Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya Trump cyafashwe nko kwibasira umunyamakuru wamwibukije ibidakwiye yavuze ku birabura

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cya Trump cyafashwe  nko kwibasira umunyamakuru wamwibukije ibidakwiye yavuze ku birabura
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabajijwe n’umunyamakuru impamvu Abanyamerika b’Abirabura bakwiye kumutora nyamara yaragiye abavugaho ibidakwiye, amusubiza igisubizo cyafashwe nko kumwibasira n’ubundi dore ko na we ari umwirabura.

Ni mu kiganiro cyatambutse kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Nyakanga 2024 kuri Televiziyo ya ABC News mu ihuriro ry’abanyamakuru b’abirabura.

Rachel Scott, Umunyamakuru wa ABC News, ubwo yafunguraga umwanya w’ibibazo b’ibisubizo muri iki kiganiro, yagarutse ku bitekerezo byagiye bitangwa na Donald Trump bitesha agaciro abirabura, nko kuvuga ko “bagomba gusubira aho bavuye, ari inyamaswa.”

Umunyamakuru ati “Wagiye wibasira Abanyamakuru b’abirabura ubita ko ari abahombyi, ko ibibazo byabo ari iby’ubugoryi, birimo ivanguraruhu…”

Akomeza agira ati “Ikibazo cyanjye nyakubahwa, ko ubu uri gusaba amajwi abirabura batora ni iyihe mpamvu abatora b’abirabura bagomba kukwizera nyuma yo kuba warakoresheje imvugo nk’izi.”

Trump wasubije bigaragara ko atangiranye uburakari, yateruye agira ati “Mbere na mbere ntabwo natekerezaga ko nabazwa ikibazo nk’iki mu buryo bugayitse nk’ubu. Ikibazo cya mbere koko ukakibaza utanambwiye ngo hello [bite] umerewe ute?”

Donald Trump wakunze kwibasira bimwe mu bitangazamakuru avuga ko bitangaza amakuru y’ibihuha, akaba yongeye kubisubiramo avuga iki cya ABC, yakomeje agaragaza ko atishimiye uburyo umunyamakuru yatangiye amubaza.

Ati “Biteye isoni kuba naje hano mu mwuka mwiza. Nkunda abirabura b’iki Gihugu, nakoreye byinshi abirabura b’iki Gihugu.”

Iki kiganiro kandi cyatangiye nyuma y’isaha irenga y’igihe cyagombaga gutangiriraho, aho Trump n’itsinda rye bavuze ko byatewe n’ibibazo bya tekiniki.

Yavuze kandi ko atumva ukuntu yitabiriye iri huriro ry’Ishyirahamwe ry’abanyamakuru b’abirabura, ntahasange Visi Perezida Kamala Harris nyamara bari baramubwiye ko na we azaba ahari.

Yavuze kandi ko ubuyobozi bw’iri shyirahamwe rya NABJ (National Association of Black Journalists) bwavuze ko buri gukorana n’itsinda rya Harris kugira ngo abe yakwitabira ikiganiro hakoreshejwe ikoranabuhanga cyangwa imbonankubone muri Nzeri, ariko ko muri iki cyumweru bitari gushoboka.

Ati “Ni ikibazo kidakwiye. Kuba utangiye ikibazo cyawe muri ubu buryo nyamara wakerereweho iminota 35, mu buryo nk’ubu bubi, ndabona ari agahomamunwa.”

Trump yakomeje ashimangira ko ku ngoma ye ari bwo abirabura bagize amahirwe batigeze bagira mu bihe byatambutse, kuko babonye imirimo, amashuri yabo agakora neza. Ati “Ni njye wabaye Perezida mwiza ku birabura, kuva ku butegetsi bwa Abraham Lincoln.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + sixteen =

Previous Post

Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Next Post

Nyuma y’iyicwa ry’Umuyobozi wa Hamas hamenyekanye andi makuru ku wari Umugaba mukuru wayo

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’iyicwa ry’Umuyobozi wa Hamas hamenyekanye andi makuru ku wari Umugaba mukuru wayo

Nyuma y’iyicwa ry’Umuyobozi wa Hamas hamenyekanye andi makuru ku wari Umugaba mukuru wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.