Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cyiza ku bakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rizagira ingaruka ku by’ibicuruzwa ku masoko

radiotv10by radiotv10
22/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Igisubizo cyiza ku bakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rizagira ingaruka ku by’ibicuruzwa ku masoko
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda iramara impungenge abakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rishobora guhita rigira ingaruka ku biciro ku masoko, ikavuga ko n’iyo zabaho zaba ari nto cyane.

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda yemeza ko umwaka wa 2023 wasize ubukungu bw’u Rwanda buteye intambwe iva mu ngaruka za COVID-19, aho ingamba zafashwe zatumye buzamuka ku rugero rwa 8,2%.

Icyakora ubucuruzi u Rwanda rwagiranye n’amahanga muri uwo mwaka, bwagaragayemo icyuho gikomeye cyanatumye ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro ku rugero rwa 18% ugereranyije n’idorali rya America.

Nanone kandi imibare y’uru rwego rushinzwe politike y’ifaranga n’ubutajegajega bw’urwego rw’imari; igaragaza ko nihatabaho ibindi bibazo bitunguranye; ibiciro ku isoko ry’u Rwanda bizaguma ku muvuduko wa 5%.

Nyamara mu bihe nk’ibi by’umwaka ushize; uyu muvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko wari ku rugero rwa 20.7% na 20.8%.

Icyizere nk’iki cyo gucika intege kw’izamuka ry’ibiciro ku isoko; Banki Nkuru y’u Rwanda yari iherutse kugitanga mu kwezi gushize kwa Gashyantare 2024, icyakora ubwo hari hamaze gutangazwa umugambi wo wongera ikiguzi abaturage biyishyurira mu ngendo, BNR yari yagaragaje impungenge ko bishobora kuzagira ingarua ku biciro ku masoko.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa wabaye nk’ugira Inama Guverinoma, yari yaize ati “Icyo twasabye ni uko byakorwa ntibibe icyarimwe kugira ngo bye kugira ingaruka nini ku bantu no kuri iyi mibare tureba.”

 

Ingaruka zingana gute?

Nyuma y’iminsi 23 uyu muyobozi wa banki nkuru y’igihugu avuze ibi; Leta yafashe umwanzuro wo gukuraho nkunganire y’amafaranga yishyuriraga buri mugenzi kuri buri rugendo, bituma kuva ku ya 16 Werurwe 2024; abaturage biyishyurira ikiguzi cyose, detse imibare igaragaza ko hari n’aho igiciro cy’urugendo cyiyongereyeho 40%.

Bamwe mu bacuruzi bo mu Ntara, baherutse kugaragaza impungenge ko kubera kujya kurangura mu Mujyi wa Kigali, bahenzwe mu ngendo, bashobora kuzamura ibiciro, kimwe n’abandi baturage bagaragaje impungenge ko izamuka ry’ibi biciro by’ingendo rizahita rinagira ingaruka ku biciri ku masoko.

Guverineri wa BNR, John Rwangombwa yamaze impungenge abazifite kuru iyi ngingo, avuga ko bakurikije uko imibare ihagaze ubu, hatagaragara ingaruka z’ibi biciro by’ingendo ku bindi biciro ku masoko.

Yagize ati “Iyo mibare yose twagiye tubona twongeye kuyishyira hamwe, dushyiraho n’ibi byavuye mu gukuraho nkunganire; dusanga nta ngaruka nini bizagira kuri iyi mibare. Bishobora kuyizamuraho gatoya wenda 6%.

Dusanga uyu munsi nta mpamvu dufite yo guhindura ngo tuvane kuri 5% tubishyire ku yindi, mu kwa gatanu [5/2024] nitwongera guhura tuzaba twabonye indi mibare mishya igaragaza icyo uku gukuraho nkunganire byatwaye, bizatwereka niba hari icyo tugomba guhindura ku bipimo by’uyu mwaka.”

Nubwo hataramenyekana ingaruka z’icyemezo mu mibare; Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, aherutse kuvuga ko izo ngaruka ku izamuka ry’ibiciro ku isoko zishoboka, ariko ko zaba ziri ku rugero ruto.

Yari yagize ati “Uruhare rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange ku izamuka ry’ibiciro muri rusange; ni ruto cyane. Ni 0.2%. bivuze ngo ingaruka ku biciro rusange ni nto cyane.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − three =

Previous Post

General Muhoozi, umuhungu wa Museveni yagaruwe mu buyobozi bw’Igisirikare ku mwanya ukomeye

Next Post

Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Kayonza-Kabare: Hari inyamaswa yabazengereje ituma batakirenza saa moya batarataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.