Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Perezida Kagame yasubiza uwamubaza niba afitiye impuhwe M23

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo Perezida Kagame yasubiza uwamubaza niba afitiye impuhwe M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko aho kugirira impuhwe ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwaranzwe no kwica abaturage babwo, yazigirira umutwe wa M23 ashingiye ku bimenyetso n’ibikorwa by’impamvu urwanira kuko zumvikana. Ati “Ahubwo nibaza impamvu abandi batabagirira impuhwe.”

Perezida Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Mpuzamahanga Jeune Afrique, cyagarutse ku ngingo ziganjemo izigaruka ku bibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi bibazo bishinze imizi ku myitwarire y’ubutegetsi bw’iki Gihugu, bwaranzwe n’ivangura, aho bwakomeje guheeza ku burenganzira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi ndetse bugafatanya n’imitwe irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, mu bikorwa byo kwica abo Banyekongo.

Ibi bibazo ni na byo byatumye havuka umutwe wa M23 ngo urwanire uburenganzira bw’aba Banyekongo, aho uyu mutwe umaze igihe wubuye imirwano iwuhanganishije n’ubutegetsi bwa Congo, ukaba unamaze kwigarurira ibice binyuranye muri DRC.

Perezida Kagame yakunze kugaragaza ko nubwo u Rwanda rudafasha uyu mutwe wa M23, ariko rushyigikiye impamvu urwanira, kuko zumvikana ndetse zikwiye no guhabwa agaciro nk’uko n’ibindi Bihugu by’amahanga bidahwema gusaba ubutegetsi bwa Congo kuganira na wo kugira ngo bushyire mu bikorwa ibyifuzo byawo.

Muri iki kiganiro na Jeune Afrique, Perezida Kagame yabajijwe impamvu u Rwanda rufitiye impuhwe umutwe wa M23, avuga ko mbere na mbere impuhwe ze ziba ziri ku Gihugu cye n’abandi Banyarwanda bose cy’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko ahubwo atumva impamvu abandi batagirira impuhwe M23

Perezida Kagame yavuze ko M23 ari kimwe mu bice binini byabayeho kubera ibibazo biri muri Congo, ariko ko adashobora kwifatanya n’ubutegetsi bw’iki Gihugu asize uyu mutwe, kuko umuzi w’ibyo bibazo ari Leta.

Ati “Urifuza ko ngirira impuhwe Guverinoma ya Kinshasa kandi ari yo muzi w’ibibazo byose cyangwa ari yo iri inyuma y’ibi bibazo dufite uyu munsi? Birumvikana ntibishoboka.

Nanone ikindi kibazo, ese nagirira impuhwe M23? Yego birashoboka, nshingiye ku bikorwa n’ibimenyetso. Icya mbere uyu ni umutwe uhagarariye irindi tsinda rinini ry’abantu, bakomeje kwimwa uburenganzira bwabo, bakomeje kwicwa, bakomeje gukurwa mu byabo, ndetse dufite impunzi nyinshi hano mu Rwanda zibarirwa mu bihumbi ijana zagizwe impunzi n’ibyo bibazo, kandi si ku nshuro ya mbere barwana, none kuki byagarutse nyuma y’imyaka icumi?

Icya kabiri, bakomeje guhohoterwa muri ubwo buryo kubera ko bafitanye isano n’abaturage bari mu Rwanda. M23 baravuga ngo ‘aba ni Abatutsi’,…bati ‘bagomba kujya mu Rwanda’ ariko ntabwo u Rwanda ari rwo rwatumye bisanga ari Abanyekongo.

Rero ikibazo cyo kugirira impuhwe M23 cyangwa…ahubwo njye nibaza impamvu kuki abandi batabagirira impuhwe, kuko njye nterekeza ko buri wese afite uburyo abona ukuri kuri iki kibazo.”

Perezida Kagame yavuze ko ubutegetsi bwa Congo kandi bwaranzwe no gukorana n’umutwe wa FDLR ndetse n’indi mitwe ikora ibyo bikorwa bibi, ku buryo kugirira impuhwe ubwo butegetsi byaba ari ugushyigikira iyo mitwe.

Ati “None ni inde wifuza ko ngirira impuhwe FDLR, mu burasirazuba bwa Congo? Urashaka ko ngirira impuhwe imitwe yitwaje intwaro nka Wazalendo wishyize hamwe na Guverinoma kugira ngo barwane iyi ntambara? Urifuza ko ngirira impuhwe u Burundi bwijanditse muri ibi bibazo ku mpamvu ishingiye ku bwoko na bwo Guverinoma yabwo yinjiye mu kugirira nabi aba baturage? Mu kubarwanya no kubica?”

Perezida Kagame yakunze gusaba ko ubutegetsi bwa Congo bukwiye kwemera ibiganiro n’umutwe wa M23 bwakunze gusuzugura ndetse ntibushyire mu bikorwa ibyo bwawemereye, hagashakwa umuti urambye w’umuzi w’ibibazo byatumye uvuka, birimo umutwe wa FDLR wagiye gukomereza ingengabitekerezo ya Jenoside mu burasirazuba bwa DRC, ukarandurwa burundu, bitaba ibyo, ibi bibazo bikazakomeza kwisubiramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 18 =

Previous Post

Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Next Post

Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo

Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.