Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo Minisitiri w’Intebe yahaye Abadepite babajije icyabuze ngo hakumirwe ibiza byishe abantu 130

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo Minisitiri w’Intebe yahaye Abadepite babajije icyabuze ngo hakumirwe ibiza byishe abantu 130
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, babajije Minisitiri w’Intebe, impamvu hatashyizwe imbaraga mu mishinga yo kwirinda ingaruka z’ibiza, ku buryo haherutse kuba ibyahitanye abarenga 130.

Ni mu kiganiro, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagiranye n’Abadepite kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, cyagarukaga ku ngamba za Guverinoma y’u Rwanda zo gukumira no kwirinda ingaruka z’ibiza.

Ni nyuma y’uko mu ntangiro z’ukwezi gushize, mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi, mu Rwanda haguye imvura iremereye yibasiye ibice byiganjemo ibyo mu Burengerazuba, igateza imyuzure n’inkangu, byahitanye abantu 131.

Imibare ya Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko imitungo yangijwe n’ibi biza, ifite agaciro ka miliyari 222,31 Frw. Ariko gusana ibyo bikorwa bizatwara miliyari 518,52 frw. Iyo mibare igaragaza ko ikiguzi cyo gusana ibyo imvura yahitanye gikubye inshuro ebyiri agaciro k’ibyangijwe n’imvura.

Icyakora ngo hari imishinga minini Leta ishyize imbere mu gukumira ko ibiza byazongera guhitana abaturage n’ibyayo.

Icyakora abagize Inteko Ishinga  Amategeko babajije impamvu iyo mishinga itakozwe mbere ndetse n’icyatumye imwe mu yo imaze imyaka myinshi itarangira kandi ishobora gutabara ubuzima bw’abaturage mu bihe by’imvura idasanzwe.

Umwe mu Badepite yagize ati “Hari iyo tumaze imyaka myinshi twumva, navugamo nk’umushinga umwe wo gukumira ibiza mu gace k’Ibirunga. Ese bashobora aho ugeze ushyirwa mu bikorwa? Nagiraga ngo mbabaze ko mubibona. Niba mutabonamo intege nke. Iriya mishinga iyo iba yarakozwe neza ntabwo byari kugera aha ngaha. Iintu cyatumye ibiza bigera hariya kandi hari imishinga, niba ari isanzwe kuki ikibazo cyageze hariya?”

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko iyo mishinga itwara igihe kinini kubera ubushobozi bw’amafaranga, ariko ko Guverinoma iyishyizemo imbaraga.

Yagize ati “Hari imishinga isanzwe ikora, ariko nk’uko mubizi ntabwo umushinga ukorwa mu mwaka umwe. Imishinga myinshi ijya ku myaka irenze umwe. Hari igihe biterwa n’amafaranga tugomba kuwushyiramo, atabonekera rimwe noneho tukagenda tubikora mu byiciro.”

Kuri iyo ngingo Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc yabwiye abagize Inteko ishinga Amategeko aho iyo mishinga igeze.

Ati “Umushinga wo gukumira ibiza mu gace k’Ibirunga watangiye mu mwaka wa 2019, wari uwo kugira ngo twubake imyuzi ifata amazi ava mu Birunga, tumaze kubaka imyuzi icyenda muri cumi n’umwe y’intego twihaye kugeza mu mwaka wa 2024. Umushinga uri ku ntego yawo ntabwo turakerererwa cyane.”

Abadepite basabye Guverinoma gushyiraho uburyo bufatika bwo gufata ayo mazi kugira ngo afashe urwego rw’ubuhinzi. Ibyo babishingira ko iyo imvura yabuze n’iyo yabonetse byose biba ibibazo. Nyamara ngo igihe imvura yabaye nyinshi yakabaye ihinduka umwanya wo gufata amazi yo kuhira imyaka mu bihe by’izuba.

Ni mu kiganiro Dr Ngirente yagiranye n’Abadepite
Bavuze ko habaye intege nke mu gukumira ibiza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twenty =

Previous Post

Bamwe buriye indege abandi bajya gusura imiryango mu cyaro- Ibyo abakinnyi b’i Rwanda bahugiyemo

Next Post

Igihugu cyimakaje ubwisanzure bwatumye bigikomerana none cyasabwe ibikomeye

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyimakaje ubwisanzure bwatumye bigikomerana none cyasabwe ibikomeye

Igihugu cyimakaje ubwisanzure bwatumye bigikomerana none cyasabwe ibikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.