Saturday, May 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

radiotv10by radiotv10
17/10/2025
in MU RWANDA
1
Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nyamyumva na Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abashumba bakomeje kuboneshereza imyaka ku bushake, kandi ko batahwemye kubimenyesha ubuyobozi ariko gushaka umuti w’iki kibazo bikaba byarananiranye.

Aba baturage bavuga ko abashumba baragirira aborozi b’abakire, bashumura inka mu mirima yabo, ndetse ntibanatinye no kuyahira.

Emmanuel Hafashimana wo mu Kagari ka Kirerema mu Murenge wa Kanzenze yagize ati “Imigozi y’ibijumba barahira, intsina z’imibyare bagatema, kandi buri gihe tugahora tubigaragariza abayobozi ntibagire icyo bakora.”

Akomeza agira ati “Impungenge zihari tugiye kuzicwa n’inzara tuba twahinze, nk’ubu hariya mfite aho nari nahinze ibijumba none imigozi yose barayahiye bayimazeho.”

Nyirakamana Esperance wo mu Kagari ka Kiraga, Umurenge wa Nyamyumba na we yagize ati “Twaravuze twararushye, nk’ubu nta gatoki nkirya kubera intsina zanjye barazimaze bazishyira inka zabo, uba ufite uribingo rwo kuzashingiriza imyaka ugasanga barwahiye rwose.”

Uyu muturage akomeza avuga ko iki kibazo gishobora kuzabyara ibindi bikomeye. Ati “Barakabije kandi bizateza intambara hagati y’abahinzi n’aborozi nubwo bamwe banga kubivuga ariko birahari cyane, nyamara abayobozi tubibabwira inshuro nyinshi ariko ntagihinduka.”

Bamwe mu bashumba bemeza ko hari bagenzi babo bakora ibi bashinjwa n’abahinzi, ngo bitewe n’uko hari abagira inka nta bwatsi bafite ngo usibye ko bidakorwa n’abashumba gusa ngo hari n’abatunze inka za Girinka na bo babikora.

Umwe ati “Kubikora bwo birakorwa kuko usanga hari igihe umuntu aba afite inka nta bwatsi afite, ikindi kandi hari abatunze inka za Girinka na bo baba barazihawe nta bwatsi, none urumva bakwahira hehe? Mbere aha hose Kirerema ureba hari ibigarama tuharagira none hatujwe abantu ubwo ubwatsi bwo kuziha bwava hehe? Kuragira bwo hari n’abana baba baragiye inama usanga ari na bo baba bonesheje iyo myaka.”

Ufitabeza Jean d’Amour, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba uvugwamo iki kibazo, avuga ko ari ubwa mbere acyumvishe mu matwi ye, gusa yemeza ko uru rugomo rutazihanganirwa.

Yagize ati “Iki kibazo ni ubwa mbere ncyumvishe ariko urugomo nk’urwo ntitwarwihanganira tugiye kubikurikirana rwose.”

Akarere ka Rubavu gakunze kubonekamo amakimbirane y’abahinzi n’aborozi mu gihe cy’izuba, aho ubwatsi buba buba bwabuze, bigatuma abashumba birara mu myaka y’abahinzi bakayigabiza inka, mu gihe abandi batema intsina bakanahira indi myaka, bagaha ayo matungo.

Abahinzi bavuga ko abashumba badatinya no gutema intsina zihetse ibitoki

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    6 months ago

    ubusanzwe inka imwe mu murima w’imyaka ni 10k. ikindi ni uko inzuri zigomba kuba zizitiye, zifite uruzitiro ruzitandukana n’ibutaka bw’ubuhinzi. atari ibyo aborozi bitegure gukora mu mufuka bishyure iby’abandi bangiza. murakoze

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Next Post

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
01/05/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

by radiotv10
30/04/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

01/05/2026
Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

01/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.