Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo Minisitiri w’Intebe yahaye Abadepite babajije icyabuze ngo hakumirwe ibiza byishe abantu 130

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo Minisitiri w’Intebe yahaye Abadepite babajije icyabuze ngo hakumirwe ibiza byishe abantu 130
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, babajije Minisitiri w’Intebe, impamvu hatashyizwe imbaraga mu mishinga yo kwirinda ingaruka z’ibiza, ku buryo haherutse kuba ibyahitanye abarenga 130.

Ni mu kiganiro, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagiranye n’Abadepite kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, cyagarukaga ku ngamba za Guverinoma y’u Rwanda zo gukumira no kwirinda ingaruka z’ibiza.

Ni nyuma y’uko mu ntangiro z’ukwezi gushize, mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi, mu Rwanda haguye imvura iremereye yibasiye ibice byiganjemo ibyo mu Burengerazuba, igateza imyuzure n’inkangu, byahitanye abantu 131.

Imibare ya Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko imitungo yangijwe n’ibi biza, ifite agaciro ka miliyari 222,31 Frw. Ariko gusana ibyo bikorwa bizatwara miliyari 518,52 frw. Iyo mibare igaragaza ko ikiguzi cyo gusana ibyo imvura yahitanye gikubye inshuro ebyiri agaciro k’ibyangijwe n’imvura.

Icyakora ngo hari imishinga minini Leta ishyize imbere mu gukumira ko ibiza byazongera guhitana abaturage n’ibyayo.

Icyakora abagize Inteko Ishinga  Amategeko babajije impamvu iyo mishinga itakozwe mbere ndetse n’icyatumye imwe mu yo imaze imyaka myinshi itarangira kandi ishobora gutabara ubuzima bw’abaturage mu bihe by’imvura idasanzwe.

Umwe mu Badepite yagize ati “Hari iyo tumaze imyaka myinshi twumva, navugamo nk’umushinga umwe wo gukumira ibiza mu gace k’Ibirunga. Ese bashobora aho ugeze ushyirwa mu bikorwa? Nagiraga ngo mbabaze ko mubibona. Niba mutabonamo intege nke. Iriya mishinga iyo iba yarakozwe neza ntabwo byari kugera aha ngaha. Iintu cyatumye ibiza bigera hariya kandi hari imishinga, niba ari isanzwe kuki ikibazo cyageze hariya?”

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko iyo mishinga itwara igihe kinini kubera ubushobozi bw’amafaranga, ariko ko Guverinoma iyishyizemo imbaraga.

Yagize ati “Hari imishinga isanzwe ikora, ariko nk’uko mubizi ntabwo umushinga ukorwa mu mwaka umwe. Imishinga myinshi ijya ku myaka irenze umwe. Hari igihe biterwa n’amafaranga tugomba kuwushyiramo, atabonekera rimwe noneho tukagenda tubikora mu byiciro.”

Kuri iyo ngingo Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc yabwiye abagize Inteko ishinga Amategeko aho iyo mishinga igeze.

Ati “Umushinga wo gukumira ibiza mu gace k’Ibirunga watangiye mu mwaka wa 2019, wari uwo kugira ngo twubake imyuzi ifata amazi ava mu Birunga, tumaze kubaka imyuzi icyenda muri cumi n’umwe y’intego twihaye kugeza mu mwaka wa 2024. Umushinga uri ku ntego yawo ntabwo turakerererwa cyane.”

Abadepite basabye Guverinoma gushyiraho uburyo bufatika bwo gufata ayo mazi kugira ngo afashe urwego rw’ubuhinzi. Ibyo babishingira ko iyo imvura yabuze n’iyo yabonetse byose biba ibibazo. Nyamara ngo igihe imvura yabaye nyinshi yakabaye ihinduka umwanya wo gufata amazi yo kuhira imyaka mu bihe by’izuba.

Ni mu kiganiro Dr Ngirente yagiranye n’Abadepite
Bavuze ko habaye intege nke mu gukumira ibiza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Bamwe buriye indege abandi bajya gusura imiryango mu cyaro- Ibyo abakinnyi b’i Rwanda bahugiyemo

Next Post

Igihugu cyimakaje ubwisanzure bwatumye bigikomerana none cyasabwe ibikomeye

Related Posts

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

IZIHERUKA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It
IMIBEREHO MYIZA

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyimakaje ubwisanzure bwatumye bigikomerana none cyasabwe ibikomeye

Igihugu cyimakaje ubwisanzure bwatumye bigikomerana none cyasabwe ibikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.