Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cya Tshisekedi wabajijwe ku mugambi wo kubaka urukuta rutandukanya Congo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yavuze ko nta mugambi afite wo kubaka urukuta rutandukanya Igihugu cye n’u Rwanda nk’uko byakunze gusabwa na bamwe mu Banyekongo, avuga ko nta bushishozi bwaba burimo.

Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024 mu kiganiro n’Itangazamakuru yari kumwemo na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Ni ikiganiro cyakurikiye icy’umuhezo aba Bakuru b’Ibihugu byombi bagiranye, cyagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umunyamakuru yabajije Tshisekedi niba afite umugambi wo kubaka Urukuta rutandukanya Igihugu ayoboye n’u Rwanda nk’uko bimaze igihe bisabwa n’Abanyekongo, bavuga ko ari byo byatanga umuti w’ibibazo byakunze kuba hagati y’ibi Bihugu byombi.

Tshisekedi yavuze ko imipaka ihuza DRC n’u Rwanda igizwe n’ahantu hanini, ku buryo kubaka urwo rukuta, byatwara amafaranga menshi yagakwiye gushyirwa mu rindi shoramari ryagirira akamaro Abanyekongo.

Yagize ati “Dufite umupaka ufite ibilometero bibarirwa mu bihumbi, turamutse twubatse urukuta rudutandukanya n’abaturanyi bacu, twazabyicuza kuba twarashoye amafaranga muri icyo gikorwa aho kuba twayashyira mu bindi bikorwa.”

Umukuru w’Igihugu cya DRC, yavuze ko atari ngombwa kubaka inkuta zitandukanya Igihugu cye n’u Rwanda, kuko ababituye basanzwe ari inshuti.

Yagize ati “Ikibazo dufitanye n’u Rwanda, nta ruhare rw’abaturage rurimo. Ntabwo Abanyarwanda bigeze batera Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Tshisekedi wakunze gushinja ubutegetsi bw’u Rwanda kuba ari bwo kibazo, yongeye kubisubiramo ndetse yongera kugaruka ku Mukuru w’u Rwanda, mu gihe bizwi ko ari umuyobozi w’inararibonye ushimwa na buri wese kubera imiyoborere ye y’indashyikirwa.

Tshisekedi yakomeje agira ati “Ni ubwo butegetsi butera kandi bugashotora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko abaturage b’Ibihugu byombi nta kibazo na kimwe bafitanye hagati yabo. Ni ikibazo cy’ubutegetsi kandi ubwo butegetsi nk’uko mubizi ntibizahoraho igihe cyose. Umunsi umwe ibyo byose bizarangira mu buryo bumwe cyangwa ubundi, hanyuma habeho kubana mu mahoro nk’abaturanyi.”

Tshisekedi yatangaje ibi mu gihe kuri uyu wa Mbere, ikinyamakuru Jeune Afrique na cyo cyashyize hanze ikiganiro cyagiranye na Perezida Paul Kagame, wavuze ko Tshisekedi yakunze kuyobya abantu mu byo atangaza.

Umukuru w’u Rwanda agaruka ku byo Tshisekedi yavuze ko yifuza ko bibanza gushyirwa mu bikorwa mbere y’uko bahura, yavuze ko na we hari ibyo yagakwiye gusaba ko bikorwa, birimo gukosora imvugo yakoresheje, nko kuba yaravuze ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegetsi bwarwo, ndetse n’ibi binyoma akomeje kubushinja.

Perezida Kagame wakunze kuvuga ko igikenewe ari amahoro, aho kuba intambara nk’uko yakunze kuvugwa na Tshisekedi, yavuze ko iyo umuntu akeneye ko habaho amahoro adashyiraho amananiza nk’ayatangajwe na Perezida wa DRC.

Perezida Tshisekedi yari kumwe na Salva Kiir

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

Hari abatangiye kwishyuzwa Mituweli ya 2025 ariko babona bikabije kuba ari kare

Next Post

Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

Umunyamakuru wa siporo ubirambyemo mu Rwanda agaragaje ibanga ryihishe inyuma y’intsinzi z’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.