Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cyiza ku bakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rizagira ingaruka ku by’ibicuruzwa ku masoko

radiotv10by radiotv10
22/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Igisubizo cyiza ku bakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rizagira ingaruka ku by’ibicuruzwa ku masoko
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda iramara impungenge abakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rishobora guhita rigira ingaruka ku biciro ku masoko, ikavuga ko n’iyo zabaho zaba ari nto cyane.

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda yemeza ko umwaka wa 2023 wasize ubukungu bw’u Rwanda buteye intambwe iva mu ngaruka za COVID-19, aho ingamba zafashwe zatumye buzamuka ku rugero rwa 8,2%.

Icyakora ubucuruzi u Rwanda rwagiranye n’amahanga muri uwo mwaka, bwagaragayemo icyuho gikomeye cyanatumye ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro ku rugero rwa 18% ugereranyije n’idorali rya America.

Nanone kandi imibare y’uru rwego rushinzwe politike y’ifaranga n’ubutajegajega bw’urwego rw’imari; igaragaza ko nihatabaho ibindi bibazo bitunguranye; ibiciro ku isoko ry’u Rwanda bizaguma ku muvuduko wa 5%.

Nyamara mu bihe nk’ibi by’umwaka ushize; uyu muvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko wari ku rugero rwa 20.7% na 20.8%.

Icyizere nk’iki cyo gucika intege kw’izamuka ry’ibiciro ku isoko; Banki Nkuru y’u Rwanda yari iherutse kugitanga mu kwezi gushize kwa Gashyantare 2024, icyakora ubwo hari hamaze gutangazwa umugambi wo wongera ikiguzi abaturage biyishyurira mu ngendo, BNR yari yagaragaje impungenge ko bishobora kuzagira ingarua ku biciro ku masoko.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa wabaye nk’ugira Inama Guverinoma, yari yaize ati “Icyo twasabye ni uko byakorwa ntibibe icyarimwe kugira ngo bye kugira ingaruka nini ku bantu no kuri iyi mibare tureba.”

 

Ingaruka zingana gute?

Nyuma y’iminsi 23 uyu muyobozi wa banki nkuru y’igihugu avuze ibi; Leta yafashe umwanzuro wo gukuraho nkunganire y’amafaranga yishyuriraga buri mugenzi kuri buri rugendo, bituma kuva ku ya 16 Werurwe 2024; abaturage biyishyurira ikiguzi cyose, detse imibare igaragaza ko hari n’aho igiciro cy’urugendo cyiyongereyeho 40%.

Bamwe mu bacuruzi bo mu Ntara, baherutse kugaragaza impungenge ko kubera kujya kurangura mu Mujyi wa Kigali, bahenzwe mu ngendo, bashobora kuzamura ibiciro, kimwe n’abandi baturage bagaragaje impungenge ko izamuka ry’ibi biciro by’ingendo rizahita rinagira ingaruka ku biciri ku masoko.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa yamaze impungenge abazifite kuru iyi ngingo, avuga ko bakurikije uko imibare ihagaze ubu, hatagaragara ingaruka z’ibi biciro by’ingendo ku bindi biciro ku masoko.

Yagize ati “Iyo mibare yose twagiye tubona twongeye kuyishyira hamwe, dushyiraho n’ibi byavuye mu gukuraho nkunganire; dusanga nta ngaruka nini bizagira kuri iyi mibare. Bishobora kuyizamuraho gatoya wenda 6%.

Dusanga uyu munsi nta mpamvu dufite yo guhindura ngo tuvane kuri 5% tubishyire ku yindi, mu kwa gatanu [5/2024] nitwongera guhura tuzaba twabonye indi mibare mishya igaragaza icyo uku gukuraho nkunganire byatwaye, bizatwereka niba hari icyo tugomba guhindura ku bipimo by’uyu mwaka.”

Nubwo hataramenyekana ingaruka z’icyemezo mu mibare; Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, aherutse kuvuga ko izo ngaruka ku izamuka ry’ibiciro ku isoko zishoboka, ariko ko zaba ziri ku rugero ruto.

Yari yagize ati “Uruhare rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange ku izamuka ry’ibiciro muri rusange; ni ruto cyane. Ni 0.2%. bivuze ngo ingaruka ku biciro rusange ni nto cyane.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + fifteen =

Previous Post

General Muhoozi, umuhungu wa Museveni yagaruwe mu buyobozi bw’Igisirikare ku mwanya ukomeye

Next Post

Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.