Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruzinduko yari yagiriye muri Mauritania, Perezida Paul Kagame na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani; ku ngingo zinyuranye zirimo igikenewe kugira ngo ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara muri Africa biranduke.

Uru ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida Kagame yatangiye ku wa Gatatu tariki 23 Gashyantare 2022, yarusoje kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Perezida Kagame wagiranye ibiganiro byihariye na mugenzi we wa Mauritania, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani, bagarutse ku ngingo zinyuranye.

Umvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyombayire yagarutse ku byagarutsweho muri ibi biganiro abakuru b’Ibihugu bombi bagiranye.

Ati “Cyane cyane ku kibazo cy’umutekano ku Mugabane wa Afurika. Perezida Kagame yamuganirije ku by’u Rwanda n’ingabo z’u Rwanda ziri gukora muri Repubulika ya Centrafrique no muri Mozambique, bemeranyije ko igisubizo cy’umutekano kizaboneka ibihugu bya Afurika byishyize hamwe ngo bikorane mu kubona igisubizo.”

Stephanie Nyombayire kandi yavuze ko muri uru ruzinduko, Ibihugu byombi byasinyanye amasezerano atandukanye arimo azatuma sosiyete y’ingendo z’indege ya RwandAir izatangira kwerecyeza muri Mauritania mu minsi iri imbere.

Abakuru b’Ibihugu kandi bayoboye isinywa ry’amasezerano anyuranye arimo ayashyizweho umukono na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ku mpande.

Aya masezerano arebana n’imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo imikoranire mu bya politiki, ikoranabuhanga, ubukungu ndetse n’umuco.

Ibihugu byombi kandi byemeranyijwe imikoranire mu ngeri zinyuranye zirimo umutekano, ubucuruzi, uburezi, ubucukuriz bw’amabuye y’agaciro netse n’ubuhinzi.

Perezida Paul Kagame wasoje uruzinduko rwe kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022, yari ari kumwe n’abayobozi bamwe bo muri Guverinoma y’u Rwanda barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Perezida Kagame ubwo yakirwaga na mugenzi we wa Mauritania
Ibiganiro byahuje Abakuru b’Ibihugu byarimo na bamwe mu bayobozi ba Guverinoma ku mpande zombi
Abakuru b’Ibihugu bayoboye isinywa ry’amasezerano hagati y’Ibihugu byombi

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Nyabugogo: Umukobwa wicuruza yahuye n’uruva gusenya ubwo yari aryamanye n’umusore

Next Post

Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.