Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ijoro ry’Ubunani ryafatiwemo abantu 7.000 barenze ku mabwiriza barimo 500 bafatiwe mu tubari

radiotv10by radiotv10
03/01/2022
in MU RWANDA
0
Ijoro ry’Ubunani ryafatiwemo abantu 7.000 barenze ku mabwiriza barimo 500 bafatiwe mu tubari
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo Abaturarwanda bizihizaga Ubunani tariki 01 Mutarama 2022, Polisi y’u Rwanda yafashe abantu barenga ibihumbi birindwi (7 000) barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 barimo abasaga 500 bafatiwe mu tubari.

Aba bantu barenga 7 000 barimo 102 bafashwe bari kunywa inzoga mu kabari kazwi ku izina rya Bauhaus gaherereye mu Karere ka Nyarugenge Umurenge wa Nyamirambo.

Nanone kandi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ahagana saa munani  mu Karere ka Huye, Umurenge wa Simbi, Akagari ka Gisakura, Polisi  yafatiye abantu 62 mu ishyamba barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Abafatiwe mu kabari ka Bauhaus uko ari 102 bemeye amakosa bakoze ndetse bayasabira imbabazi. Kalisa Erneste uzwi nka Samusure, Makuta n’andi mazina. ni umukinnyi uzwi cyane muri sinema Nyarwanda, ubwo berekwaga itangazamakuru mu gitondo cyo ku wa Gatandatu yasabye imbabazi abaturarwanda kuba yarenze ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 kandi azi neza abantu kimaze guhitana n’abo cyarembeje.

Yagize ati “Twagiye ahantu kwifata neza bisanzwe imvura irahadusanga tugumamo tunywa inzoga kugeza ubwo Polisi ihadufatiye. Ubunani bwansanze mu kabari none mburangirije muri sitade, byangwiririye ni na yo mpamvu nsaba abaturarwanda imbabazi kandi mbagira inama yo kurushaho gukurikiriza amabwiriza kuko icyorezo cya COVID-19 kirahari kandi kirica.”

Samusure na we ari mu bafashwe

Uwizeye Shadia ashinzwe gucunga akabari ka Bauhaus, yemeye amakosa bakoze yo gufungirana abantu mu kabazri kandi babizi neza ko saa mbiri utubari tugomba kuba dufunze.

Yagize ati “Twakoze amakosa yo gufungirana abantu mu kabari twarengeje amasaha, twabitewe no kwishimira ubunani. Twasabye ubuyobozi imbabazi, niturangiza ibihano tuzahabwa ntabwo tuzasubira muri aya makosa kandi turakangurira n’abandi kubahiriza amabwiriza mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo.”

Uwera Claudine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo yavuze ko ku mugoroba wa tariki ya 31 Ukuboza hakozwe ubugenzuzi kugira harebwe ko utubari twubahirije amasaha yo gufunga ariko baje kugera ku kabari ka Bauhaus basanga karafunze n’ingufuri nyamara imbere harimo abantu.

Yagize ati “Twageze kuri aka kabari dusanga hariho ingufuri ifungiye inyuma ndetse n’amatara ajimije, nahamagaye nyiri akabari turivuganira avuga ko ari iwe mu rugo. Bigeze ku isaha ya saa sita n’igice muri ka kabari hatangiye kumvikana urusaku nibwo twamenye ko harimo abantu.”

Uwera akomeze agaragaza ko usibye kuba nyiri akabari yarengeje amasaha yagenwe yanakoze andi makosa atandukanye.

Ati “Bakoze amakosa menshi, mu byangombwa duha ba nyiri utubari tubabwira ko batagomba kurenza abantu 50, kandi saa mbari bakaba bafunze akabari. Twanabahaye ibwiriza y’uko bagomba kujya bandika abantu baje muri ako kabari  ariko twasanze batigeze bandika bariya bantu. Tugiye kubahana dukurikije amabwiriza y’inama njyanama y’Umujyi wa Kigali.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko n’ubwo bariya bantu ndetse n’abandi hirya no hino mu gihugu bafashwe, Polisi yari yababuriye mbere. Yavuze ko bagiye bafatwa biturutse ku mikoranire n’abayobozi mu nzego z’ibanze.

Yagize ati “Aba bantu bafatiwe mu kabari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 nyamara twari twabivuze mbere mu kiganiro ko hari abantu bari buhitemo nabi bakarenga ku mabwiriza Polisi ikabafata bagahanwa. Si aba gusa kuko mu gihugu hose hari abantu barenga 500 bafatiwe mu tubari barenze ku masha yo kuba bari mu tubari.”

CP Kabera yanatanze ishusho y’amasaha 24 y’uko abantu bagiye barenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 aho abarenga ibihumbi Birindwi mu gihugu hose bafatiwe mu makosa atandukanye ijyanye no kutubahiriza amabwiriza yo kurwanya COVID-19.

I Huye hafashwe 62 basengera mu ishyamba
I Nyamirambo hafatirwa 102 bari mu kabari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 13 =

Previous Post

Gentil Gedeon wakoze kuri KT Radio yasimbuye Nkuri Arthur kuri Kiss FM

Next Post

RIB yinjiye mu kibazo cy’Umukobwa warumye ururimi umusore bakundana ubwo basomanaga akaruca

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yinjiye mu kibazo cy’Umukobwa warumye ururimi umusore bakundana ubwo basomanaga akaruca

RIB yinjiye mu kibazo cy’Umukobwa warumye ururimi umusore bakundana ubwo basomanaga akaruca

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.