Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cyiza ku bakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rizagira ingaruka ku by’ibicuruzwa ku masoko

radiotv10by radiotv10
22/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Igisubizo cyiza ku bakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rizagira ingaruka ku by’ibicuruzwa ku masoko
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda iramara impungenge abakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rishobora guhita rigira ingaruka ku biciro ku masoko, ikavuga ko n’iyo zabaho zaba ari nto cyane.

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda yemeza ko umwaka wa 2023 wasize ubukungu bw’u Rwanda buteye intambwe iva mu ngaruka za COVID-19, aho ingamba zafashwe zatumye buzamuka ku rugero rwa 8,2%.

Icyakora ubucuruzi u Rwanda rwagiranye n’amahanga muri uwo mwaka, bwagaragayemo icyuho gikomeye cyanatumye ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro ku rugero rwa 18% ugereranyije n’idorali rya America.

Nanone kandi imibare y’uru rwego rushinzwe politike y’ifaranga n’ubutajegajega bw’urwego rw’imari; igaragaza ko nihatabaho ibindi bibazo bitunguranye; ibiciro ku isoko ry’u Rwanda bizaguma ku muvuduko wa 5%.

Nyamara mu bihe nk’ibi by’umwaka ushize; uyu muvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko wari ku rugero rwa 20.7% na 20.8%.

Icyizere nk’iki cyo gucika intege kw’izamuka ry’ibiciro ku isoko; Banki Nkuru y’u Rwanda yari iherutse kugitanga mu kwezi gushize kwa Gashyantare 2024, icyakora ubwo hari hamaze gutangazwa umugambi wo wongera ikiguzi abaturage biyishyurira mu ngendo, BNR yari yagaragaje impungenge ko bishobora kuzagira ingarua ku biciro ku masoko.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa wabaye nk’ugira Inama Guverinoma, yari yaize ati “Icyo twasabye ni uko byakorwa ntibibe icyarimwe kugira ngo bye kugira ingaruka nini ku bantu no kuri iyi mibare tureba.”

 

Ingaruka zingana gute?

Nyuma y’iminsi 23 uyu muyobozi wa banki nkuru y’igihugu avuze ibi; Leta yafashe umwanzuro wo gukuraho nkunganire y’amafaranga yishyuriraga buri mugenzi kuri buri rugendo, bituma kuva ku ya 16 Werurwe 2024; abaturage biyishyurira ikiguzi cyose, detse imibare igaragaza ko hari n’aho igiciro cy’urugendo cyiyongereyeho 40%.

Bamwe mu bacuruzi bo mu Ntara, baherutse kugaragaza impungenge ko kubera kujya kurangura mu Mujyi wa Kigali, bahenzwe mu ngendo, bashobora kuzamura ibiciro, kimwe n’abandi baturage bagaragaje impungenge ko izamuka ry’ibi biciro by’ingendo rizahita rinagira ingaruka ku biciri ku masoko.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa yamaze impungenge abazifite kuru iyi ngingo, avuga ko bakurikije uko imibare ihagaze ubu, hatagaragara ingaruka z’ibi biciro by’ingendo ku bindi biciro ku masoko.

Yagize ati “Iyo mibare yose twagiye tubona twongeye kuyishyira hamwe, dushyiraho n’ibi byavuye mu gukuraho nkunganire; dusanga nta ngaruka nini bizagira kuri iyi mibare. Bishobora kuyizamuraho gatoya wenda 6%.

Dusanga uyu munsi nta mpamvu dufite yo guhindura ngo tuvane kuri 5% tubishyire ku yindi, mu kwa gatanu [5/2024] nitwongera guhura tuzaba twabonye indi mibare mishya igaragaza icyo uku gukuraho nkunganire byatwaye, bizatwereka niba hari icyo tugomba guhindura ku bipimo by’uyu mwaka.”

Nubwo hataramenyekana ingaruka z’icyemezo mu mibare; Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, aherutse kuvuga ko izo ngaruka ku izamuka ry’ibiciro ku isoko zishoboka, ariko ko zaba ziri ku rugero ruto.

Yari yagize ati “Uruhare rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange ku izamuka ry’ibiciro muri rusange; ni ruto cyane. Ni 0.2%. bivuze ngo ingaruka ku biciro rusange ni nto cyane.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nine =

Previous Post

General Muhoozi, umuhungu wa Museveni yagaruwe mu buyobozi bw’Igisirikare ku mwanya ukomeye

Next Post

Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.