Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yavuze ko nta mugambi afite wo kubaka urukuta rutandukanya Igihugu cye n’u Rwanda nk’uko byakunze gusabwa na bamwe mu Banyekongo, avuga ko nta bushishozi bwaba burimo.

Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024 mu kiganiro n’Itangazamakuru yari kumwemo na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Ni ikiganiro cyakurikiye icy’umuhezo aba Bakuru b’Ibihugu byombi bagiranye, cyagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umunyamakuru yabajije Tshisekedi niba afite umugambi wo kubaka Urukuta rutandukanya Igihugu ayoboye n’u Rwanda nk’uko bimaze igihe bisabwa n’Abanyekongo, bavuga ko ari byo byatanga umuti w’ibibazo byakunze kuba hagati y’ibi Bihugu byombi.

Tshisekedi yavuze ko imipaka ihuza DRC n’u Rwanda igizwe n’ahantu hanini, ku buryo kubaka urwo rukuta, byatwara amafaranga menshi yagakwiye gushyirwa mu rindi shoramari ryagirira akamaro Abanyekongo.

Yagize ati “Dufite umupaka ufite ibilometero bibarirwa mu bihumbi, turamutse twubatse urukuta rudutandukanya n’abaturanyi bacu, twazabyicuza kuba twarashoye amafaranga muri icyo gikorwa aho kuba twayashyira mu bindi bikorwa.”

Umukuru w’Igihugu cya DRC, yavuze ko atari ngombwa kubaka inkuta zitandukanya Igihugu cye n’u Rwanda, kuko ababituye basanzwe ari inshuti.

Yagize ati “Ikibazo dufitanye n’u Rwanda, nta ruhare rw’abaturage rurimo. Ntabwo Abanyarwanda bigeze batera Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Tshisekedi wakunze gushinja ubutegetsi bw’u Rwanda kuba ari bwo kibazo, yongeye kubisubiramo ndetse yongera kugaruka ku Mukuru w’u Rwanda, mu gihe bizwi ko ari umuyobozi w’inararibonye ushimwa na buri wese kubera imiyoborere ye y’indashyikirwa.

Tshisekedi yakomeje agira ati “Ni ubwo butegetsi butera kandi bugashotora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko abaturage b’Ibihugu byombi nta kibazo na kimwe bafitanye hagati yabo. Ni ikibazo cy’ubutegetsi kandi ubwo butegetsi nk’uko mubizi ntibizahoraho igihe cyose. Umunsi umwe ibyo byose bizarangira mu buryo bumwe cyangwa ubundi, hanyuma habeho kubana mu mahoro nk’abaturanyi.”

Tshisekedi yatangaje ibi mu gihe kuri uyu wa Mbere, ikinyamakuru Jeune Afrique na cyo cyashyize hanze ikiganiro cyagiranye na Perezida Paul Kagame, wavuze ko Tshisekedi yakunze kuyobya abantu mu byo atangaza.

Umukuru w’u Rwanda agaruka ku byo Tshisekedi yavuze ko yifuza ko bibanza gushyirwa mu bikorwa mbere y’uko bahura, yavuze ko na we hari ibyo yagakwiye gusaba ko bikorwa, birimo gukosora imvugo yakoresheje, nko kuba yaravuze ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegetsi bwarwo, ndetse n’ibi binyoma akomeje kubushinja.

Perezida Kagame wakunze kuvuga ko igikenewe ari amahoro, aho kuba intambara nk’uko yakunze kuvugwa na Tshisekedi, yavuze ko iyo umuntu akeneye ko habaho amahoro adashyiraho amananiza nk’ayatangajwe na Perezida wa DRC.

Perezida Tshisekedi yari kumwe na Salva Kiir

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 16 =

Previous Post

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Next Post

Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.