Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuze ko intambara na Iran izarangira vuba.

Ibiciro by’amavuta byari byarazamutse birenga amadorali 100 y’Amerika ku wa Mbere, kikaba ari cyo giciro cyo hejuru cyane cyari kibayeho kuva mu 2022, ubwo u Burusiya bwateraga Ukraine bigahungabanya isoko ry’ingufu ku rwego rw’Isi.

Ibyo byatewe n’uko ibihugu nka Saudi Arabia n’ibindi byo mu Burasirazuba bwo Hagati bitanga peteroli ku Isi bihagaritse kuyohereza, kubera intambara ya Amerika na Israel kuri Iran ikomeje gufata indi ntera, bituma habaho ubwoba bw’uko isoko ry’ibikomoka kuri peteroli ryahungabana.

Gusa izo mpungenge zabaye nk’izigabanuka nyuma y’aho ibiciro by’amavuta bitangiye kugabanuka. Iryo gabanuka ryabaye nyuma y’uko Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin agiranye ibiganiro kuri telefoni na Perezida Donald Trump baganira ku buryo bwo kurangiza iyi ntambara yo muri Iran, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida Putin, Kremlin, kuri uyu wa Kabiri.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, Perezida Donald Trump yavuze ko atekereza ko intambara yo muri Iran ishobora kuba yamaze kurangira, kandi ko Washington yayirangije mbere y’igihe yari yateganyije kiri hagati y’ibyumweru bine na bitanu.

Gusa Trump yanatangaje ko Amerika ishobora kongera kugaba ibitero bikomeye kuri Iran iramutse igerageje guhagarika ubwikorezi bw’amabato atwara ibikomoka kuri peteroli anyura mu muhora wa Hormuz, inzira y’amazi icamo hafi igice cya kabiri cy’amavuta ajya hirya no hino ku Isi.

Perezida Trump yagize ati: “Iran niramuka igize icyo ikora kigamije kubihagarika, izahita ihura n’ibitero bikomeye cyane kurushaho.

Nzabarasa bikomeye kandi mu gihe gito cyane, ku buryo batazigera bongera kwisuganya na rimwe. Niba bashaka gukina uwo mukino, byaba byiza batabikoze… Rero bagomba gufungura inzira ya Hormuz, kuko kuyifunga bigira ingaruka ku bindi bihugu kurusha uko bigira kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuko twe ubu dufite Venezuela nk’umufatanyabikorwa mushya wacu mwiza cyane.

Icyo twe turi gukora ni ukurinda Isi ibikorwa by’ubusazi Iran igerageza gukora, kandi turimo kubigeraho neza cyane.”

Nyuma y’uko Trump atangaje ibyo, kuri uyu wa Kabiri ingabo zo mu mutwe udasanzwe wa Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), zatangaje ko batazemerera ko hari na litiro imwe y’amavuta izava mu Burasirazuba bwo Hagati mu gihe ibitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bikomeje.

Kugeza ubu, iyi ntambara imaze guhitana ubuzima bw’abaturage basaga 1,330 muri Iran, kuva Amerika na Israel batangira kuyigabaho ibitero, mu gihe abandi babarirwa mu bihumbi bakomeretse muri iyi ntambara.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 13 =

Previous Post

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Related Posts

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

by radiotv10
10/03/2026
0

Col Michael Randrianirina uyoboye urwego rw’Igisirikare kiri ku butegetsi muri Madagascar, yirukanye Minisitiri w’Intebe, anasesa Guverinoma yose mu buryo butunguranye....

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

by radiotv10
10/03/2026
0

U Bushinwa buratangaza ko ishyirwaho rya Mojtaba Khamenei nk’Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran asimbuye se uherutse kwicwa, ari icyemezo kireba...

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

by radiotv10
09/03/2026
0

Umuyobozi wo hejuru muri Iran yatangaje ko intambara iri hagati y’iki Gihugu na Israel na Leta Zunze Ubumwe za America...

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

by radiotv10
09/03/2026
0

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu wa Ayatollah Ali Khamenei uherutse kwicirwa mu bitero...

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

by radiotv10
06/03/2026
0

Itsinda Mpuzamahanga rihuriweho na Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ryashyize hanze itangazo ku bibazo biri mu...

IZIHERUKA

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli
AMAHANGA

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

by radiotv10
10/03/2026
0

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Eng.-President Kagame in Paris, France

Eng.-President Kagame in Paris, France

10/03/2026
BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

BREAKING: Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome birimo ubujura no gusambanya ku gahato hanavugwa amayeri bakoreshaga

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Eng.-President Kagame in Paris, France

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.