• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 rikuyemo abarwanyi baryo ku bushake, kinabashinja ibinyoma ko ari bo bari inyuma y’ibikorwa by’ubusahuzi byabaye muri uyu mujyi.

Ni nyuma yuko ku Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026 Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko ryakuye abarwanyi baryo bose muri uyu Mujyi wa Uvira.

Inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo ukorana n’igisirikare cya Leta ya DRC, bahise bigabiza uyu Mujyi zitangira gusahura bimwe mu bikorwa bya bamwe mu Banyekongo bavuga Ikinyarwanda, no kubyangiza.

Gusa igisirikare cya Leta ya Congo, mu itangazo cyashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 19 Mutarama 2026, cyabaye nk’ikikura mu isoni, kivuga ko abarwanyi ba AFC/M23 ari bo basahuye ibyo bikorwa.

Muri iri tangazo, FARDC iviuga ko “yigaruriye umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026” nyuma yuko abarwanyi ba AFC/M23 bavuye muri uyu Mujyi.

Muri iri tangazo FARDC yongeye gushinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ko zikorana n’iri Huriro, yavuze ko ngo inamagana ibikorwa by’ubusahuzi ngo byakozwe n’abarwanyi ba AFC/M23 mbere yuko birukanwa.

Igisirikare cya DRC, kiti “Abasahuzi b’abasivili bagera kuri makumyabiri batawe muri yombi kandi bazashyikirizwa inkiko.”

Muri iri tangazo, ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwasoje buvuga ko “Bukomeje kohereza ingabo mu mujyi wa Uvira no mu bice biwukikije kugira ngo zihuze ibirindiro byazo kandi zirinde abaturage n’imitungo yabo.”

Ubwo inyeshyamba za Wazalendo zinjira muri uriya mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 ikuyemo abarwanyi bayo, bagaragaye bivuga imyato ko bamaze kuwigarurira.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, mu itangazo yashyize hanze ubwo muri Uvira hadukaga biriya bikorwa by’ubusahuzi, yavuze ko iri Huriro ryari ryabigaragaje mu mpungenge ryari ryatanze ubwo ryavugaga kuzarekura uyu mujyi, anavuga ko ibyo ryasabye birimo gushyiramo ingabo zidafite uruhande zibogamiyeho, bitubahirijwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Next Post

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw'umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.