• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igisubizo cyihuse Perezida wa Rayon Sports yahaye uwayiyoboye wavuze ibyazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igisubizo cyihuse Perezida wa Rayon Sports yahaye uwayiyoboye wavuze ibyazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, yamaganye igitekerezo cya Munyakazi Sadate na we wigeze kuyobora iyi kipe ukomeje gutangaza ko ashaka kuyegukana ikaba iye bwite, ayitanzeho milyari 5 Frw.

Twagirayezu Thadée yagarutse kuri bimaze iminsi bitangazwa na Munyakazi Sadate ndetse agaruka no kuri Milliyari 5 Frw avuga ko yiteguye gushora mu ikipe ya Rayon Sports.

Twagirayezu avuga ko iyi kipe itagurishwa ahubwo izagurwamo imigabane ndetse ko izo Milliyari 5 Frw zibonetse n’ubundi bakomeza bagashaka izindi kuko muri iyi si nta mwanya wo kuruhuka uhari.

Yagize ati “Ntabwo Rayon Sports igurishwa, izagurwamo imigabane. Niba ashaka kuruhura abafana, iyi Si turimo ntabwo umuntu agira igihe cyo kuruhuka. Izo milliyari 5 tuzibonye, ntabwo twaba turuhutse twakomeza tugashaka izindi 5 cyangwa 10.”

Munyakazi Sadate kandi yari yatangaje ko hari amafaranga ashobora guha iyi kipe kugira ngo ibashe kwitwara neza izanabashe kwegukana igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka.

Perezida wa Rayon Sports kandi avuga ko Munyakazi Sadate ukomeje kugaragaza ko akunda iyi kipe, atajya ayitangamo imisansu, kandi ko iyo aza kuba yifuriza iyi kipe gutsinda, yagakwiye kubikora atarinze gutegereza ko igera mu bihe bibi.

Yavuze ko hari itsinda risanzwe ritanga imisanzu yo gufasha Rayon Sports, ku buryo kuri buri mukino hari amafaranga batanga yo gufasha iyi kipe.

Ati “Iryo tsinda nubwo Sadate aririmo nta musanzu atanga. Niba ushaka ko ikipe itsinda wakagombye kubigiramo uruhare, iyo utegereje ko itsindwa ukagira icyo uvuga, ntabwo mba mbisobanukirwa kandi gutsindwa n’ibisanzwe.”

Mu byari byatangajwe na Munyakazi Sadate kandi harimo ko afite imishinga yahutse kuri iyi kipe mu gihe yaba ayegukanye, irimo no kuzagura indege yajya iyifasha gukora ingendo zo kujya gukina hanze mu gihe izaba yagiye mu mikino nyafurika.

Twagirayezu Thadée avuga ko Rayon itari kugurishwa
Sadate we avuga ko ashaka kuyitangaho miliyari 5 Frw

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 14 =

Previous Post

Ukora ubushumba wiyemerera icyaha akurikiranyweho cyo gusambanya umwana muto yavuze icyabimuteye

Next Post

French National Assembly: “Dialogue of the Deaf” during the hearing on the conflict in eastern DRC

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
French National Assembly: “Dialogue of the Deaf” during the hearing on the conflict in eastern DRC

French National Assembly: "Dialogue of the Deaf" during the hearing on the conflict in eastern DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.