Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IGP Dan Munyuza yakiriye Umuyobozi wa Polisi ya DRC bagaruka ku kurandura imitwe irimo FDLR

radiotv10by radiotv10
13/12/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IGP Dan Munyuza yakiriye Umuyobozi wa Polisi ya DRC bagaruka ku kurandura imitwe irimo FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza uyu munsi wakiriye mugenzi we uyobora Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko Ibihugu byombi byifuza kongera imikoranire kugira ngo uwo ari we wese wahirahira ashaka guhungabanya umutekano w’ibi bihugu asigeho kuko byamuhenda.

IGP Dan Munyuza yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ukuboza ubwo yakiraga mugenzi we uyobora Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, General Amuli Bahigwa Dieudonne uri mu Rwanda n’itsinda ayoboye.

General Amuli Bahigwa Dieudonne unayobora Inama y’Abayobozi ba Polisi zibumbiye mu Muryango wo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO), agiriye uruzinduko rwa kabiri kuva yahabwa izi nshingano.

IGP Dan Munyuza wamwakiriye bakagirana n’ibiganiro, yavuze ko uru ruzinduko rufite igisobanuro gikomeye ku mubano usanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Repebulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Dufata uru ruzinduko rwanyu nk’intabwe ikomeye mu kubaka ubufatanye mu mutekano w’u Rwanda na Repebulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi ibihugu byombi ntabwo ari ibituranyi gusa ahubwo ni ibivandimwe.”

IGP Dan Munyuza yavuze ko Polisi z’ibihugu byombi ziteguye gukorana

IGP Dan Munyuza yavuze ko ubu  bufatanye buzakomeza kugira uruhare mu guhangana n’ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu karere biterwa n’imwe mu mitwe iwuhungabanya irimo FDLR na RUD Urunana ndetse n’imitwe y’iterabwoba igendera ku mahame akarishye ya Islam.

Ati “Bikeneye ko twubaka ubufatanye bukomeye ndetse no guhuza imbaraga mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka bihangayikishije aka Karere.”

Yavuze ko hagomba gushyirwaho uburyo bwo guhanahana amakuru ndetse no gukorana mu butasi bw’ibyaha ubundi bakongera imbaraga mu bufatanye bugamije kurwanya abanyabyaha.

Yagarutse ku mwanzuro wafatiwe mu nama yaguye ya EAPCCO ya 23 yabereye i Kinshasa, avuga ko Polisi y’u Rwanda yiteguye gukorana na Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’izindi Polisi zo mu Karere.

Yavuze ko hashyizweho itsinda rizakorera Goma rishinzwe guhuriza amakuru hamwe ku bikorwa by’iterabwoba mu karere.

Ati “Kurwanya iterabwoba rishingiye ku myemerere ya kiyisilamu ni urugamba igihugu kimwe kitatsinda niyo mpamvu tutabaha umwanya wo gukurira mu bihugu byacu kugira ngo bahungabanye umutekano w’aka Karere.”

Akomeza agira ati “Turashaka gukorera hamwe kugira ngo dutange ubutumwa bukomeye kuri buri wese washaka guhungabanya umutekano ko atabigeraho.”

General Amuli Bahigwa Dieudonne na we yaboneyeho gushima ubuyobozi bukuru bw’Ibihugu byombi bukomeje gukorana neza by’umwihariko mu bikorwa byo kuzana amahoro muri aka karere.

Muri uru ruzinduko kandi Polisi y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zasinye amasezerano y’ubufatanye agamije gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha no gucunga umutekano w’abatuye muri ibi bihugu n’ibyabo.

Ubwo yakirwaga ku Cyicaro cya Polisi
Amuli Bahigwa Dieudonne yashimye uburyo ibihugu byombi biri gukorana
Habaye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 17 =

Previous Post

Muhanga: Umukobwa ukurikiranyweho kwivanamo inda avuga ko yagiye mu musarani akumva umwana yituyemo

Next Post

AMAFOTO: Impanga zivukana na Judith wa Safi zakoreye ubukwe umunsi umwe

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Impanga zivukana na Judith wa Safi zakoreye ubukwe umunsi umwe

AMAFOTO: Impanga zivukana na Judith wa Safi zakoreye ubukwe umunsi umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.