Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in MU RWANDA
0
Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yavuze ko abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda bakabangamira ibinyabiziga mu bihe byo kwambukiranya umuhanda, na bo bakwiye kubihanirwa nk’uko abatwara ibinyabiziga na bo bahabwa ibihano, Polisi imugenera igisubizo cy’ibikwiye kubanza gutekerezwa mbere y’ibihano.

Ni nyuma yuko ukoresha Konti yitwa Kemnique (Urinde Wiyemera) ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanditse ubutumwa kuri uru rubuga avuga ko nk’uko abatwara ibinyabiziga bahabwa ibihano igihe bakoze amakosa yo mu muhanda, bikwiye no gukorwa ku banyamaguru.

Yagize ati “Mubyumva mute hatangiraga gushyirwaho ibihano ku bantu bambuka umuhanda nabi cyangwa mu buryo butemewe?”

Uyu usanzwe akoresha cyane urubuga nkoranyambaga rwa X, yakomeje agira ati “Impamvu mbigarukaho ni uko abatwara ibinyabiziga babahana kandi usigaye ubona ko bubahiriza amategeko. None ubu abanyamaguru bo kuki batakurikiranwa mu gihe bagize uruhure mu kwambuka umuhanda nabi, kandi bose bagira uruhare mu mutekano wo mu muhanda?”

Yasoje icyifuzo cye agira ati “Wowe utwara cyangwa ugenda n’amaguru urabyumva ute mu rwego rwo kurushaho kwimakaza #GerayoAmahoro?”

Polisi y’u Rwanda mu kumusubiza, yamushimiye igitekerezo yatanze, ariko ivuga ko mbere yo gutekereza ibihano ku banyamaguru, na bo ubwabo bari bakwiye gutekereza uko bakwiye kubahiriza amategeko y’umuhanda.

Mu butumwa busubiza, Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, bwagize buti “Mbere yo gutekereza ibihano, abagenda n’amaguru bafite inshingano yo kuzirikana ko ari bo ba mbere bagomba kwirinda icyabangamira ubuzima cyangwa umutekano wabo. Tuributsa abagenda n’amaguru ko badakwiriye kubangamira ibinyabiziga.”

Bamwe mu batwara ibinyabiziga bakunze gutunga agatoki bamwe banyamaguru na bo gukora amakosa yo mu muhanda, byumwihariko kwambukiranya umuhanda mu gihe ibimenyetso bibabuza, bigatuma abatwaye ibinyabiziga bashobora gufata feri yihutiyeho batiteguye, bikaba byanateza impanuka, bakagongwa n’ibinyabiziga biri inyuma y’ibyabo, cyangwa feri ikaba yakwanga bakagonga abo banyamaguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 1 =

Previous Post

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Next Post

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Related Posts

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

by radiotv10
13/11/2025
0

We live in a time where almost everyone is glued to their phone. TikTok, Instagram, Facebook, Snapchat, WhatsApp, these apps...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

IZIHERUKA

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity
MU RWANDA

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

by radiotv10
13/11/2025
0

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

13/11/2025
Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.