• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

radiotv10by radiotv10
01/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo biri muri DRC kandi ko Igihugu cye gifite impungenge ko ari cyo ruzakurikizaho.

Ni mu ijambo yatanze kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Ukuboza 2025, aho yagarutse ku mubano w’Iguhugu cye n’ibituranyi byacyo byumwihariko u Rwanda, aho yarushinje ibirego yakunze kuvuga ko rugira uruhare mu guhungabanya umutekano mu karere.

Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda gucumbikira bamwe mu bagira uruhare mu guhungabanya umutekano w’u Burundi, ngo kikaba ari na cyo gihungabanya umutekano wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ibibera mu Gihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tubikurikiranira hafi cyane cyane ko icyo Gihugu gitera Congo dufitanye inzika kuko ari cyo gikomeza kubungabunga abicanyi bahigira u Burundi, nta kitwereka rero ko nyuma ya Congo atari u Burundi, nk’uko abo Barundi b’imburamumaro bakiri mu Rwanda n’i Burayi babyivugira.”

Ndayishimiye yavuze ko u Burundi budahwema gusaba u Rwanda icyo rubuhora, ngo kuko bwifuza ko ibi Bihugu byombi bibana neza.

Ati “Ku ruhande rwacu ntidutezuka ku kuguma twegera u Rwanda ngo rutubwize ukuri icyo ruhora u Burundi kugira ngo tugire ibiganiro, bishakirwe umuti nta kirangirika, ariko ikibabaje kandi giteye amakenga ni uko nta na kimwe abayobozi b’u Rwanda batubwira cyatuma batera u Burundi.”

Ni mu gihe Perezida w’u Burundi ubwe yigeze kuvuga yeruye ko afite umugambi wo gutera u Rwanda, byumwihariko ijambo yigeze kuvugira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko yifuza gufasha urubyiruko rw’u Rwanda gukuraho ubutegetsi buriho ngo kuko buruboshye.

U Burundi kandi bwiyemeje gukorana n’ubutegetsi bwa DRC ndetse n’umutwe wa FDLR mu mugambi wo kwica Abanyekongo b’Abatutsi.

Guverinoma y’u Rwanda kandi na yo ntiyahwemye kugaragaza ubushake bwo kwicarana n’iy’u Burundi ngo bagirane ibiganiro bigamije gutora umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro aheruka kugirana n’itangazamakuru, yavuze ko u Rwanda ruhora rwiteguye kuganira n’u Burundi, kandi ko igihe cyose iki Gihugu cy’igituranyi kizifuza gufungura imipaka, u Rwanda rwo amarembo afunguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Next Post

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.