Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IGP Dan Munyuza yakiriye Umuyobozi wa Polisi ya DRC bagaruka ku kurandura imitwe irimo FDLR

radiotv10by radiotv10
13/12/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IGP Dan Munyuza yakiriye Umuyobozi wa Polisi ya DRC bagaruka ku kurandura imitwe irimo FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza uyu munsi wakiriye mugenzi we uyobora Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko Ibihugu byombi byifuza kongera imikoranire kugira ngo uwo ari we wese wahirahira ashaka guhungabanya umutekano w’ibi bihugu asigeho kuko byamuhenda.

IGP Dan Munyuza yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ukuboza ubwo yakiraga mugenzi we uyobora Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, General Amuli Bahigwa Dieudonne uri mu Rwanda n’itsinda ayoboye.

General Amuli Bahigwa Dieudonne unayobora Inama y’Abayobozi ba Polisi zibumbiye mu Muryango wo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO), agiriye uruzinduko rwa kabiri kuva yahabwa izi nshingano.

IGP Dan Munyuza wamwakiriye bakagirana n’ibiganiro, yavuze ko uru ruzinduko rufite igisobanuro gikomeye ku mubano usanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Repebulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Dufata uru ruzinduko rwanyu nk’intabwe ikomeye mu kubaka ubufatanye mu mutekano w’u Rwanda na Repebulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi ibihugu byombi ntabwo ari ibituranyi gusa ahubwo ni ibivandimwe.”

IGP Dan Munyuza yavuze ko Polisi z’ibihugu byombi ziteguye gukorana

IGP Dan Munyuza yavuze ko ubu  bufatanye buzakomeza kugira uruhare mu guhangana n’ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu karere biterwa n’imwe mu mitwe iwuhungabanya irimo FDLR na RUD Urunana ndetse n’imitwe y’iterabwoba igendera ku mahame akarishye ya Islam.

Ati “Bikeneye ko twubaka ubufatanye bukomeye ndetse no guhuza imbaraga mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka bihangayikishije aka Karere.”

Yavuze ko hagomba gushyirwaho uburyo bwo guhanahana amakuru ndetse no gukorana mu butasi bw’ibyaha ubundi bakongera imbaraga mu bufatanye bugamije kurwanya abanyabyaha.

Yagarutse ku mwanzuro wafatiwe mu nama yaguye ya EAPCCO ya 23 yabereye i Kinshasa, avuga ko Polisi y’u Rwanda yiteguye gukorana na Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’izindi Polisi zo mu Karere.

Yavuze ko hashyizweho itsinda rizakorera Goma rishinzwe guhuriza amakuru hamwe ku bikorwa by’iterabwoba mu karere.

Ati “Kurwanya iterabwoba rishingiye ku myemerere ya kiyisilamu ni urugamba igihugu kimwe kitatsinda niyo mpamvu tutabaha umwanya wo gukurira mu bihugu byacu kugira ngo bahungabanye umutekano w’aka Karere.”

Akomeza agira ati “Turashaka gukorera hamwe kugira ngo dutange ubutumwa bukomeye kuri buri wese washaka guhungabanya umutekano ko atabigeraho.”

General Amuli Bahigwa Dieudonne na we yaboneyeho gushima ubuyobozi bukuru bw’Ibihugu byombi bukomeje gukorana neza by’umwihariko mu bikorwa byo kuzana amahoro muri aka karere.

Muri uru ruzinduko kandi Polisi y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zasinye amasezerano y’ubufatanye agamije gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha no gucunga umutekano w’abatuye muri ibi bihugu n’ibyabo.

Ubwo yakirwaga ku Cyicaro cya Polisi
Amuli Bahigwa Dieudonne yashimye uburyo ibihugu byombi biri gukorana
Habaye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − twelve =

Previous Post

Muhanga: Umukobwa ukurikiranyweho kwivanamo inda avuga ko yagiye mu musarani akumva umwana yituyemo

Next Post

AMAFOTO: Impanga zivukana na Judith wa Safi zakoreye ubukwe umunsi umwe

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Impanga zivukana na Judith wa Safi zakoreye ubukwe umunsi umwe

AMAFOTO: Impanga zivukana na Judith wa Safi zakoreye ubukwe umunsi umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.