Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe

radiotv10by radiotv10
09/12/2023
in AMAHANGA
0
Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe ziri gupfa umusubirizo cyazamuwe mu nama y’imihindagurikire y’ibihe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’inzovu zo muri Zimbabwe zikomeje gupfa kubera kubura amazi yo kunywa, cyagarutsweho mu nama ya COP 28 yiga ku mihindagurikire y’ibihe.

Izi nzovu zugarijwe n’umwuma, ni izo muri Pariki y’Igihugu cya Zimbabwe, izwi nka Hwange iherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’iki Gihugu cya Zimbabwe.

Muri iyi Pariki ya Hwange ibarizwamo inzovu ibihumbi 45, mu gihe inzovu imwe icyenera Litiro 200 inywa ku munsi, nyamara muri iyi Pariki hakaba nta soko y’amazi ibamo, ahubwo zikaba zinywa azamurwa n’imashini.

Ni mu gihe kugeza ubu imashini 104 zazamuraga amazi, zitakiri gukora kuko zabuze amazi ahagije yabuze kubera imihindagurikire y’ikirere kuko aho zayakuraga yakamye.

Ibi bikomeje gutuma izi nyamaswa zisanzwe ziri mu zikurura ba mukerarugendo benshi, zibura ubuzima.

Ikibazo cy’izi nzovu, cyagarutsweho mu nama ya COP28 yiga ku mihindagurikire y’ibihe iri kubera i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Umuhanga mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri Pariki ya Hwange National Park, Daphine Madhlamoto yabwiye Reuters ati “Ubundi twakoreshaga amazi dukuye ahandi kuko hariya nta mazi ahari, ariko ubu nayo yarabuze. Kuva yabura inzovu nyinshi zarapfuye.”

Reuters ivuga ko yabonye ibikankara byinshi by’inzovu zagiye zipfira hafi y’imyobo zabaga zagiye gushakamo amazi yo kunywa ariko zikayabura.

Madhlamoto yakomeje agira ati “Iriya Pariki ni yo kimenyetso gikomeye cy’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.”

Inzovu zikomeje gupfa ari nyinshi muri Zimbabwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Tanzania: Nyuma y’umwuzure wasigiye benshi agahinda Perezida yatanze ubutumwa

Next Post

Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza

Related Posts

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Ibitero by’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) uhanganye n’igisirikare cya Leta muri Sudani, byatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, bimaze guhitana...

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

by radiotv10
15/07/2025
0

Muhammadu Buhari, wabaye Perezida wa Nigeria, witabye Imana ku  myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, akagwa mu Bwongereza, umubiri...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

by radiotv10
15/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo za DRC, rukomeje kurangwa n’ibikorwa by’ubwicanyi bukorerwa abaturage b’abasivile, ndetse rukaba...

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo bw’igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza

Mu buryo bw'igitaraganya Umukandida uhanganye na Tshisekedi yahagaritse kwiyamamaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.