Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Min.Nduhungirehe yahaye Umudepite w’u Bubiligi wagaragarije u Rwanda ishyari

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo Min.Nduhungirehe yahaye Umudepite w’u Bubiligi wagaragarije u Rwanda ishyari
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragarije Umudepite wo mu Bubiligi wanenze kuba u Rwanda rwarahawe kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare, ko yari akwiye mbere ya byose guterwa ishema no kuba Ababiligi benewabo bari kwitwara neza, bari no gufanwa n’abanyagihugu bagenzi babo mu Rwanda bishimiyemo, ati “ubundi unywe utuzi dushyushye biragenda neza.”

Ni nyuma yuko Depite Lydia Mutyebele Ngoi w’i Bruxelles yanditse ubutumwa kuri X agaragaza ko atishimiye kuba u Rwanda rwarahawe kwakira irushangwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare ryatangiye i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 21 Nzeri 2025.

Lydia Mutyebele Ngoi yanditse agira ati “Hakumiriwe u Burusiya kubera ibyaha bwabwo, ariko mu Rwanda harambuwe tapis rouge [ashaka kugaragaza ko uko u Burusiya bwahawe ibihano ngo ari na ko u Rwanda rwari rukwiye gukomwa kuri byose birimo n’iri rushanwa].”

Uyu Mudepite akomeza ashinja uburyarya abahaye u Rwanda kwakira iri rushanwa, ngo kuko iki Gihugu kibangamira uburenganzira bwa muntu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, asubiza uyu Mudepite, yamugaragarije ko ibyo yavuze bitari bikwiye, ndetse ko mbere ya byose yari akwiye kubanza kureba uburyo Ababiliri mu Rwanda bishimiye iri rushanwa, ndetse baje no gufana bene wabo dore ko ku munsi wa mbere Umubiligi yanegukanye umudali wa zahabu.

Yagize ati “Madamu Depite, wagombye kubanza kuramutsa Ababiligi bene wanyu bari Kigali. Umukinnyi rurangira wanyu Remco Evenepoel yanatsinze ku nshuro ya gatatu yikurikiranya mu cyiciro cyo gusiganwa ku giti cy’umuntu.”

Minisitiri Nduhungirehe yasoje ubutumwa bwe, akoresheje imvugo irimo urwenya, asa nk’ucyebura uriya munyapolitiki ko ibyo yatangaje bitari bikwiye, ati “Ubundi unywe utuzi dushyushye, rwose biraza kumera neza.”

Ubu butumwa bwa Amb. Nduhungirehe kandi buherekejwe n’amafoto agaragaza Ababiligi benshi bazamuye amabendera y’Igihugu cyabo bari gufana abakinnyi baturutse iwabo, barimo Remco Evenepoel wegukanye Umudali wa Zahabu mu gusiganwa ku giti cy’umuntu (Individual Time Trial) mu cyiciro cy’abagabo bakuru, wanatwaye uyu mwanya wa mbere ku nshuro ya gatatu yikurikiranya muri iyi shampiyona y’Isi.

Nduhungirehe kandi yanagaragarije uyu Mudepite, ko iri rushanwa riri kubera mu Rwanda ryanitabiriwe n’Ibihugu 108 birimo n’icyabo, rikaba ririmo abakinnyi 769.

Uriya Mudepite washatse kuvanga Politiki na Siporo, yatanze ubutumwa mu gihe i Kigali mu Rwanda, hari Ababiligi benshi bari no gufana abakinnyi benshi baturutse muri kiriya Gihugu cy’i Burayi, banagaragaje akanyamuneza ko kuba bishimiye kuba bari mu Gihugu kibafashe neza, gitekanye.

U Bubiligi, Igihugu cyagize uruhare runini mu icengezamatwa ryagejeje ku mateka mabi yabaye mu Rwanda, cyakomeje kubanira nabi iki Gihugu bwanakolonije, ariko biba akarusho mu bihe bitambutse bya vuba aha aho cyazamuye ibirego byinshi kigendeye ku binyoma byahimbwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kinagisabira ibihano mu mahanga yose.

Ibi byatumye muri Werurwe uyu mwaka, Guverinoma y’u Rwanda ica umubano n’iki Gihugu, inategeka Abadipolomate bacyo bari bahari, kuva mu Rwanda.

Minisitiri Olivier Ndhungirehe
Nduhungirehe yagaragaje ko Ababiligi bishimye mu Rwanda ndetse n’amabendera y’Igihugu cyabo bari kuyahazamura ntacyo bikanga
Yanerekanye ko Umukinnyi w’Umubiligi Remco Evenepoel na we ameze neza ndetse ari kwegukana imidali ya zahabu i Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − one =

Previous Post

He came from America to visit parts of Rwanda and built an amazing school

Next Post

Kigali, on top of the UCI World

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali, on top of the UCI World

Kigali, on top of the UCI World

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.