.

Iyi foto kandi yanditseho ubutumwa n’ubundi bwo kunamira abasirikare ba FARDC baguye ku rugamba, bugira buti “Umuhate wanyu, kwitanga kwanyu ndetse no gukorera ku ntego mu kurinda DRC ntibizibagirana.”

Mu mirwano yabaye ubwo umutwe wa M23 wafataga umujyi wa Goma, bivugwa ko abasirikare benshi n’abarwanyi ba FDLD na Wazalendo, bahasize ubuzima, mu gihe hari n’abafashe icyemezo cyo kumanika amaboko bagahungira mu Rwanda, aho bamwe mu baganirije itangazamakuru, bagaragazaga agahinda gakomeye k’ibyo biboneye ku rugamba, na bagenzi babo batabashije gukomezanya ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Menya imyanzuro yafatiwe mu nama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yigaga ku bya Congo

Next Post

U Rwanda rwungutse Abenegihugu babiri b’Abanyaburayi bifuje kwinjira mu muryango w’Abanyarwanda

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwungutse Abenegihugu babiri b’Abanyaburayi bifuje kwinjira mu muryango w’Abanyarwanda

U Rwanda rwungutse Abenegihugu babiri b’Abanyaburayi bifuje kwinjira mu muryango w’Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.