Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

radiotv10by radiotv10
17/10/2025
in MU RWANDA
1
Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nyamyumva na Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abashumba bakomeje kuboneshereza imyaka ku bushake, kandi ko batahwemye kubimenyesha ubuyobozi ariko gushaka umuti w’iki kibazo bikaba byarananiranye.

Aba baturage bavuga ko abashumba baragirira aborozi b’abakire, bashumura inka mu mirima yabo, ndetse ntibanatinye no kuyahira.

Emmanuel Hafashimana wo mu Kagari ka Kirerema mu Murenge wa Kanzenze yagize ati “Imigozi y’ibijumba barahira, intsina z’imibyare bagatema, kandi buri gihe tugahora tubigaragariza abayobozi ntibagire icyo bakora.”

Akomeza agira ati “Impungenge zihari tugiye kuzicwa n’inzara tuba twahinze, nk’ubu hariya mfite aho nari nahinze ibijumba none imigozi yose barayahiye bayimazeho.”

Nyirakamana Esperance wo mu Kagari ka Kiraga, Umurenge wa Nyamyumba na we yagize ati “Twaravuze twararushye, nk’ubu nta gatoki nkirya kubera intsina zanjye barazimaze bazishyira inka zabo, uba ufite uribingo rwo kuzashingiriza imyaka ugasanga barwahiye rwose.”

Uyu muturage akomeza avuga ko iki kibazo gishobora kuzabyara ibindi bikomeye. Ati “Barakabije kandi bizateza intambara hagati y’abahinzi n’aborozi nubwo bamwe banga kubivuga ariko birahari cyane, nyamara abayobozi tubibabwira inshuro nyinshi ariko ntagihinduka.”

Bamwe mu bashumba bemeza ko hari bagenzi babo bakora ibi bashinjwa n’abahinzi, ngo bitewe n’uko hari abagira inka nta bwatsi bafite ngo usibye ko bidakorwa n’abashumba gusa ngo hari n’abatunze inka za Girinka na bo babikora.

Umwe ati “Kubikora bwo birakorwa kuko usanga hari igihe umuntu aba afite inka nta bwatsi afite, ikindi kandi hari abatunze inka za Girinka na bo baba barazihawe nta bwatsi, none urumva bakwahira hehe? Mbere aha hose Kirerema ureba hari ibigarama tuharagira none hatujwe abantu ubwo ubwatsi bwo kuziha bwava hehe? Kuragira bwo hari n’abana baba baragiye inama usanga ari na bo baba bonesheje iyo myaka.”

Ufitabeza Jean d’Amour, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba uvugwamo iki kibazo, avuga ko ari ubwa mbere acyumvishe mu matwi ye, gusa yemeza ko uru rugomo rutazihanganirwa.

Yagize ati “Iki kibazo ni ubwa mbere ncyumvishe ariko urugomo nk’urwo ntitwarwihanganira tugiye kubikurikirana rwose.”

Akarere ka Rubavu gakunze kubonekamo amakimbirane y’abahinzi n’aborozi mu gihe cy’izuba, aho ubwatsi buba buba bwabuze, bigatuma abashumba birara mu myaka y’abahinzi bakayigabiza inka, mu gihe abandi batema intsina bakanahira indi myaka, bagaha ayo matungo.

Abahinzi bavuga ko abashumba badatinya no gutema intsina zihetse ibitoki

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 weeks ago

    ubusanzwe inka imwe mu murima w’imyaka ni 10k. ikindi ni uko inzuri zigomba kuba zizitiye, zifite uruzitiro ruzitandukana n’ibutaka bw’ubuhinzi. atari ibyo aborozi bitegure gukora mu mufuka bishyure iby’abandi bangiza. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Next Post

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.