Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisobanuro kidasobanutse cy’uvugwaho kuroga abavandimwe bapfuye inkurikirane bigateza impagarara

radiotv10by radiotv10
09/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisobanuro kidasobanutse cy’uvugwaho kuroga abavandimwe bapfuye inkurikirane bigateza impagarara
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru wo mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, uri gushyirwa mu majwi n’abaturanyi be ko ari inyuma y’urupfu rw’abo mu muryango umwe bapfuye impfu z’amarabira zikurikirana, avuga ko na we yabyumvise ko bari kumushinja amarozi ariko ko atabizi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Gashyantare 2023, ni bwo hamenyekanye urupfu rw’umwana w’umukobwa wari urangije amashuri yisumbuye witabye Imana akurikiye musaza we wapfuye mu mpera z’icyumweru gishize, na we wapfuye akurikiye Se.

Izi mpfu zikurikirana zitunguranye, zateye impagarara mu baturanyi, aho bamwe bakomeje kwemeza ko aba bantu bazize amarozi y’umukecuru utuye muri aka gace.

Icyakora uyu uvugwaho uburozi, mu gisobanuro yahaye umunyamakuru wa RADIOTV10, cyumvikanamo kubihakana nubwo nanone kitabitomora.

Uyu muturage avuga ko na we ari kumvana abaturanyi ko aba bantu bo mu muryango umwe, bishwe n’amarozi, ati “Ntabwo rwose njye mbizi. Twari duturanye ntabwo mbizi, uretse yuko njye numvise bavuga ko ari njyewe, rwose ariko njye ntabwo mbizi.”

Uyu muturage avuga ko uyu muturanyi we ashinjwa kurogera, basanzwe babanye nk’abaturanyi, ati “yaje ansanga aha kugeza n’izi saha.”

Umwe muri aba baturage bumvikanisha agahinda batewe n’ibi byago byagwiririye umuturanyi wabo, yavuze ko na bo ubwabo batiyumvisha ibi byamubayeho

Ati “Ibaze gushyingura ku wa Gatandatu, none agiye kongera gushyingura undi mukobwa, yashyinguye umugabo, ashyingura…ubu se… wagira ngo akora mu marimba.”

Aba baturage bemeza ko aba bantu bapfuye mu buryo bw’amarabira bazize amarozi, bavuga ko hakwiye kujyaho itegeko rihana abarozi.

Uyu muturage yakomeje agira ati “Ni uburozi nta no gukeka. Icyifuzo gihari ni uko haza itegeko, uwo byajya bifata akabihanirwa. Bahannye umwe amarozi yacika.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eleven =

Previous Post

DRCongo: Hatangajwe imibare yikubye 3 y’abapfiriye mu kugaragariza MONUSCO umujinya w’umuranduranzuzi

Next Post

Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

by radiotv10
30/05/2025
0

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri...

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

by radiotv10
30/05/2025
0

Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare...

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

by radiotv10
30/05/2025
0

Umusaza w’imyaka 62 wo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore uvugwaho kwicuruza...

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

by radiotv10
30/05/2025
0

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze...

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

by radiotv10
30/05/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y'Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo

Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.