Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cyahawe umuyobozi mu Burayi wasabye ko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa byihuse

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo cyahawe umuyobozi mu Burayi wasabye ko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yamenyesheje Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi wasabye ko Ikibuga cy’Indege cya Goma cyafungurwa byihuse, ko hari inzira zemejwe bigomba kuzanyuramo, kandi ko zigomba kuva mu biganza bya Guverinoma ya DRC.

Ni nyuma yuko Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinzwe Uburinganire, n’imicungire y’ibihe bidasanzwe, Hadja Lahbib atangaje ubutumwa kuri X asaba ko iki Kibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa.

Uyu muyobozi mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yavuze ko “uku gutinda” kw’ifungurwa ry’ikibuga cy’Indege cya Goma “bikomeje gutuma hari ubuzima bwa bamwe buhazaharira.”

Yagize ati “Ndasaba ifungurwa ryihuse ry’Ikibuga cy’Indege cya Goma kugira ngo haboneke inzira z’ibikorwa by’ubutabazi n’imiti muri DRC.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko impamvu hifuzwa gukoreshwa inzira z’indege, ari uko inzira zo ku butaka zishobora kunyuzwamo ibyo bikoresho mu Bihugu by’ibituranyi bya Congo, “ziri gutinda kandi zikongera ingaruka ku buzima bwa benshi mu babikeneye.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yasubije uyu muyobozi avuga ko ashyigikiye ubusabe bwe, ariko ko ifungurwa rya kiriya Kibuga cy’indege, hari inzira byemejwe bizanyuramo kandi ko iyubahirizwa ryazo, ubutegetsi bwa Congo bugomba kubigiramo uruhare.

Yagize ati “Nshyigikiye byimazeyo icyifuzo cyawe. Gusa hagendewe ku cyemezo cy’Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bya EAC na SADC, bafashe mu nama ihuriweho yabaye tariki 24 Gashyantare 2025 Dar Es Salaam, Guverinoma ya DRC ntirashyiraho ‘Notice to Airmen’ (NOTAM), izatuma ikibuga cy’Indege cya Goma cyongera gukora.”

Ikibuga cy’Indege cya Goma cyafunzwe ubwo umujyi wa Goma wafatwaga n’umutwe wa M23, aho cyakoreshwaga n’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abagifasha mu bikorwa byo kugaba ibitero kuri uyu mutwe no ku baturage bo mu bice bigenzurwa n’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

Haravugwa icyaganiriweho mu biganiro by’inzego z’ubutasi z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhura

Next Post

Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakomeje kumvikana intambara y’amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda

Hakomeje kumvikana intambara y'amagambo hagati y’abakinnyi babiri b’amakipe ayoboye andi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.