Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igisubizo AFC/M23 iha Tshisekedi wavuze ko hari ibyashoboka ari uko yishwe

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi wa DRC avuze ko kuvanga igisirikare cy’Igihugu cye n’abari mu mitwe nka M23, byashoboka ari uko yishwe, Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ibyo basaba bitagomba urupfu rwa Perezida, kuko bari mu biganiro kandi biri kugenda neza.

Perezida Tshisekedi wari i Brussels mu cyumweru gishize, yanagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, abazwa niba ko igisirikare cy’Igihugu cye FARDC kizavangwa n’abahoze mu mitwe y’inyeshyamba.

Kimwe mu byakunze gusabwa n’Ihuriro AFC/M23, ni uko abarwanyi baryo bajya mu gisirikare cy’Igihugu dore ko biri no mu masezerano ubutegetsi bwa Congo bwagiranye na M23 muri 2013 ariko atarigeze ashyirwa mu bikorwa.

Perezida Tshisekedi mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yari i Burayi yabaye nk’urahira ko adateze kwemera ko Igisirikare kivangwa n’abahoze mu nyeshyamba, aho yavuze ko ibyo bishoboka atakiri mu mwuka w’abazima, aho yagize ati “Keretse nibanyica.”

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa, yavuze ko ibijyanye no kuvanga ingabo n’abahoze ari inyeshyamba, bitigeze bitanga umusaruro mu gihe cyose byagiye bikorwa.

Yagize ati “Ni ibyo byazanye ibibazo dufite, njye ndavuga nti ‘ntibizongera’ ndashaka ko tuganira ibibazo by’Igihugu ariko ntibivuze ko bigomba kurangira habayeho za ‘brassages’ na mixages’ tukinjiza mu nzego za Leta abantu bagumutse, abantu b’ubwenegihugu bushidikanywaho.”

Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Balinda Oscar, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru BBC, yavuze ko nubwo mu biganiro bari kugirana n’ubutegetsi bwa Congo i Doha muri Qatar bataragera kuri iriya ngingo yo kuvanga igisirikare, ariko ko izagerwaho.

Dr Balinda avuga ko nubwo iyi ngingo itaraganirwaho, ariko hari icyizere ko izagerwaho kandi ikazabonerwa igisubizo gishimishije.

Yavuze ko ibyatangajwe na Tshisekedi batazi aho abikura kuko kugira ngo biriya bishoboke bidasaba urupfu rwe, kuko bizagenwa n’ibi biganiro bari kugirana.

Yagize ati “Hari ibyagezweho, hari n’ibindi bigikomeza. Sinumva rero ko bisaba urupfu rwe, twe turahari, turi mu biganiro kandi birimo biragenda neza, kandi tubifitemo icyizere.”

Dr Balinda avuga ko iyi ngingo yo kuba M23 yashyirwa mu gisirikare cy’Igihugu, iri mu zigomba kuganirwaho mu biganiro bitaha.

Ati “Ibyo ntibiragerwaho, [ubu] turiga ku bibazo tubiturutse mu mizi, [ibyo] bizaza bikurikira, bizaza ari Doha ya gatandatu.”

Naho ku byatangajwe na Tshisekedi ko abagize M23 ari abantu bafite ubwenegihugu bushidikanywaho, Dr Balinda yavuze ko ari Abanyekongo bafite ubwenegihugu bw’inkomoko budashidikanywaho na gato.

Tshisekedi mu ijambo yavugiye mu nama ya Global Gateway, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufasha AFC/M23, aho yanakoresheje imvugo y’urwiyerurutso avuga ko igihe cyose yifuje amahoro, aboneraho no gusaba Perezida Paul Kagame ngo bazaganire, anamusaba ko yamusabira M23 ikarekura ibice yafashe.

Ni mu gihe Ihuriro AFC/M23 ryo ryatsembye ko ridashobora kurekura ibice rigenzura, kuko ari gakondo yabo nk’Abanyekongo, kandi ko ntahandi bafite ho kujya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 1 =

Previous Post

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Next Post

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.