Thursday, July 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in MU RWANDA
0
Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yavuze ko abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda bakabangamira ibinyabiziga mu bihe byo kwambukiranya umuhanda, na bo bakwiye kubihanirwa nk’uko abatwara ibinyabiziga na bo bahabwa ibihano, Polisi imugenera igisubizo cy’ibikwiye kubanza gutekerezwa mbere y’ibihano.

Ni nyuma yuko ukoresha Konti yitwa Kemnique (Urinde Wiyemera) ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanditse ubutumwa kuri uru rubuga avuga ko nk’uko abatwara ibinyabiziga bahabwa ibihano igihe bakoze amakosa yo mu muhanda, bikwiye no gukorwa ku banyamaguru.

Yagize ati “Mubyumva mute hatangiraga gushyirwaho ibihano ku bantu bambuka umuhanda nabi cyangwa mu buryo butemewe?”

Uyu usanzwe akoresha cyane urubuga nkoranyambaga rwa X, yakomeje agira ati “Impamvu mbigarukaho ni uko abatwara ibinyabiziga babahana kandi usigaye ubona ko bubahiriza amategeko. None ubu abanyamaguru bo kuki batakurikiranwa mu gihe bagize uruhure mu kwambuka umuhanda nabi, kandi bose bagira uruhare mu mutekano wo mu muhanda?”

Yasoje icyifuzo cye agira ati “Wowe utwara cyangwa ugenda n’amaguru urabyumva ute mu rwego rwo kurushaho kwimakaza #GerayoAmahoro?”

Polisi y’u Rwanda mu kumusubiza, yamushimiye igitekerezo yatanze, ariko ivuga ko mbere yo gutekereza ibihano ku banyamaguru, na bo ubwabo bari bakwiye gutekereza uko bakwiye kubahiriza amategeko y’umuhanda.

Mu butumwa busubiza, Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, bwagize buti “Mbere yo gutekereza ibihano, abagenda n’amaguru bafite inshingano yo kuzirikana ko ari bo ba mbere bagomba kwirinda icyabangamira ubuzima cyangwa umutekano wabo. Tuributsa abagenda n’amaguru ko badakwiriye kubangamira ibinyabiziga.”

Bamwe mu batwara ibinyabiziga bakunze gutunga agatoki bamwe banyamaguru na bo gukora amakosa yo mu muhanda, byumwihariko kwambukiranya umuhanda mu gihe ibimenyetso bibabuza, bigatuma abatwaye ibinyabiziga bashobora gufata feri yihutiyeho batiteguye, bikaba byanateza impanuka, bakagongwa n’ibinyabiziga biri inyuma y’ibyabo, cyangwa feri ikaba yakwanga bakagonga abo banyamaguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eight =

Previous Post

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Next Post

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Related Posts

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

by radiotv10
17/07/2025
0

Perezida wa Kenya, William Ruto yakiriye General (Rtd) James Kabarebe nk’Intumwa Idasanzwe ya Perezida Paul Kagame, bagirana ibiganiro byagarutse no...

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

by radiotv10
17/07/2025
0

The Chief Executive Officer of the Rwanda Development Board (RDB), Jean-Guy K. Africa today hosted a high-level courtesy visit from...

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

by radiotv10
17/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwashyizwe u Rwanda na DRC ku rwego rumwe mu biganiro bihuza...

Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

by radiotv10
17/07/2025
0

Gatabazi Jean Marie Vianney wari ugiye kuzuza imyaka itatu akuwe mu nshingano za Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, akaba yongeye guhabwa umwanya,...

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

by radiotv10
17/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu nshingano Abayobozi banyuranye, barimo Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba muri Guverinoma, na Maj Gen (Rtd)...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe
MU RWANDA

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

by radiotv10
17/07/2025
0

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

17/07/2025
Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

17/07/2025
Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

17/07/2025
Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

17/07/2025
Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

17/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.