Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yasubije Tshisekedi washyizeho amabwiriza y’ibyo yifuza ko byubahirizwa mbere y’uko bahura

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko mugenzi we wa DRC, Felix Tshisekedi wavuze ko hari ibigomba kubahirizwa mbere y’uko bahura, atari inzira nziza yo gutangiriraho, kuko na we afite byinshi yakagombye gusaba ko bibanza kubahirizwa, nko kuba yakosore ibyo yatangaje, birimo ko azashoza intambara ku Rwanda agakuraho ubutegetsi buriho.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique, cyasohotse mu buryo bw’amashusho kuri uyu wa Mbere tariki 25 Werurwe 2024.

Umunyamakuru yatangiye abaza Perezida Kagame icyo avuga ku byatangajwe na mugenzi we Tshisekedi ko yiteguye kuzahura na we, ariko ko bazahura ari uko “ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bwa Repubulibulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’umutwe wa M23 ugasubira aho wasabwe kujya”

Perezida Kagame yavuze ko kuba Tshisekedi yaratangiriye ku byo yifuza ko bibanza gushyirwa mu bikorwa, yaratangiye inzira nabi, ariko ko afite icyo yabivugiye.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko na we agendeye ku bigomba kubanza gushyirwa mu bikorwa, hari ibyo yagakwiye gusaba ko ko bishyirwa mu bikorwa, ku buryo na we yavuga ko “sinzahura na Perezida Tshisekedi mu gihe cyose atarakosora ibyo yatangaje, birimo gutera u Rwanda, gukuraho ubutegetsi buriho mu Rwanda, kandi yabivugiye ku karubanda, nanjye nagakwiye kuvuga ko tutahura igihe FDLR itarava muri Congo, nanjye navuga ko ntazahura na Tshisekedi, ndetse n’ibindi byinshi. Ibyo ubwabyo ntabwo byazana amahoro.”

Perezida Kagame kandi yanavuze ko ibyasabwe na Tshisekedi byubakiye ku binyoma, nko kuba yaravuze ko ingabo z’u Rwanda ziri muri DRC, avuga ko nta mpamvu n’imwe u Rwanda rwagira yo kujya muri ibi bibazo byo muri Congo.

Ati “Abo bashinja u Rwanda kuba muri Congo, cyangwa ingabo z’u Rwanda kuba ziri muri DRC, nanjye nakababajije nti ‘kuki mwumva ko u Rwanda rwajya muri DRC?’ ‘Ese kwaba ari ukujya kwinezezayo, kujyana ingabo zacu muri biriya bibazo biri mu Burasirazuba bwa DRC?’.”

Yavuze ko abashinja u Rwanda ibi birego ahubwo bakwiye kwibaza impamvu banyura ku ruhande ikibazo kiri muri Congo cyagakwiye gutuma ahubwo u Rwanda rujyayo.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ikibazo cya mbere cyo muri Congo kiri imbere muri icyo Gihugu, hakaba n’ikindi gikomoka ku mpamvu zo hanze yacyo.

Ati “Uruhande rw’Imbere ni M23, igizwe n’Abanyekongo kandi ubu tuvuga M23 nk’abarwanyi uko wabita kose, bafite abantu ibihumbi ijana by’impunzi bari hano mu Rwanda.”

Yavuze ko bamwe muri bo bamaze imyaka 23 mu Rwanda, mu gihe hari n’abagera mu bihumbi 15 baherutse kuza muri iyi myaka ubwo imirwano yuburaga, bose bagiye bahunga akarengane bakorerwaga mu Gihugu cyabo.

Yavuze ko aba barwanyi bishyize hamwe bagamije gukuraho akarengane gakorerwa bene wabo, bakaba bitwa umutwe w’iterabwoba, ubwabyo bikwiye kwibazwaho.

Ati “None se mwaba muri guhana abantu ibihumbi ijana bari hano nk’impunzi. Ibyo ubwabyo ntabwo uri gukemura ikibazo habe na busa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko umutwe wa M23 atari wo muzi w’ikibazo, ahubwo ko icyatumye ubaho ari cyo kibazo gikwiye kubanza gushakirwa umuti.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + fourteen =

Previous Post

Hari ibyatangajwe n’abakekwaho igitero cy’iterabwoba gikomeye cyabaye mu Burusiya

Next Post

Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Amavubi yongeye guha Abanyarwanda ibyishimo ku mukino wa gatatu wikurikiranya adatsindwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.