Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cyahawe umuyobozi mu Burayi wasabye ko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa byihuse

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo cyahawe umuyobozi mu Burayi wasabye ko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yamenyesheje Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi wasabye ko Ikibuga cy’Indege cya Goma cyafungurwa byihuse, ko hari inzira zemejwe bigomba kuzanyuramo, kandi ko zigomba kuva mu biganza bya Guverinoma ya DRC.

Ni nyuma yuko Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinzwe Uburinganire, n’imicungire y’ibihe bidasanzwe, Hadja Lahbib atangaje ubutumwa kuri X asaba ko iki Kibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa.

Uyu muyobozi mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yavuze ko “uku gutinda” kw’ifungurwa ry’ikibuga cy’Indege cya Goma “bikomeje gutuma hari ubuzima bwa bamwe buhazaharira.”

Yagize ati “Ndasaba ifungurwa ryihuse ry’Ikibuga cy’Indege cya Goma kugira ngo haboneke inzira z’ibikorwa by’ubutabazi n’imiti muri DRC.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko impamvu hifuzwa gukoreshwa inzira z’indege, ari uko inzira zo ku butaka zishobora kunyuzwamo ibyo bikoresho mu Bihugu by’ibituranyi bya Congo, “ziri gutinda kandi zikongera ingaruka ku buzima bwa benshi mu babikeneye.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yasubije uyu muyobozi avuga ko ashyigikiye ubusabe bwe, ariko ko ifungurwa rya kiriya Kibuga cy’indege, hari inzira byemejwe bizanyuramo kandi ko iyubahirizwa ryazo, ubutegetsi bwa Congo bugomba kubigiramo uruhare.

Yagize ati “Nshyigikiye byimazeyo icyifuzo cyawe. Gusa hagendewe ku cyemezo cy’Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bya EAC na SADC, bafashe mu nama ihuriweho yabaye tariki 24 Gashyantare 2025 Dar Es Salaam, Guverinoma ya DRC ntirashyiraho ‘Notice to Airmen’ (NOTAM), izatuma ikibuga cy’Indege cya Goma cyongera gukora.”

Ikibuga cy’Indege cya Goma cyafunzwe ubwo umujyi wa Goma wafatwaga n’umutwe wa M23, aho cyakoreshwaga n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abagifasha mu bikorwa byo kugaba ibitero kuri uyu mutwe no ku baturage bo mu bice bigenzurwa n’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + fifteen =

Previous Post

Haravugwa icyaganiriweho mu biganiro by’inzego z’ubutasi z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhura

Next Post

Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda

Hakomeje kumvikana intambara y'amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.