• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo gihabwa abavuga ko igiciro cyo kohererezanya amafaranga kuri Telefone kigihanitse mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Igisubizo gihabwa abavuga ko igiciro cyo kohererezanya amafaranga kuri Telefone kigihanitse mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hari abagitaka ko igiciciro cyo kohererezanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefone kikiri hejuru, Banki Nkuru y’u Rwanda iratangaza ko bidashobora gukorerwa ubuntu, ariko kuba kikiri hejuru byo bishobora gusuzumwa ku buryo mu gihe kiri imbere cyagabanywa.

Ni mu gihe bamwe mu bakoresha ubu buryo byumwihariko abacuruzi bavuga ko igiciro cyo kohererezanya no kwakira amafaranga kuri telefone kiri hejuru.

Uwitwa Dushime Theophile yagize ati “Ikiguzi cyo kohererezanya amafaranga hifashishijwe telefone kiri hejuru cyane ubu kugira ngo wohereze amafaranga ibihumbi Magana atandatu (600 000 Frw) baguca ibihumbi bitandatu (6 000 Frw). Ibaze uri bwohereze ayo mafaranga inshuro eshatu ubwo baguca ibihumbi cumi n’umunani (18 000 Frw) uri kumva ukuntu ari menshi, uba uhomba amafaranga menshi.”

Fabrice na we yagize ati “Nkanjye ndi umucuruzi, hari ubwo umukiliya aza hari nk’ibintu namusaba kwishyura kuri telefone akabyanga bitewe nuko abona bari bumukate amafaranga menshi yo kohereza.”

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye avuga ko abakunze gutaka ko ibiciro byo kohererezanya amafaranga biri hejuru, bagomba kumva ko ari serivisi igomba kwishyurwa.

Ati “Icyo twagiye tugarukaho ni uko ntabwo iyo serivise yatangirwa ubuntu kubera ko ibigo biyitanga ni ibigo byikorera, n’iyo yaba ari Leta na yo iba yashoyemo imari, ariko icyagiye kigaragara ni uko muri iyi myaka itanu ikiguzi cyabyo cyakomeje kwiyongera.”

Yakomeje agira ati “Ubu rero hari ibindi turimo kureba dufatanyije na RSwitch iyi ni company ya Leta turi kureba ishoramari ryajyamo kugira ngo ikiguzi cyongere kigabanuke cyane ku bantu bohererezanya, icyo dushaka ni uko icyo kiguzi kitabangamira umuturage, rero gahunda ya e-cash nikomeza kwitabirwa ndetse n’ishoramari Leta turizera ko ibi bizatuma iki kiguzi kigabanuka mu mezi ari imbere.”

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022-2023, kohererezanya amafaranga hifashishijwe telefoni byaje ku mwanya wa mbere mu nzira zo kwishyurana, kuko byari byihariye byihariye 52% by’ibikorwa byose byo kwishyurana byakozwe na 45% ku by’amafaranga yose yakoreshejwe.

BNR kandi igaragaza ko mu kwezi kwa gatandatu umwaka ushize wa 2024 ijanisha ry’ubwishyu bukoresheje ikoranabuhanga ku musaruro mbumbe w’Igihugu ryari rifite agaciro kagera kuri 265%, naho mu kwezi nk’uko muri uyu mwaka wa 2025 iyi mibare yarazamutse, kuko yageze kuri 343%.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 10 =

Previous Post

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Next Post

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.