Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yavuze ko nta mugambi afite wo kubaka urukuta rutandukanya Igihugu cye n’u Rwanda nk’uko byakunze gusabwa na bamwe mu Banyekongo, avuga ko nta bushishozi bwaba burimo.

Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024 mu kiganiro n’Itangazamakuru yari kumwemo na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Ni ikiganiro cyakurikiye icy’umuhezo aba Bakuru b’Ibihugu byombi bagiranye, cyagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umunyamakuru yabajije Tshisekedi niba afite umugambi wo kubaka Urukuta rutandukanya Igihugu ayoboye n’u Rwanda nk’uko bimaze igihe bisabwa n’Abanyekongo, bavuga ko ari byo byatanga umuti w’ibibazo byakunze kuba hagati y’ibi Bihugu byombi.

Tshisekedi yavuze ko imipaka ihuza DRC n’u Rwanda igizwe n’ahantu hanini, ku buryo kubaka urwo rukuta, byatwara amafaranga menshi yagakwiye gushyirwa mu rindi shoramari ryagirira akamaro Abanyekongo.

Yagize ati “Dufite umupaka ufite ibilometero bibarirwa mu bihumbi, turamutse twubatse urukuta rudutandukanya n’abaturanyi bacu, twazabyicuza kuba twarashoye amafaranga muri icyo gikorwa aho kuba twayashyira mu bindi bikorwa.”

Umukuru w’Igihugu cya DRC, yavuze ko atari ngombwa kubaka inkuta zitandukanya Igihugu cye n’u Rwanda, kuko ababituye basanzwe ari inshuti.

Yagize ati “Ikibazo dufitanye n’u Rwanda, nta ruhare rw’abaturage rurimo. Ntabwo Abanyarwanda bigeze batera Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Tshisekedi wakunze gushinja ubutegetsi bw’u Rwanda kuba ari bwo kibazo, yongeye kubisubiramo ndetse yongera kugaruka ku Mukuru w’u Rwanda, mu gihe bizwi ko ari umuyobozi w’inararibonye ushimwa na buri wese kubera imiyoborere ye y’indashyikirwa.

Tshisekedi yakomeje agira ati “Ni ubwo butegetsi butera kandi bugashotora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko abaturage b’Ibihugu byombi nta kibazo na kimwe bafitanye hagati yabo. Ni ikibazo cy’ubutegetsi kandi ubwo butegetsi nk’uko mubizi ntibizahoraho igihe cyose. Umunsi umwe ibyo byose bizarangira mu buryo bumwe cyangwa ubundi, hanyuma habeho kubana mu mahoro nk’abaturanyi.”

Tshisekedi yatangaje ibi mu gihe kuri uyu wa Mbere, ikinyamakuru Jeune Afrique na cyo cyashyize hanze ikiganiro cyagiranye na Perezida Paul Kagame, wavuze ko Tshisekedi yakunze kuyobya abantu mu byo atangaza.

Umukuru w’u Rwanda agaruka ku byo Tshisekedi yavuze ko yifuza ko bibanza gushyirwa mu bikorwa mbere y’uko bahura, yavuze ko na we hari ibyo yagakwiye gusaba ko bikorwa, birimo gukosora imvugo yakoresheje, nko kuba yaravuze ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegetsi bwarwo, ndetse n’ibi binyoma akomeje kubushinja.

Perezida Kagame wakunze kuvuga ko igikenewe ari amahoro, aho kuba intambara nk’uko yakunze kuvugwa na Tshisekedi, yavuze ko iyo umuntu akeneye ko habaho amahoro adashyiraho amananiza nk’ayatangajwe na Perezida wa DRC.

Perezida Tshisekedi yari kumwe na Salva Kiir

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 14 =

Previous Post

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Next Post

Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

IZIHERUKA

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora
IMYIDAGADURO

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

by radiotv10
27/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.