Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruzinduko yari yagiriye muri Mauritania, Perezida Paul Kagame na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani; ku ngingo zinyuranye zirimo igikenewe kugira ngo ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara muri Africa biranduke.

Uru ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida Kagame yatangiye ku wa Gatatu tariki 23 Gashyantare 2022, yarusoje kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Perezida Kagame wagiranye ibiganiro byihariye na mugenzi we wa Mauritania, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani, bagarutse ku ngingo zinyuranye.

Umvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire yagarutse ku byagarutsweho muri ibi biganiro abakuru b’Ibihugu bombi bagiranye.

Ati “Cyane cyane ku kibazo cy’umutekano ku Mugabane wa Afurika. Perezida Kagame yamuganirije ku by’u Rwanda n’ingabo z’u Rwanda ziri gukora muri Repubulika ya Centrafrique no muri Mozambique, bemeranyije ko igisubizo cy’umutekano kizaboneka ibihugu bya Afurika byishyize hamwe ngo bikorane mu kubona igisubizo.”

Stephanie Nyombayire kandi yavuze ko muri uru ruzinduko, Ibihugu byombi byasinyanye amasezerano atandukanye arimo azatuma sosiyete y’ingendo z’indege ya RwandAir izatangira kwerecyeza muri Mauritania mu minsi iri imbere.

Abakuru b’Ibihugu kandi bayoboye isinywa ry’amasezerano anyuranye arimo ayashyizweho umukono na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ku mpande.

Aya masezerano arebana n’imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo imikoranire mu bya politiki, ikoranabuhanga, ubukungu ndetse n’umuco.

Ibihugu byombi kandi byemeranyijwe imikoranire mu ngeri zinyuranye zirimo umutekano, ubucuruzi, uburezi, ubucukuriz bw’amabuye y’agaciro netse n’ubuhinzi.

Perezida Paul Kagame wasoje uruzinduko rwe kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022, yari ari kumwe n’abayobozi bamwe bo muri Guverinoma y’u Rwanda barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Perezida Kagame ubwo yakirwaga na mugenzi we wa Mauritania
Ibiganiro byahuje Abakuru b’Ibihugu byarimo na bamwe mu bayobozi ba Guverinoma ku mpande zombi
Abakuru b’Ibihugu bayoboye isinywa ry’amasezerano hagati y’Ibihugu byombi

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 9 =

Previous Post

Nyabugogo: Umukobwa wicuruza yahuye n’uruva gusenya ubwo yari aryamanye n’umusore

Next Post

Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

Related Posts

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

IZIHERUKA

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo
MU RWANDA

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.