Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikibazo gihangakishije Abaturarwanda muri iki gihe cyatanzweho ubutumwa bari bategereje

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
6
Ikibazo gihangakishije Abaturarwanda muri iki gihe cyatanzweho ubutumwa bari bategereje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hakomeje kugaragara ibikorwa by’ubujura bukorwa n’abarimo abagirira nabi abaturage bamwe bakanahasiga ubuzima, abandi bagatobora inzu, Polisi y’u Rwanda, yahumurije Abaturarwanda ko iticaye ahubwo ko yakajije ingamba zo guhangana n’iki kibazo kiri gufata intera.

Hamaze iminsi humvikana ubujura mu bice binyuranye by’Igihugu, burimo n’ubukorwa n’abatobora inzu z’abaturage bakazinjiramo, bakiba ibikoresho.

Mu Kagari ka Rubirizi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, umuntu ukekwaho kuba ari umujura, aherutse kwinjira mu nzu y’umuturage, asiga ateye ibyuma umwe mu bo muri uru rugo, aramukomeretsa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko abakora ubu bujura, akabo kashobotse, kuko Polisi y’u Rwanda yabahagurukiye.

Yagize ati “Ntabwo twajenjekera inkozi z’ikibi cyangwa se uwo ari we wese utubahiriza amategeko, inshingano Polisi y’u Rwanda ifite ni ukurinda umutekano w’abaturarwanda n’ibintu byabo ku buryo budasubirwaho.”

CP John Bosco Kabera, yakomeje agira ati “Ingamba zarafashwe, turimo kubikurikiranira hafi, ariko kandi n’abajura barafatwa bagashyikirizwa ubutabera.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kandi yaboneyeho kugenera ubutumwa Abaturarwanda, ati “Turabanza duhumurize Abaturarwanda ko ikibazo cy’ubujura kivugwa cyangwa se kigaragara mu duce tumwe na tumwe tw’Igihugu, cyahagurukiwe.”

Yasabye kandi abazajya bamenya amakuru y’ubujura cyangwa ababukorewe kujya batangira ku gihe amakuru, kuko hari ibitangarizwa ku mbuga nkoranyambaga ariko biba bimaze igihe.

Ati “Icyo dusaba ni uko bajya batugezaho amakuru ku gihe, bakagaragaza amakuru ahagije cyangwa telefone zabo kugira ngo bafashe mu gukurikirana ikibazo, kuko Polisi ihita ibikurikirana mu maguru mashya, ababigizemo uruhare bagahita bafatwa kandi dufite ingero nyinshi.”

Yaboneyeho kugira inama abakora ibi bikorwa by’ubujura cyangwa ababitekereza ko akabo kashobotse, kuko Polisi yakajije ingamba, ndetse anabibutsa ko bategerejwe n’ibihano, birimo igifungo cy’imyaka runaka, ndetse n’icya burundu mu gihe habayeho ubujura bukoresheje intwaro bigateza urupfu.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Xavier says:
    2 years ago

    Muduhe contact twatangiraho amakuru kugihe muturere twose

    Reply
  2. Ezekiel says:
    2 years ago

    Ngaho ibisambo, amazu yatobowe, abantu barakomeretse, … I Rubavu ho ngo abuzukuru ba shitani, yewe n’ikibazo gikomeye cyane. Polisi nihaguruke ifashe abaturage. Into bisambo bijye bihanwa bikomeye. Naho abuzukuru, bazabajyane Kwa banyirakuru.

    Reply
  3. Samuel ISHIMWE says:
    2 years ago

    Uwakugeza mucyaro abantu benshi turahangayitse cyane ,urorora ihene wasinzira ugasanga bazitwaye, ku buryo haza n’abandi bagasenya ikiraro cyazo bagira ngo hari izikirimo, ibi byambayeho mbona bikomeye .

    Reply
  4. Maguru says:
    2 years ago

    Mucyaro birakomeye kandi birahangayikishije,umuntu ariba agashyikirizwa polisi nyuma y’igihe runaka akagaruka,arko iyo agarutse ugirango avuye mu mahugurwa,leta n’iturwaneho

    Reply
  5. JEAN PAUL SIBOMANA says:
    2 years ago

    Njye ndabona harimo kkubijenjekera ; iyo umujura aguteye ukitabara ukamukomeretsa baragufunga! Nyamara we yagukometesta akajyanwa kuri police station. Yagezwayo mugahura atashye ngo nta bihamya! Mbese njye mbona byarabaye ikinamico!

    Reply
  6. Roni says:
    2 years ago

    Mubarase ntabanga ririmo baratuzengereje
    Ntabutabera bwabo dukeneye
    Sukubafunga ejo bakarekurwa
    Rasa aba karitasi bogatsindwa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + eight =

Previous Post

Umugore w’umukinnyi w’ikirangirire watse gatanya asaba kugabana imitungo ibyamubayeho bisa nko gukubitwa n’inkuba

Next Post

Hari Igihugu cyashyizeho igihembo cya Miliyoni 10Frw ku mubyeyi uzajya abyara

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari Igihugu cyashyizeho igihembo cya Miliyoni 10Frw ku mubyeyi uzajya abyara

Hari Igihugu cyashyizeho igihembo cya Miliyoni 10Frw ku mubyeyi uzajya abyara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.