Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikibazo gihangakishije Abaturarwanda muri iki gihe cyatanzweho ubutumwa bari bategereje

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
6
Ikibazo gihangakishije Abaturarwanda muri iki gihe cyatanzweho ubutumwa bari bategereje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hakomeje kugaragara ibikorwa by’ubujura bukorwa n’abarimo abagirira nabi abaturage bamwe bakanahasiga ubuzima, abandi bagatobora inzu, Polisi y’u Rwanda, yahumurije Abaturarwanda ko iticaye ahubwo ko yakajije ingamba zo guhangana n’iki kibazo kiri gufata intera.

Hamaze iminsi humvikana ubujura mu bice binyuranye by’Igihugu, burimo n’ubukorwa n’abatobora inzu z’abaturage bakazinjiramo, bakiba ibikoresho.

Mu Kagari ka Rubirizi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, umuntu ukekwaho kuba ari umujura, aherutse kwinjira mu nzu y’umuturage, asiga ateye ibyuma umwe mu bo muri uru rugo, aramukomeretsa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko abakora ubu bujura, akabo kashobotse, kuko Polisi y’u Rwanda yabahagurukiye.

Yagize ati “Ntabwo twajenjekera inkozi z’ikibi cyangwa se uwo ari we wese utubahiriza amategeko, inshingano Polisi y’u Rwanda ifite ni ukurinda umutekano w’abaturarwanda n’ibintu byabo ku buryo budasubirwaho.”

CP John Bosco Kabera, yakomeje agira ati “Ingamba zarafashwe, turimo kubikurikiranira hafi, ariko kandi n’abajura barafatwa bagashyikirizwa ubutabera.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kandi yaboneyeho kugenera ubutumwa Abaturarwanda, ati “Turabanza duhumurize Abaturarwanda ko ikibazo cy’ubujura kivugwa cyangwa se kigaragara mu duce tumwe na tumwe tw’Igihugu, cyahagurukiwe.”

Yasabye kandi abazajya bamenya amakuru y’ubujura cyangwa ababukorewe kujya batangira ku gihe amakuru, kuko hari ibitangarizwa ku mbuga nkoranyambaga ariko biba bimaze igihe.

Ati “Icyo dusaba ni uko bajya batugezaho amakuru ku gihe, bakagaragaza amakuru ahagije cyangwa telefone zabo kugira ngo bafashe mu gukurikirana ikibazo, kuko Polisi ihita ibikurikirana mu maguru mashya, ababigizemo uruhare bagahita bafatwa kandi dufite ingero nyinshi.”

Yaboneyeho kugira inama abakora ibi bikorwa by’ubujura cyangwa ababitekereza ko akabo kashobotse, kuko Polisi yakajije ingamba, ndetse anabibutsa ko bategerejwe n’ibihano, birimo igifungo cy’imyaka runaka, ndetse n’icya burundu mu gihe habayeho ubujura bukoresheje intwaro bigateza urupfu.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Xavier says:
    3 years ago

    Muduhe contact twatangiraho amakuru kugihe muturere twose

    Reply
  2. Ezekiel says:
    3 years ago

    Ngaho ibisambo, amazu yatobowe, abantu barakomeretse, … I Rubavu ho ngo abuzukuru ba shitani, yewe n’ikibazo gikomeye cyane. Polisi nihaguruke ifashe abaturage. Into bisambo bijye bihanwa bikomeye. Naho abuzukuru, bazabajyane Kwa banyirakuru.

    Reply
  3. Samuel ISHIMWE says:
    3 years ago

    Uwakugeza mucyaro abantu benshi turahangayitse cyane ,urorora ihene wasinzira ugasanga bazitwaye, ku buryo haza n’abandi bagasenya ikiraro cyazo bagira ngo hari izikirimo, ibi byambayeho mbona bikomeye .

    Reply
  4. Maguru says:
    3 years ago

    Mucyaro birakomeye kandi birahangayikishije,umuntu ariba agashyikirizwa polisi nyuma y’igihe runaka akagaruka,arko iyo agarutse ugirango avuye mu mahugurwa,leta n’iturwaneho

    Reply
  5. JEAN PAUL SIBOMANA says:
    3 years ago

    Njye ndabona harimo kkubijenjekera ; iyo umujura aguteye ukitabara ukamukomeretsa baragufunga! Nyamara we yagukometesta akajyanwa kuri police station. Yagezwayo mugahura atashye ngo nta bihamya! Mbese njye mbona byarabaye ikinamico!

    Reply
  6. Roni says:
    3 years ago

    Mubarase ntabanga ririmo baratuzengereje
    Ntabutabera bwabo dukeneye
    Sukubafunga ejo bakarekurwa
    Rasa aba karitasi bogatsindwa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Umugore w’umukinnyi w’ikirangirire watse gatanya asaba kugabana imitungo ibyamubayeho bisa nko gukubitwa n’inkuba

Next Post

Hari Igihugu cyashyizeho igihembo cya Miliyoni 10Frw ku mubyeyi uzajya abyara

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari Igihugu cyashyizeho igihembo cya Miliyoni 10Frw ku mubyeyi uzajya abyara

Hari Igihugu cyashyizeho igihembo cya Miliyoni 10Frw ku mubyeyi uzajya abyara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.