Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in MU RWANDA
0
Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Prof Dusingizemungu Jean Pierre yavuze ko uretse kuba RPF-Inkotanyi yararokoye Abatutsi bariho bicwa muri Jenoside, yanomoye ibikomere Abanyarwanda bari barasigiwe n’ubutegetsi bubi bwabanje bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Prof Dusingizemungu Jean Pierre yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022 mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, wabereye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Muri iki gikorwa kitabiriwe n’abakozi barimo abo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, muri Minisiteri y’Ubutabera, aba Minisiteri y’Ibikorwa Remezo n’abo muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko, hatanzwe ibiganiro byagarutse ku mateka yagejeje kuri Jenoside.

Prof Dusingizemungu Jean Pierre yavuze ko abanyapolitiki babi bo mu butegetsi bwa mbere y’ 1994 bagize uruhare rukomeye mu kubiba urwango Abahutu bagiriye Abatutsi, bikanatuma habaho Jenoside Yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Ati “Ijambo rya Kayibanda ryaratwishe, ijambo rya Habyarimana riratwica, ijambo ry’abanyuramatwi riratwica, ijambo rya Bikindi riratwica ijambo ry’Abanyamakuru nka ba Bamwanga ni ryo ryishe Abatutsi i Bugesera mu za 94 na 93, ariko ijambo ry’Inkotanyi icyo gihe, adusobanurira icyo Inkirirahato rivuga n’impamvu tudakwiye kwihorera, iryo jambo ryabaye umusingi w’ibyagombaga gukurikira muri iki Gihugu.”

Abakozo b’ibi bigo na za Minisiteri babanje gusura urwibutso rwa Buhanda ruherereye mu Karere ka Gasabo, bunamira inzirakarengane zirenga ibihumbi 37 ziharuhukiye.

Eric Mwiseneza warokokeye muri aka gace, avuga ko habereye ubwicanyi bw’indengakamere kuko hari imiryango myinshi yari ihatuye yazimiye byumwihariko ahashyizwe uru rwibutso hahoze ari mu murima w’umugabo witwaga Sabasaba wishwe n’abe bose.

Ati “Hano hepfo i Gasagara hari imiryango hafi 49 yazimye, ntabwo nakwibuka amazina yose ariko iyo miryango yo ndayibuka.”

Mwiseneza avuga ko umutwaro ukiremereye abarokotse Jenoside ari ukuba hari abatarashyingura mu cyubahiro ababo kuko imibiri yabo itaraboneka kandi ababishe bazi amakuru y’aho babashyize, agasaba ko bahavuga kugira ngo na yo ishyingurwe.

Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Next Post

Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.