Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo Minisitiri w’Intebe yahaye Abadepite babajije icyabuze ngo hakumirwe ibiza byishe abantu 130

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo Minisitiri w’Intebe yahaye Abadepite babajije icyabuze ngo hakumirwe ibiza byishe abantu 130
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, babajije Minisitiri w’Intebe, impamvu hatashyizwe imbaraga mu mishinga yo kwirinda ingaruka z’ibiza, ku buryo haherutse kuba ibyahitanye abarenga 130.

Ni mu kiganiro, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagiranye n’Abadepite kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, cyagarukaga ku ngamba za Guverinoma y’u Rwanda zo gukumira no kwirinda ingaruka z’ibiza.

Ni nyuma y’uko mu ntangiro z’ukwezi gushize, mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi, mu Rwanda haguye imvura iremereye yibasiye ibice byiganjemo ibyo mu Burengerazuba, igateza imyuzure n’inkangu, byahitanye abantu 131.

Imibare ya Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko imitungo yangijwe n’ibi biza, ifite agaciro ka miliyari 222,31 Frw. Ariko gusana ibyo bikorwa bizatwara miliyari 518,52 frw. Iyo mibare igaragaza ko ikiguzi cyo gusana ibyo imvura yahitanye gikubye inshuro ebyiri agaciro k’ibyangijwe n’imvura.

Icyakora ngo hari imishinga minini Leta ishyize imbere mu gukumira ko ibiza byazongera guhitana abaturage n’ibyayo.

Icyakora abagize Inteko Ishinga  Amategeko babajije impamvu iyo mishinga itakozwe mbere ndetse n’icyatumye imwe mu yo imaze imyaka myinshi itarangira kandi ishobora gutabara ubuzima bw’abaturage mu bihe by’imvura idasanzwe.

Umwe mu Badepite yagize ati “Hari iyo tumaze imyaka myinshi twumva, navugamo nk’umushinga umwe wo gukumira ibiza mu gace k’Ibirunga. Ese bashobora aho ugeze ushyirwa mu bikorwa? Nagiraga ngo mbabaze ko mubibona. Niba mutabonamo intege nke. Iriya mishinga iyo iba yarakozwe neza ntabwo byari kugera aha ngaha. Iintu cyatumye ibiza bigera hariya kandi hari imishinga, niba ari isanzwe kuki ikibazo cyageze hariya?”

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko iyo mishinga itwara igihe kinini kubera ubushobozi bw’amafaranga, ariko ko Guverinoma iyishyizemo imbaraga.

Yagize ati “Hari imishinga isanzwe ikora, ariko nk’uko mubizi ntabwo umushinga ukorwa mu mwaka umwe. Imishinga myinshi ijya ku myaka irenze umwe. Hari igihe biterwa n’amafaranga tugomba kuwushyiramo, atabonekera rimwe noneho tukagenda tubikora mu byiciro.”

Kuri iyo ngingo Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc yabwiye abagize Inteko ishinga Amategeko aho iyo mishinga igeze.

Ati “Umushinga wo gukumira ibiza mu gace k’Ibirunga watangiye mu mwaka wa 2019, wari uwo kugira ngo twubake imyuzi ifata amazi ava mu Birunga, tumaze kubaka imyuzi icyenda muri cumi n’umwe y’intego twihaye kugeza mu mwaka wa 2024. Umushinga uri ku ntego yawo ntabwo turakerererwa cyane.”

Abadepite basabye Guverinoma gushyiraho uburyo bufatika bwo gufata ayo mazi kugira ngo afashe urwego rw’ubuhinzi. Ibyo babishingira ko iyo imvura yabuze n’iyo yabonetse byose biba ibibazo. Nyamara ngo igihe imvura yabaye nyinshi yakabaye ihinduka umwanya wo gufata amazi yo kuhira imyaka mu bihe by’izuba.

Ni mu kiganiro Dr Ngirente yagiranye n’Abadepite
Bavuze ko habaye intege nke mu gukumira ibiza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 4 =

Previous Post

Bamwe buriye indege abandi bajya gusura imiryango mu cyaro- Ibyo abakinnyi b’i Rwanda bahugiyemo

Next Post

Igihugu cyimakaje ubwisanzure bwatumye bigikomerana none cyasabwe ibikomeye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyimakaje ubwisanzure bwatumye bigikomerana none cyasabwe ibikomeye

Igihugu cyimakaje ubwisanzure bwatumye bigikomerana none cyasabwe ibikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.