Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikibazo gihangakishije Abaturarwanda muri iki gihe cyatanzweho ubutumwa bari bategereje

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
6
Ikibazo gihangakishije Abaturarwanda muri iki gihe cyatanzweho ubutumwa bari bategereje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hakomeje kugaragara ibikorwa by’ubujura bukorwa n’abarimo abagirira nabi abaturage bamwe bakanahasiga ubuzima, abandi bagatobora inzu, Polisi y’u Rwanda, yahumurije Abaturarwanda ko iticaye ahubwo ko yakajije ingamba zo guhangana n’iki kibazo kiri gufata intera.

Hamaze iminsi humvikana ubujura mu bice binyuranye by’Igihugu, burimo n’ubukorwa n’abatobora inzu z’abaturage bakazinjiramo, bakiba ibikoresho.

Mu Kagari ka Rubirizi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, umuntu ukekwaho kuba ari umujura, aherutse kwinjira mu nzu y’umuturage, asiga ateye ibyuma umwe mu bo muri uru rugo, aramukomeretsa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko abakora ubu bujura, akabo kashobotse, kuko Polisi y’u Rwanda yabahagurukiye.

Yagize ati “Ntabwo twajenjekera inkozi z’ikibi cyangwa se uwo ari we wese utubahiriza amategeko, inshingano Polisi y’u Rwanda ifite ni ukurinda umutekano w’abaturarwanda n’ibintu byabo ku buryo budasubirwaho.”

CP John Bosco Kabera, yakomeje agira ati “Ingamba zarafashwe, turimo kubikurikiranira hafi, ariko kandi n’abajura barafatwa bagashyikirizwa ubutabera.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kandi yaboneyeho kugenera ubutumwa Abaturarwanda, ati “Turabanza duhumurize Abaturarwanda ko ikibazo cy’ubujura kivugwa cyangwa se kigaragara mu duce tumwe na tumwe tw’Igihugu, cyahagurukiwe.”

Yasabye kandi abazajya bamenya amakuru y’ubujura cyangwa ababukorewe kujya batangira ku gihe amakuru, kuko hari ibitangarizwa ku mbuga nkoranyambaga ariko biba bimaze igihe.

Ati “Icyo dusaba ni uko bajya batugezaho amakuru ku gihe, bakagaragaza amakuru ahagije cyangwa telefone zabo kugira ngo bafashe mu gukurikirana ikibazo, kuko Polisi ihita ibikurikirana mu maguru mashya, ababigizemo uruhare bagahita bafatwa kandi dufite ingero nyinshi.”

Yaboneyeho kugira inama abakora ibi bikorwa by’ubujura cyangwa ababitekereza ko akabo kashobotse, kuko Polisi yakajije ingamba, ndetse anabibutsa ko bategerejwe n’ibihano, birimo igifungo cy’imyaka runaka, ndetse n’icya burundu mu gihe habayeho ubujura bukoresheje intwaro bigateza urupfu.

RADIOTV10

Comments 6

  1. Xavier says:
    3 years ago

    Muduhe contact twatangiraho amakuru kugihe muturere twose

    Reply
  2. Ezekiel says:
    3 years ago

    Ngaho ibisambo, amazu yatobowe, abantu barakomeretse, … I Rubavu ho ngo abuzukuru ba shitani, yewe n’ikibazo gikomeye cyane. Polisi nihaguruke ifashe abaturage. Into bisambo bijye bihanwa bikomeye. Naho abuzukuru, bazabajyane Kwa banyirakuru.

    Reply
  3. Samuel ISHIMWE says:
    3 years ago

    Uwakugeza mucyaro abantu benshi turahangayitse cyane ,urorora ihene wasinzira ugasanga bazitwaye, ku buryo haza n’abandi bagasenya ikiraro cyazo bagira ngo hari izikirimo, ibi byambayeho mbona bikomeye .

    Reply
  4. Maguru says:
    3 years ago

    Mucyaro birakomeye kandi birahangayikishije,umuntu ariba agashyikirizwa polisi nyuma y’igihe runaka akagaruka,arko iyo agarutse ugirango avuye mu mahugurwa,leta n’iturwaneho

    Reply
  5. JEAN PAUL SIBOMANA says:
    3 years ago

    Njye ndabona harimo kkubijenjekera ; iyo umujura aguteye ukitabara ukamukomeretsa baragufunga! Nyamara we yagukometesta akajyanwa kuri police station. Yagezwayo mugahura atashye ngo nta bihamya! Mbese njye mbona byarabaye ikinamico!

    Reply
  6. Roni says:
    3 years ago

    Mubarase ntabanga ririmo baratuzengereje
    Ntabutabera bwabo dukeneye
    Sukubafunga ejo bakarekurwa
    Rasa aba karitasi bogatsindwa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 4 =

Previous Post

Umugore w’umukinnyi w’ikirangirire watse gatanya asaba kugabana imitungo ibyamubayeho bisa nko gukubitwa n’inkuba

Next Post

Hari Igihugu cyashyizeho igihembo cya Miliyoni 10Frw ku mubyeyi uzajya abyara

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari Igihugu cyashyizeho igihembo cya Miliyoni 10Frw ku mubyeyi uzajya abyara

Hari Igihugu cyashyizeho igihembo cya Miliyoni 10Frw ku mubyeyi uzajya abyara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.