Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in MU RWANDA
0
Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Prof Dusingizemungu Jean Pierre yavuze ko uretse kuba RPF-Inkotanyi yararokoye Abatutsi bariho bicwa muri Jenoside, yanomoye ibikomere Abanyarwanda bari barasigiwe n’ubutegetsi bubi bwabanje bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Prof Dusingizemungu Jean Pierre yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022 mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, wabereye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Muri iki gikorwa kitabiriwe n’abakozi barimo abo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, muri Minisiteri y’Ubutabera, aba Minisiteri y’Ibikorwa Remezo n’abo muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko, hatanzwe ibiganiro byagarutse ku mateka yagejeje kuri Jenoside.

Prof Dusingizemungu Jean Pierre yavuze ko abanyapolitiki babi bo mu butegetsi bwa mbere y’ 1994 bagize uruhare rukomeye mu kubiba urwango Abahutu bagiriye Abatutsi, bikanatuma habaho Jenoside Yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Ati “Ijambo rya Kayibanda ryaratwishe, ijambo rya Habyarimana riratwica, ijambo ry’abanyuramatwi riratwica, ijambo rya Bikindi riratwica ijambo ry’Abanyamakuru nka ba Bamwanga ni ryo ryishe Abatutsi i Bugesera mu za 94 na 93, ariko ijambo ry’Inkotanyi icyo gihe, adusobanurira icyo Inkirirahato rivuga n’impamvu tudakwiye kwihorera, iryo jambo ryabaye umusingi w’ibyagombaga gukurikira muri iki Gihugu.”

Abakozo b’ibi bigo na za Minisiteri babanje gusura urwibutso rwa Buhanda ruherereye mu Karere ka Gasabo, bunamira inzirakarengane zirenga ibihumbi 37 ziharuhukiye.

Eric Mwiseneza warokokeye muri aka gace, avuga ko habereye ubwicanyi bw’indengakamere kuko hari imiryango myinshi yari ihatuye yazimiye byumwihariko ahashyizwe uru rwibutso hahoze ari mu murima w’umugabo witwaga Sabasaba wishwe n’abe bose.

Ati “Hano hepfo i Gasagara hari imiryango hafi 49 yazimye, ntabwo nakwibuka amazina yose ariko iyo miryango yo ndayibuka.”

Mwiseneza avuga ko umutwaro ukiremereye abarokotse Jenoside ari ukuba hari abatarashyingura mu cyubahiro ababo kuko imibiri yabo itaraboneka kandi ababishe bazi amakuru y’aho babashyize, agasaba ko bahavuga kugira ngo na yo ishyingurwe.

Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Next Post

Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Related Posts

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.